Abahinzi bahagarariye abandi mu makoperative bigishijwe ibijyanye no kuhira imyaka muri IPRC-South, bavuga ko ubumenyi bahakuye batabukoresha ku bw’amikoro make.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abagoronome guhagurukira ikibazo cy’abana bagwingira kigacika burundu.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yihanije abagoronome n’abaveterineri barya ruswa bakavangavanga gahunda Leta iba yageneye abaturage.
Abamotari bo mu Karere ka Huye baravuga ko mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 22 rwibohoye, na bo ngo batsinze ubukene babikesha kwibumbira mu makoperative.
Madamu Jeannete Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango “Unity Club Intwararumuri”, kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Nyakanga 2016, yashyikirije icumbi abakecuru 16 bo mu Karere ka Huye, bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abari abakozi b’amakomine yahujwe akaba Akarere ka Huye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bishwe mbere kugira ngo batabangamira umugambi wa Jenoside.
Umuryango IBUKA uvuga ko hakwiye kubaho ikigega mpuzamahanga cyabafasha gukora ibikorwa biteza imbere imiryango y’abishwe muri Jenoside.
Abanyeshuri batorewe guhagararira abandi mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC South) barasabwa kuzamura umubare w’abanyeshuri bitabira gahunda z’ishuri.
Abari abakozi b’ibitaro bya Kabutare by’Akarere ka Huye batahigwaga, ntibatanga amakuru ku byo bazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahari.
Rwabidadi Aimable washinjwaga kunyereza mazutu yagombaga gucanira sitade ya Huye mu marushanwa ya CHAN, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Huye.
Jeannette Caroline Nduwamariya, umugore wo mu kigero cy’imyaka nka 40 yinjiza amamiliyoni buri kwezi akomora ku gitekerezo yakuwe mu kwigisha abandi kwikura mu bukene.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko abakifitemo ingengabitekerezo ya Jenoside bihemukira kuko bajyana umutima wabo ahabi.
Ubuyobozi bw’Ishuri Rikuru ryigisha Ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC South), buravuga ko amakuru kuri Jenoside muri iki kigo akomeje kuba urujijo.
Abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko ubushakashashatsi bwari bukwiye kwitabwaho n’abafata ibyemezo cyangwa baherekeza Abaturarwanda mu iterambere.
Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare (CHUB) byatanze inka ku miryango 25 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye b’i Ruhashya mu Karere ka Huye, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.
Séraphine Mukandanga w’imyaka 80 yongeye kuryama mu nzu yubakiwe ayita iye bwite, nyuma y’imyaka 20 yabaga mu yo yatijwe.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, yasezeranyije Abanyehuye kubaka urwibutso rw’amateka ya Jenoside y’ahitwaga Perefegitura ya Butare.
Uwitwa Ancilla Mukamparaye yatitirije umuturanyi we Monika Mukaminega amusaba imbabazi ku bw’ibyaha by’umugabo we yamukoreye muri Jenoside, atuza ari uko amubabariye.
Hon. Depite Innocent Kayitare asaba abahagarariye Ibuka gukurikiranira hafi iby’abafungiye icyaha cya Jenoside bandika basubirishamo imanza, ngo hato batazagirwa abere habuze ubashinja.
Abakora muri RAB bashimira Edouard Burimwinyundo utuye i Musasu, kuba yarahishe akanafasha benshi bahigwaga mu gihe cya Jenoside nyamara yari umuzamu.
Umuyobozi wa Ibuka ku rwego rw’igihugu, Prof Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko no kutita ku bibazo by’abacitse ku icumu kw’abayobozi bikwiye gufatwa nk’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Visi perezidante wa Sena, Hon. Fatou Harerimana avuga ko kutagaragaza ahashyizwe imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ari ingengabitekerezo ya Jenoside.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 20 Mata 2016, umuryango w’Abaramba bo mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye nib wo wabashije gushyingura bwa mbere mu cyubahiro ababo bazize Jenoside.
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Huye barasaba ko ahitwa Akagarama mu Kagari ka Muyogoro, hiciwe abagore n’abana 326 mu gihe cya jenoside, hashyirwa ikimenyetso.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo kugaragaza abagize uburiganya mu kunyereza inka 1201 zari zigenewe abatishoboye; kugira ngo bahanwe by’intangarugero.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo barasabwa kwegera abaturage bakabakemurira ibibazo bakirinda kwikorera amarira n’imivumo yabo.
Abayobozi b’utugari dukora ku ishyamba ry’Ibisi bya Huye mu Karere ka Huye barasabwa guhagurukira abaturage baryangiza.
Abagore bo muri Huye barasabwa kugira umuco usanzwe uranga Abanyarwanda wo gufashanya, bakegera birushijeho abarokotse Jenoside mu gihe cyo kwibuka.
Mu cyanya cy’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda y’i Huye, hatewe ibiti Abanyarwanda bo hambere bifashishaga mu kuvura indwara zimwe na zimwe.