Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baribaza impamvu urugomero rwa Nyabarongo rwuzuye akaba ari bwo ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi kirushaho kwiyongera.
Umuryango uharanira gushishikariza abagabo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC), ugaragaza ko ubusumbane bw’abagabo n’abagore bwigaragaza buterwa n’uko abantu barezwe mu muco wo kumva ko abagabo aribo bashoboye gusa.
Bamwe mu barezi bisunze Koperative Umwarimu SACCO baravuga ko ibyifuzo byabo byashyizwe mu bikorwa kubera koperative bashyiriweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko buzajya bushimira imiryango ibanye neza kugira ngo ibere urugero ibana mu makimbirane kandi ibashe kuyigira inama.
Umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda washyizwemo ingufu haba ku bahinzi ubwabo no ku bafatanyabikorwa mu buhinzi kugira ngo abakora ababukora bihaze mu biribwa kandi basagurire amasoko.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga, abahagarariye amabanki n’abagize urwego rwa Sosiyete Sivile barasaba ko inginga y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka bakongera kwitorera Paul Kagame.
Abarezi bo mu mirenge igize Akarere ka Muhanga baravuga ko kubera ibyiza bagejejweho na Perezida Kagame bifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera bakumutorera kuyobora kuko ntawundi babona ushoboye.
Abahinzi bo mu Karere ka Muhanga barifuza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakongera guhabwa amahirwe yo kwitorera Perezida Kagame kuko yahinduye ubuzima bw’abahinzi basuzugurwaga mu myaka yashize.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Amajyepfo zahagurukiye ikibazo cy’umutekano ku musozi w’Amasengesho wa kanyarira uherereye mu rugabano rw’uturere twa Ruhango na Muhanga.
Abaturage bo mu Murenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga barifuza ko ingingo y’101 yahinduka bakitorera Perezida Paul Kagame, ariko ntagereze aho gusa ahubwo akazayobora na Afurika nk’uko Perezida Obama ukomoka muri Kenya ayobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Inzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga zirasaba urubyiruko kuba ijisho rya rugenzi rwarwo n’abaturage muri rusange, kandi ibitagenda rukabishyikiriza izindi nzego z’ubuyobozi kugira ngo ahagaragaye ikibazo gikemukire igihe.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga baravuga ko bashingiye ku ivugururwa ry’ingingo y’101 irebana n’amatora ya Perezida, Perezida Paul Kagame yahabwa amahirwe yo kongera kwiyamamariza indi manda kandi yayirangiza agishoboye agakomeza kubera ko ntacyo banenga atakoze kuri gihe amaze ayobora igihugu.
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 baravuga ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga igomba guhinduka Kagame Paul akongera gutorwa akayobora u Rwanda kubera ko ari we wa mbere wakuyeho igihano cy’urupfu.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga baravuga ko impamvu ikomeye bashaka ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yahinduka bakitorera Paul Kagame ari uko yabakijije abacengezi.
Itsinda ry’Abasenateri ryasuye Akarere ka Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Nyakanga 2015 riranenga ibikorwa by’imihanda byagombye kuba byubakwa mu Karere ka Muhanga.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Chief Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko ugereranyije n’amezi ashize, abamotari batangiye guhindura imyumvire kuri amwe mu makosa bakoraga abangamira ibikorwa by’abashinzwe umutekano n’abagenzi.
Kuva mu mwaka ushize wa 2014 abaturage bivuriza ku bitaro bya Kabgayi barinubira kuba bigurira imiti iyo bagiye kwivuriza ku bitaro bya Kabgayi, kandi baratanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko ivuriro bamaze kwiyuzuriza ryahinduka ikigo nderabuzima kugira ngo serivisi ritanga zirusheho kwiyongera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo kubohorwa na RPA mu 1994 bongeye guhura n’akaga nyuma y’imyaka ibiri ubwo mu 1997/1998 bibasiwe n’ibitero by’abacengezi bikabahungabanyiriza umutekano ari nako ubuzima bwabo buhasigara.
Imwe mu miryango y’Abarundi yahungiye mu Rwanda mu Mujyi wa Muhanga, ivuga ko yakiriwe nk’abavandimwe mu gihe yari imaze kwiheba kubera ibibera iwabo.
Miliyoni zisaga gato 320frw ni zo zitakoreshejwe mu mwaka ushize w’ingengo y’imari kubera ikibazo cy’abafatanyabikorwa batayataze, bigatuma akarere katabasha gukoresha ingengo y’imari yose yari iteganyijwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutwakwasuku, arasaba abaturage bakosoza ibyiciro byabo by’ubudehe kubikorana ubunyangamugayo, kuko hashyizweho ikoranabuhanga ritahura abafite uburiganya.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Senior Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko Polisi itazihanganira abanywa bagasinda kuko usibye guhungabanya umutekano, bikururira ubukene bukabije kandi bakangiza ubuzima bwabo.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, irasaba abakozi bose mu byiciro byabo kujya bibuka abari abakozi ba Leta bazize Jenoside baharanira no kurwanya ingengabitekerezo yayo kugira ngo itazongera kubaho ukundi.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere iratangaza ko itumva impamvu ikibazo cy’indaya zigaragaza mu Mujyi wa Muhanga kidacika.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga baramagana agasuzuguro k’amahanga akomeje gupyinagaza Umugabane wa Afrika by’umwihariko u Rwanda.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, n’Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB baragaya abayobozi b’inzego z’ibanze bashyigikira amanyanga mu marushanwa Umurenge Kagame Cup.
Abaturage bimuwe mu bice by’amanegeka mu mirenge ikikije uwa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba amasambu yabo ari kure kandi ari yo bakesha kubaho bikomeje gutuma ubuzima bwabo bugenda nabi.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga biyemeje guca ukubiri no gusabiriza bihangira imirimo, baravuga ko bagenda biteza imbere babikesha koperative bashinze ihinga ibihumyo ndetse bagakora n’ubukorikori butandukanye.
Polisi yo mu muhanda yo mu karere ka Muhanga irihanangiriza abashoferi batanga ruswa ku bapolisi kugira ngo bahabwe serivisi mu makosa, ko abazajya bafatwa bazajya bakurikiranwa mu mategeko.