Abakozi bo mu ngo bari bamaze imyaka ibiri bahugurwa ku bintu bitandukanye bikenerwa mu buzima, bemeza ko kwizigama ari inzira izabafasha kwiteza imbere.
Abahanga mu by’imiti (Pharmacists) bibumbiye mu ihuriro ryabo bise ‘RCPU’, baritezeho ibisubizo by’ibibazo bahuraga na byo, ngo kuko rizabafasha kungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere ryabo.
Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bagiranye ibiganiro bigamije kureba icyakorwa ngo hongerwe ingufu mu bufatanye basanganywe mu gukumira ibyaha.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), itangaza ko n’ubwo umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) utazamutse muri 2016, ubukungu bw’igihugu buhagaze neza.
Igikorwa cyo gusuzuma abana basa n’aho batarwaye (Medical Checkup) ngo gituma hagaragara uburwayi ababyeyi batabonaga bityo umwana akavurwa atarazahara.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda yiswe Digital Ambassadors, izatuma Abanyarwanda bagerwaho n’ikoranabuhanga biyongeraho miliyoni eshanu.
Imishinga ine ijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu rubyiruko yatsinze irushanwa rya iAccelerator ryateguwe na Imbuto Foundation, yahembwe amadorari ibihumbi icumi, asaga miliyoni umunani buri umwe.
Umuryango wita ku bana, Save The Children, watangije gahunda izatwara Miliyari 2.5Frw, yo kongera imbaraga mu bikorerwa umwana hagamijwe gukomeza kubahiriza uburenganzira bwe.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Ikigo cy’itumanaho, MTN Rwanda ku bufatanye na Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA), cyatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bacyo amafaranga hifashishijwe telefone.
Abakurikirana iby’ubuzima bavuga ko icyorezo cya SIDA kigihari, bagakangurira urubyiruko n’abandi bantu gukomeza gukoresha agakingirizo ngo bayirinde banakumire ubwandu bushya.
Ibihugu bya Afurika birategura uko hajyaho isoko ribihuza kugira ngo ubucuruzi bwabyo bworohe bityo n’u Rwanda rubyungukiremo.
Aborozi b’ingurube babigize umwuga bashyizeho ihuriro bazajya banyuzamo ibitekerezo, kugira ngo ibibazo biri mu kazi kabo bibe byabonerwa ibisubizo.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije (RAPEP), rwiyemeje kuvugurura imikorere yarwo kuko ngo abarugize bakoraga mu buryo budafututse.
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeye muri Nyarugenge kuko abenshi mu bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge bazira ibiyobyabwenge.
Abakangurambaga b’urungano mu kurwanya SIDA bakorana n’Urugaga nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+) bahawe ibikoresho bizabafasha kuzuza inshingano zabo.
Akarere ka Nyarugenge karimo gushaka uko abaturage bo mu ngo 15580 bagituye mu manegeka bayavamo hagamijwe kubarinda ibiza no kurwanya akajagari.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (GMO) rugiye kwagura ibikorwa byarwo kugera ku midugudu ngo bigere kuri benshi.
Umuryango ‘WaterAid’ utangaza ko ugiye gushora Miliyari 6RWf mu bikorwa byo kongera amazi meza mu Karere ka Bugesera.
Abarinzi b’igihango batatu bo mu karere ka Nyarugenge bahawe imidari y’ishimwe kubera ubutwari bagize bahisha abatutsi, bigaragaza urukundo bafitiye abanyarwanda bagenzi babo.
Kuri uyu wa 27 Mutarama 2017, abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu 24 bya Afurika, bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo gishinzwe intego z’iterambere rirambye muri Afurika (SDGC) gifite icyicaro mu Rwanda.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangiye igikorwa cyo gukangurira abakiriya bayo kwitabira gukoresha amakarita y’ikoranabuhanga (Smart cash Card), abarinda kugendana amafaranga menshi.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko iyo urubanza rwaciwe ntihabeho irangizarubanza ku gihe biba bibangamiye uburenganzira bwa muntu.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu mu Biyaga bigari (GLIHD) bwerekanye ko ibisabwa uwifuza gukuramo inda biruhanya bigatuma igihe cyemewe kirenga.
Mu masaha akuze yo ku wa 31 Ukuboza 2016, muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu ibihumbi n’ibihumbi bateze imodoka ariko bakazibona bigoranye.
Ku gicamunsi cyo kuwa Kane tariki ya 29 Ukuboza 2016, Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatwitse ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni zisaga 46 Frw.