Bungurimana Damien uyobora umugudugudu wa Buhinga akagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri ku mugoroba wa tariki 23/04/2014 yakubiswe n’abaturage ayobora ubwo yari agiye kubashyikiriza urwandiko rubamenyesha ko bagomba gufunga akabari kabo kamaze iminsi gatera umutekano muke.
Abatunze ibinyabiziga bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko icyifuzo cyo kwegerezwa controle technique bagejeje ku buyobozi bushinzwe umutekano wo mu muhanda cyasubijwe ibi ngo bakaba babibonamo inyungu nyinshi kuko bakoreshaga amafaranga menshi n’igihe kinini bamaraga i Kigali bashaka iyo serivisi.
Bamwe mu bagore babashije gutinyuka bagakora imishinga itandukanye batangaza ko umugore wagumye mu rugo rwe agategereza ibyo umugabo azana cyangwa agatinya kwegerana n’abandi ngo bungurane ibitekerezo asigara inyuma agahora ameze nk’usabiriza kandi afite ubushobozi yifitemo atabizi bwo kuba yagera kuri byinshi akiteza imbere (…)
Umuryango wa Karera Merchiol na Mukanzigiye Speciose batuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano bavuga ko bagiye kumara umwaka n’igice basiragira mu nzego zose mu karere ngo babashe kwishyurwa ariko kugeza magingo aya bakaba batarabona igisubizo gihamye.
Bamwe mu bayobozi b’imidugudu bo mu karere ka Nyamasheke barifuza imodoka y’ingoboka yakoreshwa mu gihe habaye ibibazo mu midugudu yabo bagapfusha umuntu mu buryo butunguranye cyangwa mu buryo bw’impanuka.
Uwahoze ari umuganga mu bitaro bya Bushenge akaza kwirukanwa ndetse akaba atemerewe kuba yagira aho akora akazi ku buganga mu Rwanda, kuri ubu atangaza ko agiye kugana inkiko nyuma y’uko asanzwe nta yindi nzira isigaye ngo abashe kurenganurwa.
Kuri iki cyumweru tariki 20 Mata 2014, ku rwibutso rwa Gihombo mu karere ka Nyamasheke hashyinguwe imibiri 73 y’abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi . Muri iyi mibiri harimo 11 yagiye ikurwa ahantu hatandukanye aho bagiye bayijugunya, abandi bari baragiye bashyingurwa ahantu hatameze neza bituma bazanwa gushyingurwa (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni aranyomoza amakuru avuga ko haba hari gahunda yo gukora impinduka mu miterere y’uturere, akavuga ko ayo makuru aribwo akiyumva, nk’uko yabitangarije mu mwiherero w’abayobozi uheruka kubera mu karere ka Nyamasheke.
Nyuma yo kubisaba, abayobozi b’imidugudu igize akarere ka Nyamasheke bemerewe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, ko umwaka utaha w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) uzatangira mu kwezi kwa Nyakanga bose bazarihirwa na Leta.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa kane, tariki ya 17 Mata 2014, yagiranye n’ abakuru b’imidugudu igihango cyo kubungabunga umutekano ku buryo butari busanzwe kandi bakazatereka intango (inzoga) igasangirwa ubwo bazongera guhura bishimira ko ibyo (…)
Abayobozi mu nzego zitandukanye baturuka mu gihugu cy’u Burundi basuye ishyamba rya Nyungwe kuri uyu wa gatatu, tariki ya 16 Mata 2014 batangazwa cyane n’intera u Rwanda rumaze kugeraho mu gucunga ishyamba.
Umuryango wa Masengesho Sylvestre wari utuye mu mudugudu wa Ruvumbu, akagari ka Buvungira, mu murenge wa Bushekeri , akarere ka Nyamasheke, wiyubakiye urwibutso nyuma y’uko abaturage benshi bari batuye aho ngaho baroshywe mu cyobo cyari gihari.
Nyuma yuko uruganda rwa Gisakura Tea Company rukiranutse n’umushoramari Habimana Gervais rwari rwarabujije kubaka hoteri ruvuga ko ubutaka yubakaho ari ubwarwo ariko nyuma bikagaragara ko Atari byo, ubu hari ibindi bibazo byinshi by’abaturage bafitanye n’uru ruganda aho basaba kurenganurwa mu karere umunsi ku munsi.
Mu buhamya bwatanzwe n’abacitse ku icumu bakomoka mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko hari amateka yaranze umusozi witwa Kidashira atazigera asibangana mu mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu kwica abana n’abagore.
