Pasteri Nirere Clémentine avuga ko politiki yo gutubura ibyo kurya igomba gutandukana no kwigisha “Ndi umunyarwanda” hagamijwe komora ibikomere.
Abarinzi b’igihango bo mu Murenge wa Nyarusange muri Muhanga, batangaza ko kwihanganira ibibazo no kureba kure ari byo byabaranze.
Umuyobozi wa Banki y’isi mu Rwanda Sameh Waaba, aratangaza ko mu mezi ane isoko ryo kubaka imihanda mu Mujyi wa Muhanga riraba ryatanzwe.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko mu myaka ibiri iri imbere serivisi nyinshi zizajya zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikorabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko idini ryiza ribereye Abanyarwanda ari ugukunda igihugu.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatusti muri Mata 1994 bo mu Murenge wa Nyarusange bavuga ko gahunda ya “Mvura nkuvure” ikomeje kububaka.
Umuryango Transparency International Rwanda uratangaza ko umuhesha w’inkiko utarabigize umwuga atazongera kurengana kubera gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urukiko.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abakora akazi kazwi ku izina rya karani ngufu gukomeza kunoza akazi kabo bakirinda ibiyobyabwenge n’ubujura bwa hato na hato.
Umujyanama wa Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, aratangaza ko Leta ahagarariye izakomeza gufatanya n’iy’u Rwanda gukomeza gufasha mu bikorwa by’iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro bukorerwa mu Karere bubangamiye imibereho myiza y’abimurwa ahacukurwa.
Ubuyobozi bw’Ishuri ry’Abaforomo n’Ababyaza rya Kabgayi burasaba abarangiza muri bene aya mashuri kwitwararika mu kazi badakurikiye inyungu zabo bwite.
Umubyeyi witwa Mpombetsendora Gertrude aratangaza ko ahereye ku gikoma yacuruzaga amaze kugera ku gishoro kirenze miliyoni y’amanyarwanda.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba Abanyarwanda kwitandukanya n’abakora ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagahobotera abagore n’abana.
Ababyeyi n’abarezi bo mu Kagari ka Mbare mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko ishuri rishya rya Rubugurizo rizabafasha kuboneza inkingi eshatu z’uburezi.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhenga, SS Muheto Francis, arasaba abatwara ibinyabiziga kwirinda umuvuduko ukabije mu bice by’insinsiro n’iyo nta cyapa cyaba gihari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwahagurukiye abagicururiza mu muhanda mu mujyi w’aka karere, mu gihe bo basanga ari ukurenganywa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwafashe imyanzuro yo gukaza isuku kugira ngo Umujyi wa Muhanga urusheho gusa neza.
Abanyeshuri 28 bigagaga kuri Collège Sainte Marie Reine mu Karere ka Muhanga birukanwe by’agateganyo bazira kwitwara nabi, bashaka gukora imyigaragambyo.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bavuga ko Rwanda Day ifite akamaro kanini cyane kuko ari uburyo bwo kugaragariza icyarimwe ku isi hose isura nziza y’igihugu.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko bahangayikishijwe no kuba baboneza urubyaro ariko abakobwa babo bakibyarira.
Abacuruzi b’inyama bakorera mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko bahagaritse kubaga kubera ko bazamuriwe imisoro mu buryo butunguranye.
Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu n’Iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari (GLIHD) uratangaza ko abakobwa babarirwa mu 7300 mu Rwanda bafungiye gukuramo inda.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abaturage gushira impungenge bagatanga amakuru y’ahakekwa abajura kugirango bafatwe, umutekano urusheho kuba mwiza.
Abagore 64 bo mu karere ka Muhanga bacururizaga mu muhanda bishingiwe n’ikigega cy’iterambere (BDF), bamaze guhabwa inguzanyo yatumye biteza imbere.
Inzego zitandukanye z’abaturage n’abayobozi mu Karere ka Muhanga ziravuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi mu karere ka Muhanga ryatumye isuku iba nkeya mu bice byose.
Abagabo umunani n’umugore umwe bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhanga bakekwaho kwiba ibyuma by’ikoranabuhanga n’byo mu ngo.
Ikigo mbonezamirire ku Bitaro bya Kabgayi kigaragaza ko umurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga abana 72 bafite ikibazo cy’Imirire.
Abayobozi b’amatorero n’amadini akorera mu Karere ka Muhanga ngo bahangaykishijwe n’ikibazo cy’umutekano w’abasengera ku Musozi wa Kanyarira na Kizabonwa.