Ku musozi wa Huye, bakunze kwita kwa Nyagakecuru, abagore n’abakobwa bafite byinshi byo kuhigira bijyanye n’ubutwari bw’abagore ndetse n’imyitwarire ikwiye.
Abaturage 12 bo umudugudu wa Gatavu, mu Karere ka Kamonyi bamaze imyaka itanu bishyuriye kugezwaho amashanyarazi ariko na n’ubu ntarabageraho.
Nyirampeta Tarisisiya avuga ko n’ubwo ari umumotari, abangamiwe no kuba akora akazi ari uko yatiye moto yo gukoresha.
Abarimu barenga 150 bo muri Huye bahuguwe ku gukora porogaramu za mudasobwa, (code and programming), bavuga ko bizagirira akamaro abanyeshuri.
Abamotari n’Abapolisi bakorera mu mujyi wa Huye bakinnye umupira w’amaguru, mu mukino wa gicuti, urangira Abapolisi batsinzwe bitatu kuri kimwe.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, afunzwe akekwaho kwiba umucuruzi utanga serivisi ya Mobile Money, amafaranga ibihumbi 27 frw.
Umuyobozi w’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye (UR/Huye) avuga ko umunyeshuri uzafatwa yita abatangizi izina ribatesha agaciro azabihanirwa.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Biteganyijwe ko uruganda rutunga ibikomoka kuri avoka, rwo mu Karere ka Huye, ruzaba rukora bitarenze umwaka wa 2019.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bukurikije uko Akarere ka Huye kamaze imyaka kesa imihigo neza,bwifuje kumenya ibanga gakoresha.
Abaturiye agasantere ka Arete mu Murenge wa Kinazi, akarere ka Huye, bavuga ko basigaye bakora n’amasaha y’ijoro kubera amatara rusange.
Abivuriza ku Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, barinubira kurazwa ku gitanda kimwe ari abarwayi babiri hakiyongeraho no gutonda imirongo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kamunuza y’u Rwanda (CHUB), buranyomoza amakuru, avuga ko icyuma gipima imbere mu mubiri (CT Scanner) cy’ibi bitaro kitagikora.
Mu karere ka Huye hagiye gushyirwaho abafasha mu by’ubuzima, bazafashiriza abarwaye indwara zitandura mu ngo zabo, guhera muri 2017.
Uyobora isilamu mu Karere ka Huye yasabye imbabazi ku bw’abayisiramu bagenzi babo bagaragayeho ingengabitekerezo yo koreka imbaga mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko bagenzi babo bagiye bandura Sida byagiye biterwa ahanini n’abantu bakuru babashukisha amafaranga, ariko hakaba n’abagiye bagemurwa na bagenzi babo.
Abarimu bo muri GS. Nyumba baratabariza mugenzi wabo Ferdinand Ndorimana wagize impanuka ikomeye, ubu akaba akeneye arenga miliyoni ngo abashe kwivuza.
Dr. Joseph Mungarurire, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), avuga ko umwaka wa 2018 uzarangira imiti yakorwaga na IRST yasubiye ku isoko.
Nyuma y’imyaka hafi ibiri Club Ibisumizi igaragarije Abanyehuye ko gusura kwa Nyagakecuru mu Bisi bya Huye bishoboka, ba mukerarugendo bakunda kurira imisozi batangiye kuhasura.
Leta ifite icyizere ko umwaka utaha wa 2017 uzarangira umuhinzi umwe muri bane yifashisha ikoranabuhanga mu buhinzi bwe.
Umurambo w’umugabo witwa Seruzamba Jean Pierre wasanzwe mu icumbi rya New Motel Gratia Ltd iherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye.
Uwiringiyimana Dorcella wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, aravuga ko kwiga akuze byamufashije gutangira kwiteza imbere.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiravuga ko guhingisha imashini no kuhira imyaka mu buryo bugezweho bidahenze cyane nk’uko abantu benshi babitekereza.
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Nyaminga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly, yifatanyije na ’Association Mwanukundwa’ maze atangiza ku mugaragaro ikigega kizarihira kaminuza abana batishoboye.
Gervais Biziramwabo wari Visi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yeguye ndetse n’Inteko Rusange ya Njyanama irabimwemerera.
Abatuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko amatara rusange bamaranye amezi agera kuri atatu atuma basigaye bumva batekanye.
Tariki 6/8/2016, mu Murenge wa Huye bijihije isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye bw’Intara ya Castre mu Bufaransa n’Umurenge wa Huye.
Abatuye i Cyarumbo mu Karere ka Huye bahawe ibigega bifata amazi yuhizwa imusozi, none umubare w’abahinga mu mpeshyi wariyongereye.
Nyuma y’umwaka umwe Kampani David&Family itangije ubukerarugendo bwa kawa, abafasha abakerarugendo bavuga ko bwatangiye kumenyerwa kandi bwinjiza amafaranga atari makeya.