Komisiyo y’igihugu y’amatora NEC irasaba abakandida ku myanya y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kwitwararika ku mabwiriza n’amategeko agenga kwiyamamaza.
Inararibonye mu gukurikirana imishinga mu bigo by’imari, n’abagore bahereye ku gishoro gitoya bavuga ko ari yo nzira y’iterambere ry’umugore.
Koperative y’abahinzi, IABM, ihinga mu gishanga cya Makera mu Karere ka Muhanga iravuga ko ihangayikishijwe n’amatungo ndetse n’abajura bayangiriza ibigori.
Umuturage wo mu Murenge wa Kibangu, Isa Mpozenzi, wari konseye igihe cy’abacengezi yashimiwe ahabwa inka kuko yabashije kwambura imbunda abacengezi.
Inzego z’urubyiruko mu Karere ka Muhanga zivuga ko rukigorwa no gutegura imishinga iciriritse kugira ngo rubashe kwiteza imbere.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Munyatwari Alphonse aratangaza ko kuba hari abagize komite nyobozi z’uturere bararangije manda bitaba urwitwazo rwo gukora amakosa.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko nyuma yo gutaha ibiro bishya by’Akarere biteguye kubona impinduka muri serivisi bahabwa.
Abatoza b’intore mu Karere ka Muhanga basanga hari ibikwiye kongerwamo imbaraga kugira ngo Itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye rigende neza.
Inzego z’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa mu kurwanya isuri baratunga agatokji abacukura amabuye y’agaciro kwangiza amasoko y’imigezi kubera kuyungururira amabuye mu mazi.
Ikigega cy’igihugu cyita ku bidukikije (FONERWA) cyatangiye gutera ibiti mu mabanga y’imisozi ya Ndiza iherereye mu Karere ka Muhanga.
Umushinga LVEMP II ubungabunga icyogogo cy’ikiyaga cya Victoria uratangaza ko wiyemeje guhangana n’ikibazo cy’isuri yangiza imigezi yiroha mu kiyaga cya Victoria.
Bamwe mu bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP mu Karere ka Muhanga bakayicunga neza bavuga ko biteje imbere bahindura ubuzima.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga yahigiye kongera imbaraga mu bikorwa bizamura umugore mu myaka itanu iri imbere.
Raporo ya EICV ya gatatu igaragaza ko ubukene bwagabanutseho 23% mu Karere ka Muhanga, bigatuma n’inzara igabanuka.
Nsengiyumva Bernard, umusaza watwaye tours du Rwanda 2001 arasaba abagikina umukino w’amagare kongera ishyaka bagahigika abanyamahanga.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga biyemeje kurwanya ihohoterwa rishingiye ku bitekerezo kuko rituma imfu zo mu miryango ziyongera.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, arasaba abagore kwitabira amatora y’inzego z’ibanze kuko na bo bashoboye.
Bamwe mu bize imyuga bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko imbere habo ari heza kuko batagitegereje ubatamika.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko isoko rishya batangiye kubaka rizahindura isura ry’ishoramari mu Karere kakarushaho gutera imbere.
Akarere ka Muhanga katangije kubaka imihanda ya kaburimbo n’isoko rya kijyambere mu mujyi wako, nyuma y’igihe byarananiranye.
Komisiyo y’Igihugu y’Abana (NCC) irasaba Abanyarwanda kumva ko nta mwana wagombye kujugunywa kuko yavukanye ubumuga.
Abamotari bo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko abayobozi babo bahishira abakora amakosa bikabatera ibihombo no kwiruka babonye abapolisi.
Imwe mu miryango yari ifite ikibazo cy’imirire mibi mu Karere ka Muhanga iravuga ko kwitabira amatsinda ya FARN byatumye barwanya Bwaki.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga bavuga ko igihe Perezida Kagame agifite imbaraga n’ubushake yazakomeza kubayobora.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagabiye inka inteko ishinga amategeko kuko yemeye kuvugurura itegeko nshinga.
Uruganda rw’imyumbati rwa Kinazi ruri hafi gutangira gukoresha nyiramugengeri igasimbura mazutu yari isanzwe ikoreshwa mu kumutsa ifu y’imyumbati.
Ibikorwa byasizwe byubatswe na Padiri Sylvain Bourguet birimo ikiraro gihuza Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyakabanda n’imiyoboro y’amazi birimo kwangirika kubera kutitabwaho.
Bamwe mu bagore n’abagabo bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko batagishyamirana iwabo kubera umugoroba w’ababyeyi.
Ambasaderi Fatuma Ndangiza akaba n’umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB aratangaza ko ukwezi kw’imiyoborere kuzibanda ku bibazo by’abaturage bamburwa ibyabo.
Bamwe mu bayobozi b’ishyaka PL riharanira ukwishyira ukizana baragaragaza ko kuba urubyiruko rukomeza guhura n’ubushomeri, ari ikibazo gihangayikishije kibangamiye iterambere.