Ubwo mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Huye bibukaga ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa 26 Mata 2015, abafashe ijambo bose bagarutse ku gusaba ababa bazi ahajugunywe imirambo y’ababo bishwe muri Jenoside kuhabarangira kugira ngo babashe kubashyingura mu cyubahiro.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Ishami ryAmajyepfo (IPRC South) ryatoranyijwe kuba ikigo cya Leta gitanga amahugurwa mu ikoranabuhanga ryo kubika amakuru ryitwa Oracle.
Nyuma y’imyaka igera kuri itanu hatangijwe gahunda yo kuvugurura Umujyi wa Butare, hari ibyamaze kugerwaho abawutuye bafata nk’intambwe mu iterambere ry’akarere kabo.
Nyuma y’impanuka yatwitse icyumba cya rimwe mu macumbi y’abakobwa muri Kaminuza y’u Rwanda (UR/CASS), ishami rya Huye, ubuyobozi buratangaza ko bugiye kongera ingamba mu rwego rwo gufasha abanyeshuri kwirinda impanuka nk’iyi.
Ku bufatanye na AEE, Kompanyi “Kiato Afadhal” ikora inkweto irimo guhugura urubyiruko rugera kuri 40 rwiganjemo abakobwa rwo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye, ku gukora inkweto kwigira rubashe kwihangira imirimo rubone imibereho y’ahazaza.
Bamwe bu bakiliya ba Duterimbere IFM Ltd bo mu Karere ka Huye baratangaza ko basanze kuba rwiyemezamirimo bigomba gutandukana no kuba nyir’urugo, bivuze ko iyo umuntu yiyemeje gukora imirimo imubyarira inyungu agomba gutandukanya amafaranga ava muri iyo mirimo n’ayo akoresha mu rugo, kugira ngo abashe kumenya niba yunguka (…)
Nyuma y’aho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, agendereye Akarere ka Huye Tariki ya 12 Mata 2015 akaganira n’abikorera ku cyakorwa kugira ngo barusheho guteza imbere akarere kabo, baravuga ko biteguye kwishyira hamwe bakagera ku bikorwa bibateza imbere ndetse binateza imbere abanyehuye muri rusange.
Ku wa 15 Mata 2015, ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) ryamaze umunsi wose ridafite amazi “kubera kutishyura”.
Umunyeshuri witwa Nowa Nsanzumukiza avuga ko yababajwe n’uko atabashije kugeza ikibazo ahura na cyo mu myigire ye nk’ufite ubumuga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubwo yagendereraga ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, ku cyumweru tariki ya 12 Mata 2015.
Umubyeyi witwa Yuriyana Mukamana utuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Kagari ka Rukira, Umurenge wa Huye, Akarere ka Huye, yasoneye abari bamurimo miliyoni zisaga ebyiri z’imitungo bamwangirije muri Jenoside batabimusabiye imbabazi.
Richard Rwandenzi ufite imyaka 34, utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye asaba abaturage kubwira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi aho imibiri y’ababo iherereye kuko ari byo byabomora imitima, ngo kuko iyo umuntu atarashyingura uwe ahora mu kiriyo (kilio) kidashira.
Charles Cyubahiro ukomoka mu Karere ka Nyaruguru, ahahoze ari muri Kominis Nshiri, Segiteri Gitita, Serire Gahotora, ubu atuye ahitwa mu Matyazo ho mu Karere ka Huye, avuga ko yababaye mu gihe cya jenoside, ariko ngo itotezwa we n’umuryango we bagiriwe mbere yayo ni ryo ryamubabaje kurushaho.
Nyuma y’imyaka ibiri gare yo mu Mujyi wa Butare itangiye kubakwa, ku itariki ya 9 Mata 2015 yatangiye gukoreshwa.
Perezida wa Ibuka (umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi) mu Murenge wa Tumba wo mu Karere ka Huye, Théodat Siboyintore avuga ko kurwanya by’ukuri abapfobya Jenoside ari ukubima amatwi.
