Maddox, umuhungu wa Angelina Jolie na Brad Pitt, ibyamamare mu gukina amafilime muri Amerika, yikuyeho izina rya se, akaba ari we ubikoze nyuma y’abavandimwe be batatu (3) mu bana batandatu (6) b’abo babyeyi.
U Rwanda rukomeje kugaragara mu bihugu bya mbere ku Isi bitanga abasirikare n’abapolisi mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN Peacekeeping Missions).
Bamwe mu bakinnye umukino wo gusiganwa ku magare n’abakibikora, basanga kwizihiza umunsi w’amagare ku Rwanda ari iby’agaciro, kuko umukino w’amagare watumye igihugu kirushaho kumenyekana ku rwego rw’Isi kandi mu isura nziza.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, avuga ko muri iki gihe ikoranabuhanga ryakataje, rikoreshwa cyane no mu gukora ibyaha, bityo ko guhagarara ku miryango ya Banki urinze abajura bitagihagije.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, avuga ko urwego akuriye rwiyemeje gukora ku buryo buri mutura Rwanda atagira impungenge z’umutekano we, ariko hakabamo ubufatanye n’abaturage mu kuwucunga.
Impuguke mu ikoranabuhanga rigezweho, zihamya ko ubwenge buhango (AI) butasimbura ubwenge karemano cyangwa ubwenge bwa muntu, ko ahubwo bumworohereza akazi, ibyo akora byagombaga kumutwara amasaha menshi akabikora mu mwanya muto.
Ikiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026, kiragaruka ku ruhare rw’Ubwenge Buhangano n’Ikoranabuhanga mu guteza imbere uburezi, nk’uko ari imwe muri gahunda Leta y’u Rwanda yashyize imbere yafasha mu myigishirize.
Irushanwa nyafurika ry’umukino wa Basketball, BAL, ryongeye ryagarutse mu Rwanda aho riba ku nshuro ya gatandatu, rikaba ryatangiye kuri uyu wa Gatanu tariki 22 rikazageza ku ya 31 Gicurasi 2026.
Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yakuye ku mirimo Minisitiri w’Intebe wari n’umujyanama we wa hafi, Ousmane Sonko, ndetse anasesa Guverinoma yose, nk’uko byatangajwe mu ijoro ryakeye binyuze mu iteka rya Perezida, bikaba bibaye nyuma y’igihe kitari gito cyaranzwe n’umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), iherutse kuzamura inyungu fatizo iheraho inguzanyo amabanki y’ubucuruzi, iva kuri 7.25% igera ku 8.25%, gusa ishobora kuzamura iyo nyungu cyangwa ikayigabanya bitewe n’uko ubukungu bw’Igihugu buhagaze, ariko ntibivuze ko amabanki na yo ahita azamura inyungu aheraho inguzanyo abakiriya bayo.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) y’uyu mwaka wa 2026, igaragaza ko 30% gusa by’ibitangazamakuru ari byo biteganyiriza abakozi babyo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), bivuze ko ari na bo bafite ubwishingizi mu kwivuza butangwa n’icyo kigo cya Leta.
Abahanga mu by’imibereho n’imibanire y’abantu bahamya ko umugabo ufata umwanya uhagije wo kwita ku bana, bituma agira ubuzima bwiza bwo mu mutwe kuko hari byishi birimo n’ibitari byiza areka kujyamo kubera kwita ku bana.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), Evariste Rugigana, avuga ko umushinga uwo ari wo wose utagera ku ntego hatarimo uruhare rw’abaturage, kimwe n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zijyanye n’ingufu za Nikeleyeri haba mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo muri Mauritius n’abo mu Rwanda biyemeje gufatanya mu mishinga y’ubucuruzi, aho abo muri Mauritius bazashora imari mu bigo bya ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwandakazi.
