Mukamukomezi Agnes na Karangwa Jean batuye mu mudugudu wa Byahi mu kagari ka Shara mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wabo w’amezi umunani ufite ikibazo kuko aho gukura nk’abandi bana agenda abyimba umutwe.
Abanyamadini n’amatorero bo mu karere ka Nyamasheke biyemeje kuba umusemburo nyakuri uzafasha abayoboke babo gushyira mu bikorwa gahunda za leta babakangurira kuzigira izabo.
Imvura irimo umuyaga udasanzwe yasenyeye abaturage mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano, aho ibisenge by’inzu zabo byagurutse.
Bamwe mu baturage baturiye ikiyaga cya Kivu bavuga ko abaroba isambaza n’amafi mu kiyaga cya Kivu bituma mu mazi kuko nta bwiherero bagira ku nkombe kandi bamara amasaha menshi bari mu mazi, dore ko bamara ijoro ryose baroba, ibi ngo bikaba bishobora guteza ikibazo gikomeye mu gihe haboneka indwara zitandukanye nka korera (…)
Abarobyi bakorera akazi kabo mu kiyaga cya Kivu basabwe guhagarara kuroba mu gihe kingana n’amezi abiri mu rwego rwo gushaka umusaruro mwinshi, no gufasha amafi n’isambaza kurushaho kororoka.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 60 witwa Ruremesha Anastase wari utuye mu mudugudu wa Kavumu, mu kagari ka Mutongo, mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke, bamusanze yapfuye mu murima y’ikawa ze hafi y’urugo rwe kuri uyu wa kane tariki ya 21/08/2014.
Umugore uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko witwa Mukamwiza Bérnadette wari utuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yapfuye bigaragara ko yatewe icyuma mu mutwe no mu nda ku mugoroba wo ku wa kane tariki ya 21/08/2014.
Bamwe mu bafite ubumuga n’abatishoboye bavuga ko bikwiye ko leta ikomeza gutekereza ku bafite ubumuga n’abatishoboye, amategeko abarengera agakomeza kubungwabungwa no gukurikizwa hagamijwe kudaheza uwo ari we wese ku byiza by’u Rwanda.
Kuri iki cyumweru tariki ya 17/08/2014, imbere ya Kiriziya ya paruwasi ya Nyamasheke muri diyoseze ya Cyangugu, Uwiringiyimana Simon yahawe ubupadiri na Nkurunziza Jean Baptiste ahabwa ubudiyakoni (ni icyiciro kibanziriza guhabwa ubupadiri).
Mu rwego rwo kurebera hamwe uko umutekano wo mu muhanda warushaho kubungwabungwa neza, polisi y’igihugu irasaba abatwara ibinyabiziga gushaka uko bagirana ibiganiro kugira ngo bimwe abatwara ibinyabiziga badasobanukiwe babashe kongera kubisobanurirwa kurushaho.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko ku rwego rw’ igihugu wabereye mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi kuwa 12/08/2014, abasore n’inkumi bo mu murenge wa Nkombo basabwe kwikuramo imyumvire yo kumva ko kuba batuye ku kirwa rwagati ari intandaro yo gusigara inyuma mu majyambere.
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho n’akarere binyuze mu mihigo yakozwe mu mirenge, umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, yasabye abakozi bose kwima amatwi amatiku bagaha agaciro akazi bagakorera hamwe nk’ikipe, aho buri wese afite intege nke agafasha abandi kuzamuka bityo bikihutisha iterambere buri (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko muri uku kwezi kwa Nyakanga gushyira ukwezi kwa Kanama, ibyaha byo gukubita no gukomeretsa aribyo byakozwe cyane ugereranyije n’ibindi byaha biboneka mu karere kose.
Mu muhango wo gutangiza itorero mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa kane tariki ya 7 Kanama 2014 umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Habiyaremye Petero Celestini yabwiye urubyiruko ko bahawe amahirwe yo kujya mu itorero kugira ngo biyibutse aho igihugu cyivuye n’aho kigana bityo nabo bafatanye n’abandi mu kucyubaka.
Ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Bushenge kiri mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, gikomeje guhangayikishwa no kutagira amazi meza mu gihe bamaze gutangira gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza kuzamura, abarezi bakavuga ko haramutse nta gikozwe mu maguru mashya bashobora kugira ibibazo bituruka ku (…)
Umugabo witwa Gakuru Aloys atuye mu murenge wa Kanjongo, avuga ko yari amaze kuba umukire ukomeye mu myaka itatu ishize ariko ngo asigaye ari mayibobo ku buryo ahora muri gereza yafashwe ari mu byaha cyangwa se yafatanywe urumogi.
