Abaturage bo mu kagari ka Ninzi mu karere ka Nyamasheke barasaba ko bakajya babona umuyobozi wo ku rwego rwisumbuye mu nteko z’abaturage kuko byagaragaye ko zitanga umusaruro cyane iyo hari umuyobozi wo mu nzego zisumbuye wayitabiriye.
Umuyobozi w’ikirenga w’ishuri rikuru rya Kibogora (KP), Ian Higginbotham aratangaza ko aje gutanga umusanzu mu gutuma iri shuri ritanga abanyeshuri b’intangarugero. Ibi yabitangaje kuwa gatandatu tariki ya 08/11/2014 ubwo yimikwaga ku mugaragaro nk’umuyobozi w’ikirenga (chancellor) wa KP.
Umusore witwa Habimana Pascal uri mu kigero cy’imyaka 20, yafashwe avuye kwiba inkoko eshatu, ihene imwe n’igipfunyika cy’urumogi, mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuwa gatandatu tariki ya 08/11/2014 ahagana mu ma saha ya saa cyenda, ubwo irondo ryamuhagarikaga rigasanga afite ibyo byose rigahita rimushyikiriza abashinzwe (…)
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7/11/2014 nibwo hatangijwe igikorwa cyo gushyira ibirango (plaque) ku mato yose akorera mu kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyamenya no gufasha guca akajagari karangaga amato menshi yakoreraga mu kiyaga cya Kivu.
Mu ijoro ryo ku wa kane tariki ya 06/11/2014 abashinzwe kurinda ikiyaga cya Kivu bo mu Rwanda barashwe n’abasirikare bo muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Kongo, umwe mu bashinzwe kurinda i Kivu aburirwa irengero, mu gihe abandi babashije kwibira mu mazi bakabasha gucika abari babakurikiye.
Umugabo witwa Gasigwa Pierre ukomoka mu Mudugudu wa Gisheke mu Kagari ka Nyarusange, Umurenge wa Kirimbi wo mu Karere ka Nyamasheke, utunzwe no gukora no gucuranga iningiri, avuga ko n’ubwo yatangiye uyu mwuga afite imyaka 7 y’amavuko ubu akaba afite 45, abikora kubera kubura akandi kazi yakora dore ko muri iyo myaka yose (…)
Uwahoze ari umukozi wa banki ya Kigali, akaba n’umucugungamutungo w’ishami rya Nyamasheke ahitwa mu i Tyazo, yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’urukiko rwa Rusizi , mu gihe agitegereje kuburana mu mizi ku byaha ashinjwa.
Ahagana saa tatu z’ijoro tariki 06 /11/ 2014, nibwo inkuru yamenyekanye ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, Umucungamutungo wa Sacco ndetse n’umuyobozi wa VUP byo muri uwo murenge batawe muri yombi na polisi baregwa ibyaha bitandukanye.
Polisi irasaba abantu bose batwara ibinyabiziga mu ishyamba rya Nyungwe kwitwararika, bakamenya neza umuhanda bagendamo, bakanibuka kuruhuka mbere yo kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe rigizwe n’amakorosi menshi.
Abamotari bakorera mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bacibwa amande n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda ahwanye n’ibihumbi 10 iyo babafashe batwaye umugenzi utambaye akanozasuku, mu gihe bemeza ko nta hantu kagurirwa mu karere kose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwafashe icyemezo cyo guca ibikomoka kuri peterori bicururizwa mu mabutiki ndetse no mu ngo z’abaturage ku mpamvu bemeza ko ari iz’umutekano w’abaturage, ndetse no kwirinda ubujura bwa hato na hato bwakorwaga n’abatwara ibinyabiziga by’isosiyete ikora umuhanda mu karere.
Mu gihe akarere ka Nyamasheke kashyizeho uburyo abayobozi bose bashobora gutamanaho ku buryo bworoshye bikihutisha akazi, bamwe mu bayobozi batuye mu mirenge ya Nyabitekeri na Karambi, bari barahejwe kuri iri tumanaho bahuriraho (user group) ngo baba bagiye gusubizwa.
Ubwo hatangizwaga urugerero mu ishuri rikuru rya Kibogora (KP: Kibogora polytechnic), Umuyobozi wa komisiyo y’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri kuba umusemburo nyawo w’iterambere ry’aho batuye bahazana amajyambere, kandi bimakaza indangagaciro na kirazira mu mibereho yabo.