Inzobere mu bibazo bya Congo akaba n’umusesenguzi, Me Gasominari Jean Baptiste, avuga ko Amerika yagaragaje ko iri ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko bitavuze ko u Bufaransa n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU), bagomba na bo gufata urwo ruhande kuko inyungu z’Abanyaburayi n’iza Amerika atari (…)
Shakira Isabel Mebarak Ripoll wamamaye mu ruhando rwa muzika nka Shakira, ni umuhanzi ukomoka muri Colombia muri Amerika y’Amajyepfo, wavukiye ahitwa Barranquilla ku itariki 2 Gashyantare 1977, akaba azwi cyane ku kabyiniriro ka ‘Queen of Latin Music’.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, avuga ko kuba u Rwanda rufite ibikorwa remezo bigezweho biteza imbere siporo ari ukubera imiyoborere myiza y’Igihugu, yita ku kamaro ka siporo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arashima imikorere y’urwego rw’abikorera muri Afurika, kuko hari igihe biba ngombwa ko rwinjira mu bibazo biba byatewe n’inzego za Leta.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko Abanyafurika ubwabo ari bo bagomba gufata iya mbere bagateza imbere Afurika, kuko nta wundi muyobozi wo ku Isi uwo ari we wese, watabara umugabane wa Afurika.
Ba rwiyemezamirimo b’abagore bo mu birwa bya Mauritius bagiye kuza mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gushaka amahirwe mashya y’ubucuruzi n’ishoramari, binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), bakazagirana ibiganiro n’abo mu Rwanda.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yatangaje ko Ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero kiringaniye cya 6.8% muri 2026, bitewe n’ingaruka z’intambara yo mu Burasirazuba bwo hagati ku biciro by’ibicuruzwa.
Iyo uri mu mujyi wa Muhanga, ukomeza umuhanda ujya i Huye, warenga gato i Kabgayi ukagera ahitwa ku Kinamba, ukata ibumoso ugafata umuhanda w’itaka ugakora urugendo nk’urwa kilometero imwe, nuko ukagera mu gasantere ka Kinini, ni mu Kagali ka Mubuga Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga.
Umuhanzi Mighty Popo akaba n’Umuyobozi w’ishuri rya Muzika rya Nyundo (rikorera i Muhanga), ndetse n’abandi bahanzi b’injyana ya Reggae, bateguye igitaramo cyo kwibuka ibigwi by’umuhanzi wamamaye muri iyo njyana, Bob Marley.
Dolly Rebecca Parton, umuhanzi w’Umunyamerikakazi wamamaye cyane muri ‘Country Music’ ndetse wanakunzwe na benshi, ubu ageze ku myaka 80 ariko aracyumva afite ubushake bwo gukomeza gukora ibitaramo ngo ashimishe abakunzi be, nubwo ibibazo by’ubuzima bitamworoheye.
Raporo y’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari warangiye ku wa 30 Kamena 2025, igaragaza ko isaranganya ry’amazi mu baturage riri hagati ya 11% na 56%, Senateri Mureshyankwano Marie Rose akaba yagize impungenge ku isuku y’abaturage.
Abanyarwanda n’abaturarwanda bari mu buhinzi n’ubworozi bya buri munsi, babona 3% gusa by’inguzanyo zose zitangwa mu gihugu, mu gihe bo barenga 70% by’abaturage bose, ikaba imwe mu mbogamizi zituma umusaruro w’urwo rwego utazamuka, nk’uko raporo zitandukanye zibyerekana.
Ubwo Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yigaga ku mushinga w’itegeko ryerekeye ubucuruzi bw’Umutungo koranabuhanga, Depite Mukabalisa Germaine yifuje kumenya ushinzwe kugenzura ubu bucuruzi hagati ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA), kuko yumva hashobora kuba guhurira ku nshingano.
Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ingabo za Leta ya Kinshasa, FARDC, hamwe n’abo bafatanyije bakomeje kugaba ibitero bikomeye ku baturage b’abasivili, mu duce dutandukanye two mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuhanzi ukomeye w’Umunya-Nigeria, Paul Okoye wamamaye nka Rudeboy mu itsinda rya P-Square, yahanutse ku rubyiniro, ubwo yari mu gitaramo mu gihugu cya Australia, ngo akaba yazize indorerwamo z’izuba (lunettes fumées) yari yambaye kandi ari nijoro.