Mukura na Ushindi zatsinze imikino yo gutaha Stade Huye

Mu rwego rwo gutaha stade Huye,ikipe ya Ushindi yatsinze abayobozi b’Amajyepfo,naho Mukura itsinda Amagaju y’i Nyamagabe 2-0

Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 9 Mutarama 2016,kuri Stade Huye habereye umuhango wo gutaha iyi Stade igomba kwakira imikino ya CHAN 2016,umuhango waranzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro ndetse n’imikino ya gicuti ibiri.

Nyuma y’ibikorwa bya siporo bitandukanye byabanje mu karere ka Huye,haje kuba umukino wahuje Ikipe ya Ushindi Gospel FC ikiniri i Huye, n’ikipe y’abayobozi bo mu ntara y’Amajyepfo,uyu mukino warangiye Ushindi itsinze ikipe y’abayobozi ibitego 2 kuri 1.

Ikipe y'abayobozi b'amajyepfo yari iyobowe na Guverineri Munyantwari Alphonse
Ikipe y’abayobozi b’amajyepfo yari iyobowe na Guverineri Munyantwari Alphonse
Mu mvura nyinshi,ariko ntibyabujije umukino kuba
Mu mvura nyinshi,ariko ntibyabujije umukino kuba
Mayor wa Huye Kayiranga Muzuka Eugene niwe wari umutoza w'abayobozi b'Amajyepfo
Mayor wa Huye Kayiranga Muzuka Eugene niwe wari umutoza w’abayobozi b’Amajyepfo
Ikipe y'abayobozi b'amajyepfo
Ikipe y’abayobozi b’amajyepfo
Ikipe ya Ushindi
Ikipe ya Ushindi

Umukino wa kabiri wahuje Amagaju FC na Mukura VS, umukino warangiye Mukura VS itsinze ibitego 2 ku busa bw’Amagaju,ibitego byatsinzwe na Ndayishimiye Christophe ndetse na Ngama Emmanuel bose bakomoka mu gihugu cy’u Burundi,ndetse Mukura iza guhita inahabwa igikombe.

Mukura yatsinze Amagaju 2-0
Mukura yatsinze Amagaju 2-0
Stade Huye izajya yakira abafana ibihumbi icumi
Stade Huye izajya yakira abafana ibihumbi icumi
Ikibaho cyandikwaho ibitego cyarateguwe
Ikibaho cyandikwaho ibitego cyarateguwe

Iyi stade ya Huye yatashywe kuri uyu wa gatandatu izaba yakira imikino y’itsinda rya kabiri rizaba rigizwe na Republika iharanira demokarasi ya Congo,Angola,Cameroun na Ethiopia.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

stade ya huye iri ku rwego rwo hejuru.nice look kabsa

charles yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka