Abaturage umunani bo mu mirenge ya Nyabinoni, Rongi na Mushishiro mu Karere ka Muhanga bahitanywe n’ibiza by’imvura.
Umugabo wo mu Karere ka Muhanga yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica undi mugabo baturanye. Bikekwa ko yamujijije kumusambanyiriza umugore.
Abakecuru n’abasaza bo mu Karere ka Muhanga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 barishimira ubuvuzi bagenerwa n’Ingabo z’u Rwanda, RDF.
Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga barifuza ko itariki ya 15 Mata yagirwa umwihariko wo kwibuka iwabo.
Abaturage bo mu mirenge irwaje kirabiranya mu Karere ka Muhanga baravuga ko kudasobanukirwa n’uburwayi bw’urutoki byatumye iyo ndwara yiyongera.
Bamwe mu Banyarwanda barifuza ko hakomeza kunozwa bimwe mu bitagenda neza mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutoza abana gusura inzibutso no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bizagabanya ingengabitekerezo yayo.
Umuryango Ibuka wita ku barokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga uratabariza abarokotse batishoboye bakibayeho mu buzima bubi nyuma y’imyaka 22 Jonoside ibaye.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Umugabo witwa Uwizeyimana Olivier afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga akurikiranweho kwiyita umufurere akiba abantu.
Abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga barasaba imiryango bakomokamo kurushaho kubafasha kugororoka no kuzasubira mu muryango nyarwanda bakagira icyo bimarira.
Abaturage bo mu Murenge wa Kiyumba baravuga ko imbuto y’imyumbati bahinze yabarumbiye, bitewe n’impamvu bataramenya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge gutegura neza gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko bakorerwa ubuvugizi bakajya bakirwa n’Ibitaro bya Ruri biri mu Karere ka Gakenke.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’inzego zishinzwe umutekano baraburira aba DASSO ko gukora nabi bishobora kubaviramo ibyago byo kugawa no kwirukanwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko igiciro baguraho ibyuma bitanga ingufu za Mobisol byagabanyuka.
Abagore bafite ubumuga baravuga ko aho igihe kigeze, ntawe ukwiye gutega amaboko asabiriza ngo aramuke kuko ari igisebo.
Abana b’impunzi baturuka mu Nkambi z’Abakongomani barishimira guhabwa amahirwe yo kwiga mu Rwanda kugeza mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinzi kugira uruhare mu kurinda uburwayi bw’imbuto nshya y’imyumbati bari guhabwa.
Umuryango wita ku rusobe rw’ibiribwa mu ku isi (Slow Food) usanga mu Rwanda rubungabunzwe neza, ibiribwa byakwiyongera n’inzara igacika.
Uwitwa Mukasibo Philomene wari umukorerabushake kuri site y’itora yo mu Murenge wa Kabacuzi muri Muhanga yafunzwe ashinjwa kwiba amajwi.
Umuyobozi w’Itorero MISPA mu Rwanda Pastor Musabyimana Théoneste aratangaza ko bidakwiye ko amatorero ashyira inda imbere agamije gucuruza abakirisitu bayo.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Muhanga, Gasana Celse, aratangaza ko, mu ngengo y’imari itaha bazubaka ikimoteri cy’Umujyi wa Muhanga kizatwara abarirwa muri miliyoni 400FRW.
Abarezi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda y’ikoranabuhanga ya EDC izatuma nta mwarimu wongera kwigisha ahushura amasomo.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Kuvugurura Amategeko RLRC iratangaza ko itegeko rivugururwa hitawe ku nyungu z’uwo rireba aho kumubangamira.
Abahagarariye abafite ubumuga mu Nama Njyanama y’Umurenge wa Nyabinoni w’Akarere ka Muhanga, baravuga ko abana bafite ubumuga bwihariye bagihura n’inzitizi zituma batiga.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga igaragaza ko abana 398 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Abatuye mu mujyi wa Muhanga barifuza ko abayobozi b’inzego z’ibanze ku rwego rw’Umudugudu bakaza umurego mu guhangana n’amabandi ndetse n’umwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bahawe inzitiramibu muri gahunda yo kurwanya malariya baravuga ko zidahuye n’uburyamo bafite iwabo.
Polisi mu Karere ka Muhanga iravuga ko imaze kwakira ibibazo umunani by’abantu bibwe n’abanyonzi mu Mujyi wa Muhanga ubwo bari babatwaje ibintu.