Mu karere ka Nyamasheke basanga bidakwiye ko mu gihe abandi bari kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi abaturage bakwigira kubaga inka zabo cyangwa andi matungo bagasanga byaba ari amakosa, kandi ko byaba bihabanye n’umuco nyarwanda.
District Administration Security Support Organ (DASSO) ni urwego rwashizweho n’itegeko ryasohotse mu igazeti ya Leta muri Nyakanga 2013, rukaba rugomba gusimbura urwari rusanzweho ruzwi ku izina rya Local Defence.
Umushoramari Habimana Gervais yasubijwe uburenganzira bwo kongera gukora imirimo yakoraga mu karere ka Nyamasheke hafi y’ishyamba rya Nyungwe, ahateye icyayi cya Gisakura, nyuma yo gusanga ubutaka yaburanaga n’uruganda rwa Gisakura Tea Company yarabuhawe mu buryo bwemewe n’amategeko.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke barasaba abaturage gufunga utubari two mu ngo twose mu gihe kitararangira ngo kuko bituma hari abarengera bakibagirwa ko bari mu bihe bidasanzwe byo kwibuka.
Hakizimana Barnabe na Uwimana Marie Jeanne bari bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo bazira kutifatanya n’abandi kwibuka ubwo icyunamo cyatangizwaga mu Rwanda hose, bifatwa nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage batuye mu mudugu wa Buhinga, akagari ka Buvungiro mu murenge wa Bushekeri, mu karere ka Nyamasheke bavuga ko kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ari igihe cyo kwibuka isano y’ubuvandimwe yarangaga Abanyarwanda bikaba umwanya wa buri munyarwanda kwikebuka akareba aho ageze yubaka igihugu cyamubyaye.
Itorero rya ADEPR yatangaje ko ribabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umwe mu bari abayoboke b’iri torero witabye Imana ari mu masengesho y’iminsi itatu yiyiriza ubusa akayagwamo.
Umuhanzi Diplomate wamamaye mu Rwanda mu minsi yashize yasuye urubyiruko rwa Nyamasheke tariki 02 Mata 2014, arubwira ko azutse kandi ko azanye ingufu zikomeye zizatuma arenga urwego yari agezeho agakuba kabiri.
Abahanzi biyise ibyamamare bya Nyamasheke (Nyamasheke all stars) bakoze indirimbo bashyize hamwe bayita “indongozi”. Aba bahanzi bavuga ko nta bundi buryo bafite bwo gushima ibyiza akarere kabo kamaze kugeraho atari ukubiririmba no babiratira abahandi batabizi.
Abaturage mu murenge wa Bushekeri bamaze iminsi bahangayikishijwe n’ahantu hacukurwa amabuye Abashinwa bifashisha mu gukora umuhanda uva i Rusizi ugana i Karongi kuko bibasenyera amazu bikabateza n’izindi mpanuka.
Umusore w’imyaka 21 witwa Bazibaza yatawe muri yombi na polisi ku gicamunsi cyo kuwa kane tariki ya 02 Mata 2014, akekwaho gusambanya ku ngufu no kwambura umugore w’imyaka 43 mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 01 Mata 2014.
Abadepite bagize komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo barasaba abaturage gutanga ibitekerezo bazifashisha mu mushinga w’itegeko rirebana n’imitungo, izungura n’impano mu bashakanye kuko bari gushaka uko itegeko ryari risanzweho ryavugururwa.
Bamwe mu bayobozi b’imidugudu mu karere ka Nyamasheke barasaba akarere ko bashyirwa muri gahunda y’abaturage bakwiye guhabwa inka muri gahunda ya girinka kubera ko bagira umwanya munini wo gukorera abaturage kurusha uko bakorera ingo zabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke baje gushaka abayobozi kuri uyu wa mbere tariki 31/03/2014 bavuga ko babangamiwe n’inama y’abakozi b’akarere iba buri wa mbere ikamara umunsi wose kuko bigoye kubona umuyobozi kuri uwo munsi ngo abakemurire ibibazo baba bafite.
Buri kagari mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke kahawe inyerekanamashusho (tereviziyo) igezweho mu rwego rwo gufasha abaturage bo mu cyaro kurushaho gukurikirana gahunda za Leta no kwihugura mu bumenyi ku bibera hirya no hino mu Rwanda no hanze yarwo, nk’uko bivugwa n’abayobozi b’ako karere.
Mu gusoza ukwezi kwahariwe umugore ku rwego rw’igihugu mu karere ka Nyamasheke, minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa yasabye abagore guharanira ishema ryabo, bagakunda gukora, bagafatanya mu kwiteza imbere no guharanira imibereho myiza y’imiryango yabo.