Abagize Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (EASF), baravuga ko kongerera ubushobozi abashinzwe ubutabazi bwo mu mazi, bizabafasha mu kurokora ubuzima bw’abarohama.
Akarere ka Gasabo kagiye kubaka inyubako nshya kazakoreramo ijyanye n’igihe, ikazatuma servisi batangaga ziba nziza kurushaho kubera ko n’abakozi bazaba bafite ubwinyagamburiro.
Abanyarwanda basaga miliyoni imwe n’ibihumbi 400 bangana na 16% by’Abanyarwanda bose, bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batagira inzu ndetse bakaba barya bigoranye.
Umuryango w’Urubyiruko ruteza imbere Imiyoborere Myiza na Demokarasi (RGPYD), uratangaza ko gutoza urubyiruko imiyoborere myiza birurinda kujya muri politiki y’urwango yoreka igihugu.
Umuyobozi wa Transparancy International Rwanda (TI), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko abaka ruswa akenshi baba bahagarariye Leta, bigatuma bayangisha abaturage.
U Rwanda na Turkey byongeye umubano hagati yabyo bishyira umukono ku masezerano y’imikoranire no koroshya imigenderanire hagati y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko udukiriro tuzafasha Leta kugera ku ntego yiyemeje yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka kuko duha akazi benshi.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho
Abakorera mu gakiriro ka Gahanga barataka igihombo batezwa na bagenzi babo bagikorera aho bari mbere kandi ibyo bacuruza ari bimwe.
U Rwanda rugiye kurwanya ibikoresho binyuranye bigasohora imyuka ihumanye, bigatera ihindagurika ry’ikirere, kuko ari byo nyirabayazana w’ibiza bikomeza kwiyongera.
Umuryango Nyafurika Ushinzwe Ubuziranenge (ARSO) urasaba abatuye isi kudasuzugura imiti gakondo kuko ngo ivura ikanaba ishingiro ry’iya kizungu.
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga muri Afurika (ID4Afrika) bavuga ko iyi ndangabuntu izafasha ibihugu kumenya no gukurikirana abakora ibyaha bagatoroka.
Mu Rwanda hagiye kuba inama mpuzamahanga yo gukangurira ibihugu bya Afurika kwitabira gukoresha indangamuntu zikoranye ikoranabuhanga, kuko hari byinshi yakemura.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iravuga ko ikibazo cy’abana b’inzererezi kigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi kugira ngo gikemuka burundu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) isanga gutoza urubyiruko iby’imiyoborere bakayikurana, byabafasha kuzavamo abayobozi beza b’ahazaza.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Pan Hejun, aratangaza ko igikorwa cyo kwagura Ibitaro bya Masaka icyo gihugu cyemereye u Rwanda nk’inkunga, kizatangira umwaka utaha wa 2017.
Umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Butare, Musenyeri Filipo Rukamba, avuga ko guha imbabazi utazigusabye kubera ko acyinangiye, bituma uruhuka umutima.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko igiye gushora imali mu bwishingizi ihereye ku rwunguko yagize umwaka ushize, abanyamigabane bayo bakomeze kunguka.
Intumwa yihariye y’Ubuyapani mu Muryango w’abibumbye, Amb Seiichi Kondo, avuga ko Umuryango w’Abibumbye utakoze icyo wagombaga gukora mu Rwanda mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho avuga ko u Rwanda nirutangira gukoresha drones (utudege duto), ubutabazi buzajya bugera ku babukeneye byihuse.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko imanza zijyanye n’ihohoterwa rikorerwa igitsina gore zicibwa ariko indishyi ngo ntizigera ku bahohotewe nk’uko byakagombye.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.