Umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare Dr. Saleh Niyonzima, ari mu maboko ya Polisi, naho ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ibi bitaro we yaburiwe irengero.
Abanyeshuri 170 barangije kuri PIASS mu mashami y’uburezi, iterambere n’iyobokamana, kuri uyu wa 30 Nzeri 2015 bahawe impamyabushobozi.
Huye havugwa umwenda Mituweli irimo amavuriro, ibitaro bikuru bya kaminuza bya Butare CHUB byo ngo ibifitiwe umwenda ukabakaba Miliyari imwe n’igice.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 25 Nzeri 2015 ryatashye laboratwari yagenewe ubushakashatsi mu ikoranabuhanga rijyanye n’ibinyabuzima, Biotechnology Complex.
Icyumba cyaberagamo amasengesho mu ishuri rya EAV Kabutare bikanze inkongi y’umuriro bavamo ikivunge bamwe bibaviramo guhungabana.
Abakozi b’bitaro bya Kabutare bageze tariki 21/9/2015 batarabona umushahara w’ukwezi kwa munani kubera imyenda mituweri ibarimo isaga miriyoni 300.
Mu Karere ka Huye imisanzu ya mituweri yashize kare, ku buryo hari n’ibigo nderabuzima byayamaze mu gihe cy’amezi 6 gusa.
Abagize inteko ishinga amategeko barakangurira ibigo bitandukanye byo muri Huye bihuriraho abantu benshi gushyira isuku mu mihigo kandi bagaharanira kuyesa.
Abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye baravuga ko umwanya wa mbere akarere kabo kabonye mu mihigo batazawuvaho.
Abatuye ahitwa ku Itaba mu Mujyi wa Butare, kuri uyu wa 29 Kanama 2015 bamurikiye Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye imihanda bitunganyirije.
USAID Ejo Heza iributsa abaturage ba Tumba na Mukura mu Karere ka Huye ko amashereka ya nyuma ari yo agira intungamubiri nyinshi ku bana.
Kuri uyu wa 26 Kanama 2015, umukecuru Kamaraba w’i Maraba yatemwe n’umugabo yari abereye mukase, naho i Rwaniro utumva ntanavuge yicisha ishoka abagore babiri.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2016 za Sacco zizatangira kwifashisha ikoranabuhanga, abanyamuryango babashe guherwa serivisi muri sacco bagezeho yose.
Abagize umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biga muri za Kaminuza, biga mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye, baremeye incike za Jenoside ihene.
Senateri Marie Claire Mukasine atarangaza ko u leta iteganya kugira Umuganura umunsi mukuru ndengamipaka, ukazajya unakurura ba mukerarugendo, nk’uko yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye mu kuwizihiza.
Mu kwizihiza umuganura abaturage b’i Simbi ho mu Karere ka Huye bamuritse ibyo bagezeho, bamwe bagabirwa inka muri gahunda ya Girinka, abandi na bo bitura bagenzi babo inka bahawe mu bihe byashize na bo muri gahunda ya Girinka.
Abenshi mu bakozi bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, n’abakora muri IPRC-South, bagaragaje ko bifuza ko perezida w’u Rwanda atakongera kugira inzitizi ya manda, ahubwo amatora akazajya aba ariyo agenda niba akwiye gukomeza kuyobora.
Kimwe mu byo abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bo mu Mirenge ya Kinazi, Ruhashya na Rwaniro bishimira Perezida Paul Kagame yabagejejeho, ni gahunda y’uburezi bw’ibanze by’imaka 12 na bo bakaboneraho kubona akazi.
Mu biganiro abarimu bo mu mashuri makuru aherereye mu Karere ka Huye bagiranye n’Intumwa za Rubanda tariki ya 28 Nyakanga 2015, umwe muri bo yagaragaje ko Perezida Paul Kagame yita ku bakene cyane, akaba we amugereranya n’umwami Mibambwe Gisanura, bahimbye irya Rugabishabirenge.
Umugore witwa Beata Kangabe utuye mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, yishimira ko atagitinya kugera aho abandi bantu bari, kuko na we asigaye asa neza abikesha ubuyobozi bwiza bwa Perezida Paul Kagame.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, bavuga ko ntacyo banganya Perezida Paul Kagame ku bw’ibikorwa bifatika, cyane cyane bijyanye n’imibereho myiza, yabagejejeho.
Bamwe mu bamotari bo mu turere twa Huye na Gisagara baravuga ko hagati yabo harimo amakimbirane aturuka ku mikoranire idasobanutse.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi IGP Emannuel Gasana arasaba abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bo mu turere twa Huye na Gisagara, guharanira umutekano, buri wese aba ijisho rya mugenzi we, bakumira ibyaha bitaraba, banatangira amakuru ku gihe kandi vuba.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, mu Mujyi wa Butare, hafungiwe abagabo batandatu bakekwaho guhangika abantu babagurisha amayero (amafaranga akoreshwa muri bihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Iburayi) y’amakorano abandi bita ibiwani.
Gahunda yo kwiga imyuga ku buntu hagamijwe ko abantu babona ubumenyi bwo guhanga imirimo mishya ari benshi yatangijwe mu bigo byigisha imyuga, mu Karere ka Huye yitabiriwe n’abatari bakeya biganjemo abarangije amashuri yisumbuye bitegura kujya muri kaminuza.
Abatuye ku Gasantere ka Rugogwe gaherereye mu Murenge wa Ruhashya, Akarere ka Huye, bavuga ko itunganywa ry’umuhanda Rugarama-Kigoma, unyura muri ako gasantere, ryatumye bava mu bwigunge, ndetse n’ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu ku binyabiziga bikagabanuka.
Abamotari bo mu Karere ka Huye bibumbiye muri Cooperative Intambwe Motard (CIM), kuri uyu wa 8 Nyakanga 2015 bamurikiye Christine Mukabutera inzu ye bamusaniye yari igiye kumugwaho.
Ubwo mu Murenge wa Ngoma ho mu Karere ka Huye bizihizaga isabukuru y’imyaka 21 u Rwanda rumaze rubohowe, Jeanne Izabiriza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo, na we utuye muri uyu murenge, yavuze ko nta wabona amagambo yo gushimira Inkotanyi zabohoye u Rwanda.
Ishyirahamwe Duhozanye rihuza ababyeyi bapfakajwe na Jenoside, risanzwe rikorera mu Karere ka Gisagara, bagabiye abapfakazi wa Jenoside bo mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi bibumbiye muri koperative Abihanganye, kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga 2015.
Abarundi baba mu mujyi wa Butare bavuga ko batagiye kuba mu nkambi nk’abandi Barundi bose bahunze kuko babonaga abana babo batashobora ubuzima bwo mu nkambi. Na none ariko, bifuza guhabwa ibyangombwa by’ubuhunzi, bakabasha kwivuza ndetse n’abana babo bakabasha kwiga.