Pasitori Nzabonimpa Canisius ayobora itorero rya ADEPR paruwasi ya Rwahi mu karere ka Rusizi, avuga ko nubwo yavukiye mu muryango w’abakene ubu ageze ku rwego rwo kwicarana n’abantu bakomeye avuga igifaransa n’icyongereza nk’abazungu.
Nyandwi Frederic atuye mu mudugudu wa Kanombe mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Mahembe afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruharambuga ashinjwa kwica se umubyara ku itariki ya 12 kamena 2014, aratoroka ariko aza gufatirwa mu mujyi wa Kigali azanwa tariki ya 27 Nyakanga 2014.
Itorero rya ADEPR muri paruwasi ya Nyamasheke ryatangije uburyo butari busanzwe bwo kuvuga ubutumwa biciye mu bakozi bakora akazi bahemberwa ku kwezi.
Ikigo gikorana n’abaturage mu gukora imishinga no kubishingira mu mabanki (BDF) kiratangaza ko cyamaze gushyiraho uburyo bushya bwo gukorana n’abakiriya bacyo ku buryo byorohera umuturage kugera ku mafaranga yakiye umushinga we bimworohere butandukanye n’inzira yacagamo mbere.
Abahinzi batuye mu mirenge ya Shangi, Nyabitekeri na Bushenge mu karere ka Nyamasheke barasabwa kwitabira gahunda nshya mu buhinzi yitwa Kwigira, izatuma umusaruro uba mwinshi ariko kandi abaturage bagafatanya mu buryo bumvikanyeho kubona igihingwa gishobora kubabera cyiza kandi kikabaha umusaruro ushimishije.
Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 14 witwa Uwimana Solange yarohamye mu Kivu mu masaha ya saa saba kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Nyakanga 2014, ubwo yari ajyanye n’abandi bana koga muri ayo mazi ahita arohama bamukuramo yashizemo umwuka.
Joseph Nabonibo ufite imyaka 46 y’amavuko akaba atuye mu mudugudu wa Nyagafunzo mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera arwaye indwara amaranye imyaka 31 imutera kunenwa n’umuhisi n’umugenzi ku buryo byageze igihe n’umugore yari yarashatse akagenda.
Bahigana Martin wasoje amahugurwa y’ikoranabuhanga mu kigo cy’urubyiruko cyo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko nyuma yo kwitegereza agasanga akarere ke karasigaye inyuma mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agiye gushinga cyber cafe ya mbere muri ako karere.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko uburezi bw’abana bafite ubumuga ntacyo buhindura ku burezi bufite ireme mu gihe abana bose bigira hamwe, ndetse bagahabwa inyigisho zimwe.
Nyuma y’uko mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke, hari gukorwa umuhanda uva Rusizi werekeza i Karongi, ababyeyi baturiye aho ikorwa ry’umuhanda rikorerwa bakomeje guhangayikishwa n’iterwa ry’inda ku bakobwa babo cyane abiga mu mashuri yisumbuye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke bagabiye inka ababarokoye muri icyo gihe, aba bombi bakaba bibumbiye mu ishyirahamwe bashinze baryita INSHUTI NYANSHUTI mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda.
Mu gihe inzitiramubu ari igikoresho gikomeye mu kwirinda umubu utera marariya cyane iyo abantu baryamye mu ijoro, abaturage bamwe bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, bo bazikoreshaga mu kuzirobesha amafi n’isambaza abandi bakazikoresha mu bundi buryo nko kuzanikaho imyaka yabo bityo icyo zagenewe mu kubarinda (…)
Ku muhada Rusizi-Kigali, mu birometero bike uvuye ku ishyamba rya Nyungwe ugera ku gasanteri aho bita ku Buhinga, haba hari urubyiruko rwinshi rukuruza imbuto zitandukanye ziganjemo imineke, amatunda, ibinyomoro , amacunga n’indimu.
Nduwamungu Claude atuye mu mudugudu wa Makoko mu kagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke avuga ko igihe kigeze kuri we ngo ajye kwaka gatanya n’umugore yishakiye nyuma y’uko amwambuwe n’uwari wamumushyingiye muri 2003.