Abajyanama mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bari bamaze iminsi icumi mu mahugurwa ajyanye no gucunga imishinga n’imari ndetse no gukora ubucuruzi bwunguka biyemeje kuyabyaza umusaruro kugira ngo bazabashe kugera ku ntego biyemeje.
Umugabo witwa Bagirishya n’umugore we batuye mu mudugudu wa Nyagashikura mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, baravugwaho ubwambuzi n’abaturage kubera kubeshya abagore bakarongorwa n’uyu mugabo akanabatwara amafaranga bafatanyije n’umugore we babana.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje raporo y’ibikorwa bugaragaza ko byakozwe mu gihe ibyo bikorwa bitaranakandagira.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze abayobozi batanga raporo zituzuye, izindi zidakurikije amabwiriza ngenderwaho kugira ngo amakuru akenewe yose agaragare, ndetse hanengwa cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje (…)
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu kwezi kumwe haba hagiyeho aho abashoferi bazajya baruhukira bava cyangwa bajya mu karere ka Nyamasheke, kuri ubu ntabwo birabasha gukunda kubera ko amafaranga atarabasha kuboneka.
Itsinda ry’abaturage batuye mu murenge wa Karengera bagakorera ibikorwa byabo mu mudugudu wa Nyagashikura bavuga ko bageze igihe cyo gushaka uko bapiganira amasoko y’ibikorwa bakora mu gihe batangiye ari abakene cyane ndetse nta n’icyizere bafite ko hari aho bazagera.
Abaturage babiri bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke buri wa kabiri bajya ku biro by’akarere basaba kwishyurwa ingurane ku bikorwa byabo byangijwe ubwo hakorwaga umuhanda n’umuyoboro w’amashanyarazi, mu 1976.
Umugabo witwa Bizimana Enock n’umugore we Vumiriya Dancille ndetse n’umuhungu wabo Ntirushwamaboko Justin batuye mu mudugudu wa Kabanda mu kagari ka Kinunga mu murenge wa Nyabitekeri, bari mu maboko ya polisi bashinjwa urugomo no kuvogera iby’abandi bakabyangiza.
Kanyehene Patrick w’imyaka 79 utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagari ka Kigabiro mu murenge wa Nyabitekeri, yishimira ko afite abagore batandatu n’abana babarirwa hagati ya 30 na 60, kuko avuga ko umubare atawuzi neza.
Umufaransa Hugues Nouvellet, ushinzwe tekiniki mu iterambere ridaheza kandi rigera kuri bose ku cyicaro cy’umuryango Handicap International, avuga ko abafite intege nkeya n’abafite ubumuga bakwiye gukanguka bakitabira kubyaza amahirwe batangiye kubona kugira ngo batere imbere.
Bamwe mu barimu n’abashinzwe uburezi mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke barasaba Leta ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa mu mashuri yose yo mu gihugu kugira ngo intego yayo yo kugira uburezi budaheza igerweho.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bavuga ko bafite ikibazo cya bamwe mu bantu bacuruza inka bakunze kwitwa abatuunzi banyuza inka zabo mu myaka yabo izindi bakazinyuza mu mu bwatsi bagenera amatungo yabo mu gihe cya nijoro.
Mukantwari Véstine uri mu kigero cy’imyaka 34 y’amavuko, yaraye yiyahuye muri iri joro ryakeye akoresheje umuti wica imbeba uzwi ku izina rya sumu ya panya ntiyahita ashiramo umwuka agwa kwa muganga.
Ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasuraga umurenge wa Cyato tariki ya 24/09/2014, umugabo witwa Hafashimana Corneille wo mu mudugudu wa Rutiritiri mu kagari ka Mutongo mu murenge wa Cyato yarezwe kwigomeka n’abaturage bafatanyije n’ubuyobozi, kuva icyo gihe ahita acika aburirwa irengero kugeza magingo aya.
Abunzi bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagifite ikibazo cyo kubona uko bagera aho ibibazo bakemura biri, bityo bikadindiza imikorere yabo bituma badaha abaturage ubufasha bwose vuba baba babakeneyeho.
Isoko mpuzamipaka rizubakwa ahitwa Rugari ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu karere ka Nyamasheke rishobora kuba ryuzuye bitarenze umwaka mu gihe ibikenewe byose byaba bimaze gukorwa.