Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ndetse n’abafatanyabikorwa bayo, bashyizeho ikigega cyo gufasha urubyiruko rusanzwe rufite ibyo rukora ariko ntiruzamuke kubera igishoro gito, rugahabwa inguzanyo ku nyungu nto kandi idasaba ingwate, ari cyo cyiswe Aguka Youth Fund.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, asanga inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi, kuko abagatanga hari ubwo babanza gupima abagasaba bagasanga batagashobora.
Nyuma y’uruhererekane rw’ibitero byahitanye abantu ku mpande zombi kuva ku wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026, indege za gisirikare za Pakistan zagabye ibitero mu mijyi minini myinshi ya Afghanistan, irimo Kaboul na Kandahar.
Tariki 27 Gashyantare buri mwaka, Isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Imiryango itari iya Leta (Non-Governmental Organizations/NGOs), yaba iy’imbere mu bihugu ndetse n’ikomoka hanze y’ibihugu ikoreramo.
Ku Cyumweru tariki ya 01 Werurwe 2026 ni bwo irushanwa ryo gusiganwa ku magare rimenyerewe nka Tour du Rwanda rimaze iminsi rikinirwa mu Rwanda rizasozwa, Umujyi wa Kigali ukaba wateguye ibirori bikomeye bizabera aho rizasorezwa, ku mbuga ya Kigali Convention Center (KCC).
Mu mategeko y’u Rwanda, umwana ufite imyaka 16 yemerewe gukora akazi, ariko hari imirimo aba atemerewe gukora, ku buryo n’uyimukoresheje aba akoze icyaha gihanwa n’amategeko.
Hashize igihe kinini havugwa ikibazo cy’abivuriza kuri Mituweli ku bigo nderabuzima, ariko imiti bandikiwe ntibayihabwe cyangwa bakabona mike, bikaba ngombwa ko bajya kuyigurira kuri farumasi, abatabishoboye bagatahira aho.
Ubusesenguzi bwimbitse bwakorewe mu bigo ngororamuco mu Rwanda, bwerekanye ko 74% by’ababijyanwamo batarangije amashuri abanza, ndetse ko 17% muri bo batazi gusoma no kwandika, bivuze ko batigeze bagera mu ishuri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), kiratangaza ko amashuri yose ari mu nshingano zacyo, azaba yagejejweho ibikoresho by’ikoranabuhanga ndetse na murandasi (Internet) bitarenze uyu mwaka wa 2026.
Ubutabera nsanasano cyangwa Plea Bargaining mu ndimi z’amahanga, ni ubukorwa hakurikijwe amasezerano y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha, cyangwa ku kwemera icyaha ku bushake ndetse n’uwagikorewe, bityo bikoroshya inzira y’ubutabera, kandi impande zombi zikabyungukiramo.
Imyambarire bamwe babona ko idahwitse ni ikibazo kidakunze kuvugwaho rumwe, kuko hari abasanga uko umuntu yambaye, cyane cyane ab’igitsina gore bambara imyenda migufi cyangwa ibahambiriye, hari abatabibonamo ikibazo, abandi bakabona ari amahano.
Umuraperikazi ukomeye w’Umunyamerika, Amala Ratna Zandile Dlamini, wamamaye mu ruhando rwa muzika nka Doja Cat, aritegura kuza kuririmbira i Kigali ku itariki 17 Werurwe 2026, mu gitaramo gikomeye kizwi nka ‘Move Afica’, kizabera muri BK Arena, akazahava yerekeza muri Afurika y’Epfo.
Intara y’Iburengerazuba igizwe ahanini n’imisozi miremire kandi ihanamye, bigatuma iyo imvura iguye hamanuka amazi menshi ndetse rimwe na rimwe agateza n’inkangu, bityo aho ayo mazi anyura akahateza imyuzure ihitana abantu n’ibintu, ari yo mpamvu y’uyu munshinga watangijwe wo gukumira ibyo byago.
