Guhera mu kwezi kwa Nyakanga buri murenge wo mu karere ka Nyamasheke ugiye kugira poste ya polisi mu rwego rwo gufasha abaturage gufata abanyabyaha no kubageza aho bagomba gucumbikirwa ku buryo buboroheye.
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas yahumurije abakozi n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari umuyobozi w’ako yeguye ku mirimo ndetse bamwe mu bakozi bakora mu bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bagatabwa muri yombi.
Umugabo witwa Nzamuranga Jean wavutse mu 1946 utuye mu Mudugudu wa Rutaragwe mu Kagari ka Rugari mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke, yasabiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo nyuma yo gushinjwa gutema umugore we n’umuhoro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasabye abakozi 336 bose bo mu karere kugaragaza impanduka nyazo mu kazi gashya bahawe nyuma y’uko hakozwe amavugurura y’abakozi ba Leta.
Urukiko rw’ibanze rwa Kagano rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze umusore witwa Hafashimana Edison iminsi 30 mu gihe ategereje kuzaburana mu mizi.
Uwari umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko yeguye ku mwanya w’ubuyobozi bw’akarere kuko imbaraga zari zimaze kumubana nkeya, akaba yahaye abandi urubuga ngo nabo batange umusanzu wabo.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, ndetse n’uw’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, beguye ku mirimo yabo ku mugaragaro muri iki gitondo cya tariki 08/01/2015 nyuma yuko inama njyanama zemeye ubwegure bwabo bari bazigejejeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Bahizi Charles arasaba urubyiruko kudasinzira kuko ari bo mbaraga z’igihugu, kuko baramutse basinziriye igihugu cyahomba bigatuma n’abasigaye babura icyerekezo.
Umugore w’umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri rwa Rwabidege yatemye n’umuhoro mugenzi we aramukomeretsa bikomeye bapfuye imbibi z’umurima batumvikanagaho.
Abagabo bo mu karere ka Nyamasheke bamaze kwifungisha burundu bemeza ko ntacyo bitwara umugabo ndetse ko ntacyo bihungabanya ku mibanire isanzwe iranga umugabo n’umugore.
Abantu batatu barimo perezida w’impuzamashyirahamwe y’abarobyi ba Nyamasheke, Bazirake Eraste, bashobora kuba batakibarizwa ku isi, nyuma yo gushimutwa n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo.
Habiyambere Enode uyobora farumasi y’akarere ka Nyamasheke hamwe n’umubaruramari we Nsengimana Theophile batawe mu yombi ku mugoroba wa tariki 29/12/2014 bakurikiranyweho kurigisa umutungo wa Leta no gutanga inyungu zidafite ishingiro.
Ku cyumweru tariki ya 21/12/2014 nibwo inkuru yasakaye ko umugabo witwa Kwitonda utuye mu Mudugudu wa Gasharu mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yamaze gushiramo umwuka atari arwaye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46, yamaze kugezwa muri gereza ya Rusizi, nyuma yufatwa bigoranye ubwo yari yihishe mu karere ka Karongi.
Mu gihe byari byitezwe ko ikibazo abaturage bafitanye n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura kirangira burundu kuwa kabiri tariki ya 23/12/2014, byarangiye abaturage batemeye imyanzuro yafashwe n’inzego zitandukanye.
Abakozi b’ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza bane bari mu maboko ya polisi bakekwaho gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha nabi umutungo w’abaturage.
Ku bufataye bw’abaturage, abayobozi n’inzego z’umutekano, batangiye guta muri yombi abasore bivugwa ko bananiranye mu duce batuyemo bazwi ku izina ry’ibihazi, bakarangwa no kunywa urumogi n’ibindi biyobyabwenge, ibi bigatuma bateza umutekano muke mu baturage.
Niyonsenga Jean Damascene na Uwimana Fransoise batuyemudugudu wa Taba akagari ka Shangi, umurenge wa shangi mu karere ka Nyamasheke, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga, bashinjwa guteka umutwe kuri mukuru wabo bakamurya amafaranga bamubwira ko bazamujyana mu bacunga umutekano bazwi nka Dasso.
Umugabo witwa Munguyiko utuye mu muduGudu wa Rumamfu mu Kagari ka Nyakabingo mu Murenge wa Macuba mu Karere ka Nyamasheke yakubise umugore we Vuguziga agafuni mu mutwe ntiyahita apfa.
Imodoka nini ya rukururana yo mu bwoko bwa Scania ifite nomero ziyiranga RL KBP 385Q yari itwawe na Wayidaka Alfred w’imyaka 30 yaguye mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 19/12/2014 abari bayirimo barakomereka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46 n’umucungamutungo wa SACCO ya Bushenge, Kimazi Jimmy uri mu kigero cy’imyaka 34 bari gushakishwa na polisi kubera ibyaha bakurikiranyweho byo kunyereza umutungo, gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro (…)
Umuryango wa Ngendahimana Vincent n’umugore we Marisiyana Nyirabanguka, bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka umwana w’umuhungu bari bamaze imyaka 18 babana batarabona urubyaro.
Abagabo bane bo mu Mirenge ya Nkanka na Gihundwe yo mu Karere ka Rusizi bafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Kalashnikov bakoreshaga mu bujura ku wa 16/12/2014, ubwo bayirashishaga bagiye kwambura abarobyi imitego ya kaningini.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko uruganda rw’icyayi rwa Gisakura rugiye kwishyura abaturage bafite ubutaka mu nkengero z’imirima y’icyayi yarwo, bigakemura amakimbirane yari ari hagati yarwo n’aba baturage.
Umukozi ushinzwe ibiro by’ubutaka mu Karere ka Nyamasheke witwa Ntezimana Aphrodice yateguje umuturage witwa Ndagijimana Callixte ko azamukubita inshyi nyinshi niyongera kuza kumureba aho akorera.
Umugabo witwa Rwamucyo Jean utuye mu mudugudu wa Kabagabo mu kagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano yafatiwe mu cyuho ubwo yagerageza gutanga ruswa y’ibihumbi 50 ayiha umupolisi amusaba kudakurikirana umuntu w’inshuti ye.
Umusore witwa Tuyisenge Gratien bakunda guhimba Rasta yafatanywe urumogi mu murima we ruhinganye n’ibishyimbo by’imishingiriro, ahita atabwa muri yombi.
Umusore witwa Kagabo Jacques utuye mu Kagari ka Susa mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke uri mu kigero cy’imyaka 25, aratangaza ko agiye gusaba gatanya nyuma y’uko yihakanye umukobwa bakundanaga bagiye kurushinga.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyamasheke bagaragaza ko hari ibibazo bakunda kugira mu miryango iwabo bikabananira kubikemura ibindi bakarenzaho, kubera kutamenya amategeko.