N’ubwo Abanyarwanda bamenyereye ko umumaro w’amasaka ari ugushigishwamo igikoma n’ikigage, agatanga imbetezi z’urwagwa ndetse n’umutsima wa rukacarara, ikigo cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyo cyasanze hashobora kuvamo na gato (gateau).
Abaturage bo mu Kagari ka Kabusanza ho mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, bishimira ko kwibumbira muri “Koperative Duharanire Gufumbira” ihinga imyumbati byabagejeje ku bikorwa bibiri binini ari byo kugurirana inka no kwigurira ishyamba rya hegitari.
Abaturage bakoresha iteme rya Rwankuba rihuza Akarere ka Huye n’aka Gisagara barasaba ko ryakubakwa kuko kuba ryarasenyutse bituma ubuhahirane budashoboka muri utu duce twombi.
Bamwe mu baturage batuye mu gishanga cya Rwabuye giherereye mu Kagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Mbazi, Akarere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe n’uburyo mu gihe cy’imvura iki gishanga cyuzura amazi, ku buryo anabasanga mu ngo zabo, nyamara kandi ngo akarere karakomeje kubabwira ko kagiye kuhabimura hakaba ntakirakorwa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye bemeza ko Perezida Paul Kagame akwiye gukomeza kuyobora igihugu, bashinigiye ku ijambo yigeze kuvuga ko nta wuhindura ikipe itsinda bakemeza ko nawe nk’umutoza wayo adakwiye guhinduka.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Kuva aho Kaminuza Gaturika y’u Rwanda (CUR) yafunguriye imiryango, mu mwaka w’2010, ku nshuro ya mbere , kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, yatanze impamyabushobozi ku baharangije magana cyenda n’umwe.
Mu gihe ubuso busigaye bwo guturaho mu Rwanda ngo bungana na 4,4% gusa, Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yemeje ko nta muntu uzongera kubaka adakurikije igishushanyo mbonera igena n’ubuso bw’ikibanza kugira ngo bace ikibazo cy’abantu ku giti cyabo bubaka amazu manini cyane kuko atwara umwanya munini.
Abanyehuye bifuje kugarura inteko y’abasizi nk’uburyo bwo gusigasira amateka y’Abanyarwanda ndetse no kubungabunga ururimi rw’ikinyarwanda.
Mu gihe hasigaye amezi atatu gusa ngo umwaka w’ingengo y’imari 2014-2015 urangire, ibipimo by’ubwitabire mu bwisungane mu kwivuza mu Karere ka Huye biri ku kigero cya 85%, kandi ngo nta n’icyizere ko byazarenga kandi nyamara abadatanga ubwisungane mu kwivuza batungwa agatoki kwambura amavuriro.
Ku bufatanye bw’igihugu cy’Ubuyapani n’Akarere ka Huye, mu isambu ya Gereza ya Karubanda (hafi cyane yagare irikuba kwa mu Mujyi wa Butare, hari kubakwa inzu yagenewe abahinzi n’abanyabukorikori bo mu Karere ka Huye.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, abikorera bo muri aka karere ndetse n’abanyehuye bakorera i Kigali, ku wa 29 Werurwe 2015 hifujwe ko abafite imari bayishora mu bikorwa biteza imbere Akarere ka Huye.
Raporo y’imisoro n’amahoro y’Akarere ka Huye yo kuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu wa 2014, igaragaza koKaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ririmo akarere umwenda w’umusoro ku nyungu z’ubukode ungana na miliyoni 20, ibihumbi 92 n’amafaranga 535.
Lt. Col. Charles Matungo, Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Huye na Gisagara aratangaza ko umuturage wahawe serivisi mbi bigatuma yijujutira ubuyobozi ari we mwanzi ukomeye ubu u Rwanda rufite.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bo mu Mujyi wa Huye no mu nkengero zawo baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bakorerwa mu masaha ya nijoro, bukorwa n’abatwara moto.