Igihugu cya Gabon kibicishije mu Rwego rukuru rwacyo rushinzwe Itumanaho (HAC), cyahagaritse ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga zose ku butaka bw’iki gihugu mu gihe kitazwi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buraburira abaturage bawo ko hateganyijwe imvura nyinshi y’Itumba, bityo bagasabwa kwirinda kuko ishobora guteza ibiza.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko bwageze ku ntego ikomeye yo kwinjiza Miliyoni 5.06 z’Amadolari ya Amerika, avuye mu bikorwa by’ubukerarugendo, bingana n’izamuka rya 5.4% ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2024.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Ruhango rurimo abacikirije amashuri, abatewe inda zitateganyijwe, abari barishoye mu biyobyabwenge, ndetse n’abakomoka mu miryango ikennye cyane ku buryo byabagoraga kugira icyo bageraho, ubu barishimira ko babonye ubafasha kwiga imyuga bakanahugurirwa kwihangira imirimo, ku buryo bahamya ko aho (…)
Ubwo Adeline Mukayirere yarangizaga Kaminuza mu myaka cumi n’itanu ishize, kubona akazi byamubereye igitangaza; yumvaga ko nta cyaruta gukorera umushahara.
Umwanditsi w’ibitabo akaba n’umushakashatsi, Yolande Mukagasana, asanga ikiyobyabwenge gikuriye ibindi mu Rwanda ari ingengabitekerezo ya Jenoside, kuko iyobya ubwenge bw’umuntu, akava mu byiza yakoreraga Abanyarwanda ahubwo akabica.
Pasiteri Antoine Rutayisire uri mu kiruhuko cy’izabukuru, ahamya ko kubyara atari itegeko ry’Imana, kuko iyo biba ari ko bimeze, uwari kuryubahiriza wa mbere yari kuba Yesu, ariko si ko byagenze kuko atabyaye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba atajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’igihugu gikoresha cyane Igifaransa, ari uko batamutumira.
Umuntu witwaje intwaro yateye ishuri riherereye mu burengerazuba bwa Canada, arasa urufaya rw’amasasu hapfa abantu icyenda (9) naho 27 barakomereka.
Mu bigo ngororamuco bitandukanye biri hirya no hino mu Gihugu, haravugwa ikibazo cy’umubare muto w’inzobere ku buzima bwo mu mutwe, bigatuma abafite iki kibazo batitabwaho uko bikwiye, kikaba ari kimwe mu bituma ibyo bigo bikomeza kubamo abantu benshi.
Ubundi imbuto zinyuranye z’ibirayi zisanzwe zihingwa mu Rwanda kuva kera, umuhinzi iyo yateye bikamera, atangira gutera imiti irwanya indwara zibasira ibirayi, cyane cyane iyo bakunze kwita ‘indwara y’imvura’ cyangwa ‘Mildiou’ mu ndimi z’amahanga, iterwa n’agahumyo kitwa ‘Phytophtora infestans’. Iyo miti abahinzi bayitera (…)
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko mu mwaka ushize wa 2025, rwoherereje Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), amadosiye 46 y’abantu batabashije gusobanura inkomoko y’umutungo wabo, kuko ngo bigize icyaha.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, aributsa Abanyarwanda ko ubutabera ari uburenganzira bwa buri muntu, bityo ko butagurwa, akabasaba kwirinda gutanga ruswa ahubwo bakavuga uwayibatse.
Umukandida w’Umusosiyaliste, Antonio José Seguro w’imyaka 63, yatsinze amatora ya Perezida muri Portugal, ahigitse uwo bari bahanganye ukomeye, André Ventura.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga, kuko ari umufatanyabikorwa wizewe kandi wubahwa.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko Akarere ka Gicumbi kadafite ubukene bukabije ugereranyije n’ikigero buriho ku rwego rw’Igihugu, ariko kakaba kari hejuru mu igwingira, aho riri kuri 40%.
Perezida Paul Kagame asanga Umuryango w’Abibumbye (UN) ntacyo wigeze ugeraho mu myaka umaze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu bijyanye no gukemura ibibazo by’umutekano mucye bimaze igihe kinini mu Burasirazuba bw’iki gihugu.