Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Uwitwa Jean Marie Vianney Mutabaruka wo mu Karere ka Huye, yapfuye azize kuboneza icyuma yahirishaga ibyatsi mu rusinga rw’amashanyarazi rutabye.
Umuvundo waranze kwinjira muri Sitade Huye abantu bajya kureba imikino ya CHAN watumye hari abicaye ahadatwikiriye kandi bari barishye ahatwikiriye.
Abaturage benshi b’Akarere ka Huye baravuga ko babukereye kugira ngo birebere imbonankubone imikino ya CHAN yabegerejwe.
Bamwe mu baturiye umusozi wa Huye bavuga ko bajya bumva amateka yo mu bisi byawo kwa Nyagakecuru, ariko ngo ntibarajyayo.
Abahabwa amafaranga y’ingoboka b’i Gishamvu mu Karere ka Huye biyemeje kwigomwa 70% buri kwezi none biyubakiye inzu y’ubucuruzi ibinjiriza ibihumbi 250 ku kwezi.
Ubwo abanyehuye batahaga sitade yabo, ariyo Sitade Huye, Club Ibisumizi yaboneyeho gukora gahunda yayo ngarukamwaka yo guteza imbere siporo.
Abanyehuye bavuga ko biteguye kuzareba imikino ya CHAN, ariko ngo bafite n’ubwoba bwo kuzanyagirwa nk’uko byabagendekeye bataha Sitade.
Mu rwego rwo gutaha stade Huye,ikipe ya Ushindi yatsinze abayobozi b’Amajyepfo,naho Mukura itsinda Amagaju y’i Nyamagabe 2-0
Ubwo abanyehuye batahaga Sitade Huye kuri uyu wa 9/1/2016, bamenyeshejwe ko uretse CHAN, n’indi mikino y’amakipe akomeye izakinirwa iwabo.
Tariki 30/12/2015, abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bagejeje ku banyehuye umuziki wihuse(live). Igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, ariko abaje cyarabashimishije.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Béatrice Mukasarambu, umupfakazi w’abana batatu, avuga ko yifuza uwamuha igishoro agashaka imibereho kuko yakeneshejwe no kuvuza umugabo we bikarangira anapfuye.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera ku wa 24 Ukuboza 2015 basuye Club Urumuri y’abana bagizwe imfubyi na Jenoside batuye mu Matyazo, baraganira baranasangira.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) uhugura urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruhuza abafitanye amakimbirane, rukabafasha kuyakemura mu mahoro.
Abari abana mu gihe cya Jenoside bagahungishirizwa i Burundi babifashijwemo na Laurien Ntezimana, tariki 20/12 bahuriye mu ishuri NDPK baramushimira.
Abanyeshuri biga ibijyanye na Mechanical engeneering muri IPRC-South batangiye kwigishwa uko bakora ibyuma bisimbura ibyangiritse mu mamashini, bikagurwa n’ababikeneye.
Nancy Sibo wigisha mu Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi muri IPRC-South, yakoze imishinga ibiri izamuhesha igihembo cy’Umwamikazi w’Ubwongeraza Elisabeth akazagihabwa muri 2016.
Impuguke mu bijyanye n’ibiza kimeza cyangwa ibiterwa n’ibikorwa bya muntu, zisanga imikurire y’imijyi ari intandaro y’imyuzure yugarije u Rwanda.
Mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2015, ahitwa i Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye abantu bane bagwiriwe n’inzu, batatu bahita bapfa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Huye bibumbiye muri koperative ihinga ikawa bahize kuzaba bafite uruganda rutunganya kawa muri 2018.
Serivisi ishinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Huye iratangaza ko imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa 26 Ugushyingo 2015 yashenye amazu 170.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Ubumenyi bw’ikirere mu Rwanda buvuga ko amakuru ikigo gitanga mu bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere atari ibinyoma nk’uko bamwe babikeka.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko abaturage bahora babasaba kubakorera ubuvugizi, abana bakuru bakariha mituweri ku giti cyabo.
Never Again Rwanda yaganirije urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye uburyo bwo kubaka amahoro arambye mu Rwanda.
Abanyeshuri bo buri IPRC-South, tariki 21/11 bashyikirije MituwlLi abatishoboye 50 bo mu tugari twa Matyazo na Kaburemera, Umurenge wa Ngoma.
Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, Philippe Rukamba, yasabye urubyiruko rw’abagatolika kurangwa n’umutima wo gukora ibyiza kuko ubukirisitu nyabwo bujyana n’imyumvire mizima.
Ubushakashatsi bwakozwe na RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko hakiriho serivisi abaturage bo mu Majyepfo bavuga ko badahabwa neza n’ubuyobozi.
Ubwinshi bw’abantu bari baje kureba Tour du Rwanda mu Karere ka Huye, bwatumye hari serivisi zihagarara abandi bataha ntacyo babonye.
Abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuhinzi muri IPRC-South, bikorera umuti urwanya ibyonnyi mu myaka bifashishije ibyatsi biboneka mu Rwanda.