Bishimiye gukora amateka bubaka igorofa mu karere

Abakirisitu ba Paruwasi ya Musaza barishimira amateka bakoze yo kubakira abapadiri babo igorofa, rikaba ari na ryo rya kabiri mu Karere ka Kirehe kose.

Aba bakirisitu bavuga ko batekereje kubakira abapadiri igorofa kubera icyubahiro baha Imana, nk’uko bitangazwa n’uwitwa Havugimana Laurient.

Agira ati “Kubaka igorofa ni amateka dukoze kuko ntacyo Imana itaduhaye, yaduhaye Paruwasi. Ni yo mpamvu natwe tugomba gufata neza abakozi bayo tuyishimira.kuba abapadiri batwegereye dukize kuri Roho no k’umubiri.”

Iri gorofa ni icumbi ry'abapadiri ryubatse n'abaturage.
Iri gorofa ni icumbi ry’abapadiri ryubatse n’abaturage.

Rwabuhihi Pascal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musaza, yavuze ko iyo nzu yabahagaze miliyoni 51Frw kandi bakaba bafite gahunda yo gukora ibindi bikorwa.

Ati “Mwitegure Paruwasi tugiye kuzamura, erega abaturage ba Musaza ntacyo tutakora icyo nzi ni uko mu gihe gito dutangira kuzamura inyubako ya Paruwasi ishobora kuba icyitegerezo muri Paruwasi zose.”

Musenyeri Antoine Kambanda umushumba wa Doyosezi ya Kibungo.
Musenyeri Antoine Kambanda umushumba wa Doyosezi ya Kibungo.

Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Kirehe, César Bukakaza, ashima abaturage ba Musaza batahwemye kugaragaza ubushake bwo gufasha Paruwasi.

Ati “Aya ni amateka akomeye mu Karere ka Kirehe ndahamya ko iyi gorofa yiyongeye ku zindi zitarenze imwe ziri mu karere ku maboko y’abaturage, ni abo gushimirwa cyane.”

Depite Berthe Mujawamariya asanga imbaraga abanyamusaza bafite zizubaka Paruwasi y'icyitegererezo.
Depite Berthe Mujawamariya asanga imbaraga abanyamusaza bafite zizubaka Paruwasi y’icyitegererezo.

Iyi gorofa ibaye iya kabiri muri aka karere nyuma ya hoteli Guest house y’akarere.

Servilien Mutuyimana

Ibitekerezo   ( 3 )

gukora ibintu nkibi ubikuye ku mutima ntako bisa, mokomeze mutere imbere

hakizimana yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

bakristo bavandimwe iki nigikorwa nyacyo, dukunde imana kandi dukunde nabaduhuza nayo

moses yanditse ku itariki ya: 30-09-2015  →  Musubize

Bravo bakiristu ba musanze, iki nigikorwa cyiza, nabandi bakiristu barebereho.

Jane mwiza yanditse ku itariki ya: 29-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka