Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), yatangije ku mugaragaro gahunda nshya izatuma serivisi zitangwa mu buvuzi bw’amatungo zinyura aborozi.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwatangiye kuburanisha mu ruhame, urubanza ruregwamo Sergeant Minani Gervais w’imyaka 39, ukekwaho kurasa abaturage batanu mu Karere ka Nyamasheke abasanze mu kabari. Urubanza rurabera mu Kagari ka Rushyarara mu Murenge wa Karambi, aho icyaha cyabereye.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko hari bagenzi babo bagurisha ibyari kugaburirwa abana, bigatuma muri aka Karere hagaragara umubare munini w’abana bafite imirire mibi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, aranenga abanyamadini n’amatorero biyita abahanuzi bagamije kwiba abanyantege nke bagendeye ku bikomere bafite.
Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri, ikaba yari ivanye abanyeshuri ku ishuri ribanza rya Saint Matthew ibacyuye.
Mu Karere ka Nyamasheke, mu Ntara y’Iburengerazuba, ingo zirenga ibihumbi makumyabiri na bitandatu (26,000) zitari zifite amashanyarazi zigiye kuyahabwa mu rwego rwo kwihutisha iterambere muri aka Karere no kugeza amashanyarazi kuri bose.
Mu Murenge wa Gihombo Akarere ka Nyamasheke haravugwa inkuru y’impanuka y’imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ya kompanyi RFTC, aho yataye umuhanda iragwa, umushoferi n’abagenzi 28 yari itwaye barakomereka.
Dr Telesphore Ndabamenye, uvuka mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri wavuze ibigwi Kagame Paul, umukandida wa FPR-Inkotanyi yashimangiye uko imiyoborere ye myiza yatumye agaruka mu Rwanda.
Mu ijambo ryo kwiyamamaza mu Karere ka Nyamasheke, Paul Kagame umukandida wa FPR-Inkotanyi yabwiye abaturage bari baje kumwakira ko Abanyarwanda bashyize imbere kubaka ubumwe kandi ntamacakubiri y’amadini cyangwa ubwoko bikenewe.
Mukabaramba Alvera, Umuyobozi w’Ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane, PPC yasabye abaturage batuye Akarere ka Nyamasheke gutora umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wabavanye mu bwigunge akabubakira umuhanda wa Kivu Belt.
Nsenga Sandrine uvuka mu Karere ka Nyamasheke yabwiye umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ko ku bw’imiyoborere ye myiza yatumye akora ubucuruzi bw’inyanya mu gihugu cya Congo Brazzaville ndetse umusaruro uva ku biro 50 agera kuri toni 3.
Abaturage baturutse hirya no hino mu Mirenge y’Akarere ka Nyamasheke biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, bateraniye mu Murenge wa Kagano ahakomereje ibikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Olive Mukarusine wari ufite umugabo wakoraga mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura, bakaba bari batuye muri imwe mu mazu yarwo, avuga ko ibyakoreshejwe mu kwica Abatutsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 nta kitaramugezeho, akabaho mu buzima bwuzuye umubabaro na nyuma y’uko ihagarikwa n’Inkotanyi kuko yari (…)
Ubuyobozi bw’ubwato ‘Mantis Kivu Queen uBuranga’ bukaba na Hoteli igenda mu kiyaga cya Kivu, bwasobanuye ibyerekeranye n’impanuka y’ubwo bwato bwagonze ibuye rinini riri mu Kivu, ababutwaye bakaba batari babashije kuribona.
Mu Kiyaga cya Kivu habereye impanuka y’ubwato bwarohamye, bwari butwaye amatungo arimo inka n’ingurube Abanyekongo bari bavuye kugura mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba mu Kagali ka Rugali, Umudugudu wa Matare, mu isoko rya Rugali, hapfamo inka 4 n’ingurube 32.
Mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Mahembe, ku musozi wa Kizenga ahakorwaga amaterasi y’indinganire, habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside 1994.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mutarama 2024, umuhanda wa kaburimbo uhuza uturere twa Karongi na Nyamasheke, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gufungwa n’inkangu mu Murenge wa Gishyita, ahazwi nka Dawe uri mu Ijuru.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwamaze guta muri yombi Nkurunziza Ismael w’imyaka 37 umaze iminsi ashakishwa akekwaho gucukura umwobo mu rugo rwe ndetse agashaka kuwutamo umumotari mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke.
Nkurunziza Ismael utuye mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke arashakishwa nyuma yo gukekwaho gushaka guta umumotari mu cyobo yacukuye mu nzu.
Abaturage bari mu bikorwa byo kubaka urukuta ku mukingo wo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwamatamu ruherereye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, bagwiriwe n’umukingo, babiri bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yafashe umwanzuro wo kwirukana Umuyobozi w’Akarere, Appolonie Mukamasabo, mu nshingano ze zo kuyobora Akarere biturutse ku myitwarire n’imikorere idahwitse mu kazi ashinzwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.
Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Association Deaf Women/RNADW), washyizeho ikigo gifasha abagore n’abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kwiga ururimi rw’amarenga no kurwanya ihohoterwa bakorerwa mu Karere ka Nyamasheke.
Umugore wo mu Kagari ka Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, yafatiwe iwe mu rugo amaze kubaga ihene bivugwa ko ari iy’umuturanyi.
Urubyiruko 4,000 rwo mu Karere ka Nyamasheke rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye irufasha kwihangira imirimo, gusa impamyabushobozi bahawe ntabwo zemewe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (RTB), bakifuza ko bakorerwa ubuvugizi zikaba zakwemerwa kuko bibabangamiye.
Mu gihe imirimo yo gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu irimbanyije, ni nako abaturage bashishikarizwa kuyabyaza umusaruro, akababera inkingi ya mwamba y’iterambere ryabo, ntibigarukire ku gucana amatara gusa no gucomeka ibikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi nka telefoni, televiziyo, radiyo, frigo, (…)
Perezida Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, yasabye abaturage basiragizwa kubera kwakwa ruswa, ko bajya bagaragaza abayibaka.
Abaturage ibihumbi bavuye mu Karere ka Nyamasheke no mu tundi byegeranye, bazindutse bajya kwakira Perezida Paul Kagame, ugirira uruzinduko muri ako karere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke, yafashe abagabo batatu bakurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa wacuruzaga Mobile money.
Muri gahunda yo gusaranganya umusaruro uva muri za Pariki z’Igihugu n’abazituriye, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwashyikirije abatuye mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro.