Abakora muri RAB bashimira Edouard Burimwinyundo utuye i Musasu, kuba yarahishe akanafasha benshi bahigwaga mu gihe cya Jenoside nyamara yari umuzamu.
Umuyobozi wa Ibuka ku rwego rw’igihugu, Prof Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko no kutita ku bibazo by’abacitse ku icumu kw’abayobozi bikwiye gufatwa nk’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Visi perezidante wa Sena, Hon. Fatou Harerimana avuga ko kutagaragaza ahashyizwe imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ari ingengabitekerezo ya Jenoside.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 20 Mata 2016, umuryango w’Abaramba bo mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye nib wo wabashije gushyingura bwa mbere mu cyubahiro ababo bazize Jenoside.
Abakora isuku mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) barinubira ko bamaze amezi atatu n’igice badahembwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Huye barasaba ko ahitwa Akagarama mu Kagari ka Muyogoro, hiciwe abagore n’abana 326 mu gihe cya jenoside, hashyirwa ikimenyetso.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo kugaragaza abagize uburiganya mu kunyereza inka 1201 zari zigenewe abatishoboye; kugira ngo bahanwe by’intangarugero.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo barasabwa kwegera abaturage bakabakemurira ibibazo bakirinda kwikorera amarira n’imivumo yabo.
Abayobozi b’utugari dukora ku ishyamba ry’Ibisi bya Huye mu Karere ka Huye barasabwa guhagurukira abaturage baryangiza.
Abagore bo muri Huye barasabwa kugira umuco usanzwe uranga Abanyarwanda wo gufashanya, bakegera birushijeho abarokotse Jenoside mu gihe cyo kwibuka.
Mu cyanya cy’Ingoro y’Umurage w’u Rwanda y’i Huye, hatewe ibiti Abanyarwanda bo hambere bifashishaga mu kuvura indwara zimwe na zimwe.
Abanyafurika barasabwa kubakira ku mitekerereze ya “Kinyafurika” kugira ngo babashe kugera ku iterambere nyaryo ribabereye aho guhora bashingira ibitekerezo ku by’abazungu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 31 Werurwe 2016, umucungagereza wa Gereza ya Karubanda mu Karere ka Huye yarashe umugororwa ngo washakaga kumwambura imbunda.
Umuryango w’Abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) wyiyemeje guhugura abanyamuryango bawo barangiza kwiga bakabura akazi.
Abakozi bakorera kuri kontaro muri kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko bategereje imishahara y’ukwezi kwa Gashyantare ariko amaso yaheze mu kirere.
Huye ni kamwe mu turere umunani tugize Intara y’amajyepfo. Gafite ubuso ubuso bwa kirometero kare 581,5 kakagira Imirenge 14, utugari77 n’imidugudu 509.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza muri Kaminuza Gatorika y’u Rwanda ishami rya Huye na Gisagara barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe.
Abagore 32 bibumbiye muri “Koperative Ingoro Ihuje Ababyeyi” bo mu Karere ka Huye, biyemeje kubumba amatafari mu buryo bw’umwuga, birabatunga.
Abashinzwe ubuhinzi (Agoronome) mu mirenge y’Akarere ka Huye basabwe umusanzu mu kongera ubukangurambaga bwo kwitabira ubwisungane mu kwivuza.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Huye bavuga ko hari ababyeyi bagihisha inda batwite, bikagorana kwita ku buzima bw’umwana n’ubwabo.
Itorero Indangamuco rya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rigiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rimaze ryimakaza umuco nyarwanda mu mbyino n’indirimbo gakondo.
Koperative ibyiza biri imbere yo muri Ndora, ikora imbabura za cana rumwe irasaba gufashwa kumenyekanisha ibyo ikora ikabona isoko
Abatuye mu mirenge ya Maraba na Simbi muri Huye, barataka inzara bavuga ko batewe n’igihembwe cy’ihinga gishize kitabaye cyiza, bakarumbya.
Ubuyobozi w’Akarere ka Huye buvuga ko itumba ryo muri Mata 2016 rizasanga abatishoboye icyenda bahoze batuye mu Rwabuye mu mazu bwabubakiye.
Abatuye Umudugudu wa Murama mu Karere ka Huye, baratabaza nyuma y’uko umutekamutwe abariganyije miliyoni 3,3Frw ababeshya ko azabazanira amashanyarazi.
Kangabe Melena utuye mu Mudugudu wa Rutovu ho mu Kagari ka Shanga i Maraba y’Akarere ka Huye, yize gusoma no kwandika ku myaka 68 y’amavuko.
Hagamijwe kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wahoze ayobora ishuri GSOB, muri iri shuri habaye imikino ya Volleyball kuva tariki 13-14 Gashyantare 2016.
Abiganjemo abagore batuye mu Mudugudu wa Magonde mu Kagari ka Rukira mu Murenge wa Huye w’Akarere ka Huye bafite ibibazo mu ngo, ntibishimiye ugutorwa kwa Jacqueline Mukeshimana.
Imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi “Impala Express” yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, ku mugoroba wa tariki 6/02/2016, yagonze ikamyo y’inya-Tanzaniya iyiturutse inyuma, ku bw’amahirwe nta wagize icyo aba.
Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwakatiye Rwabidadi Aimable ushinjwa kunyereza mazutu yagombaga gucanira Stade Huye mu mikino ya CHAN, gufungwa by’agateganyo iminsi 30, uwo baregwa hamwe arafungurwa.