Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Urubyiruko n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, batangiye kubakira Ruzigamanzi Deo warwanye urugamba rwo kubohora igihugu.
Mukamusoni Julienne utuye i Mbazi mu Karere ka Huye, avuga ko atumvaga akamaro k’umuganda mbere y’uko abwirwa ko uzamwubakira inzu yizeye kuzataha mbere y’umuhindo.
Mahoro Emmanuella ushinzwe isanamitima n’ubwiyunge mu itorero ADEPR avuga ko Abakirisito batamaganye ikibi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko batatojwe kuba Abakirisito nyabo.
KABEGA MUSAH na ROGERS SIRWOMU bakomoka Uganda nibo begukanye isiganwa ry’amamodoka (Huye Rally) ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu karere ka Huye na Gisagara
Mu mikino yo kwibuka Nyakwigendera Alphonse Rutsindura ufatwa nk’imwe mu nkingi z’umukino wa volleyball mu Rwanda, REG mu bagabo na APR y’abagore ni zo zegukanye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 16.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, avuga ko ibigo by’amashuri gaturika byose bikwiye kugira umukozi utega amatwi abana.
Uwamariya Veneranda ni we watorewe kuyobora Akarere ka Huye mu gihe cy’agatenyo, nyuma y’uko Kayiranga Muzuka Eugene n’abamwungirije baterewe icyizere.
Abari baturiye ibitaro bya Kabutare kimwe n’abahahungiye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ibi bitaro byiciwemo Abatutsi benshi.
Inama njyanama y’Akarere ka Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Gicurasi 2018, yateranye inenga imikorere ya Komite nyobozi y’Akarere, iyitakariza icyizere, inafata icyemezo cyo kuyihagarika ku kazi.
Ubuyobozi bwa IPRC-Huye buvuga ko n’ubwo bivugwa muri iri shuri ryahoze ari iry’aba sous-officiers (ESO) hiciwe abatutsi benshi, nta mubiri barahabona.
Mu Ntara y’Amajyepfo harabarurwa impanuka 250 zahitanye abantu barenga 50,zinakomeretsa abagera 180,kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2018.
Urubyiruko rwibukijwe ko amahirwe rwagize yo kuvuka igihugu cyaraciwemo amacakubiri, rutagomba kuyapfusha ubusa ngo rube rwasubiza igihugu aho cyahoze.
Perezida wa Ibuka Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, yibaza ukuntu abarokotse bo mu Karere ka Huye baziyubaka, mu gihe n’ibyo bemerewe n’ubuyobozi bitabageraho.
Abanyarwanda bahunze mu myaka y’i 1959 kubera kumeneshwa mu gihugu cyabo, bibaza uko hari abakingingirwa gutahuka mu gihe bo n’uwahirahiraga bakamufata yabiziraga.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko ibiciro bihanitse by’amashanyarazi n’inyungu nini amabanki asaba biri mu bibangamira ishoramari mu Rwanda.
Batatu batuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi, Colonel Bahizi Théodomir yabahaye amashashi y’ihene ahaka kubera kumenya intwaro ikomeye u Rwanda rufite.
Hagati ya Mata na Nyakanga buri mwaka ni igihe ibigo n’abantu ki giti cyabo baba bahugiye mu bikorwa byo gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mata 2018, mu Karere ka Huye, yakubise abantu batatu ihitanamo umwe.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.
Bamwe mu Batutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside iyo bagwaga mu maboko y’Inkotanyi bameraga nk’abasazi kubera kutiyumvisha ko hari uwabarokora.
Dr Sendegeya Augustin uyobora ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, avuga ko bibabaje kuba abaganga barahiriye kwita ku magara y’abantu baravuyemo abicanyi.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu IBUKA uratangaza ko uri hafi gutangira gukoresha ibizami byo kureba uturemangingo tw’imibiri yabonywe kugira ngo hemezwe uwishwe.
Abenshi mu babyeyi b’iki gihe, bakunze kwinubira ko urubyiruko rw’ubu rudakozwa umurimo, rwumva ko rwakwicara rukagaburirwa rutakoze.
Assiel Muhayimana ukomomka i Kinazi mu Karere ka Huye akora ibikoresho birimo ingorofani n’amasuka yifashishije imashini yikoreye, kandi ngo yiteguye kuzahanga imirimo 50.
Abakobwa bataha mu macumbi ari munsi ya katedarali ya Butare bahangayikishijwe n’abajura bahadutse basigaye babambura amasakoshi n’amatelefone, nimugoroba batashye.
Umuryango Imbuto Foundation usaba urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda kwitabira gahunda yo kwiga kuvuga no kugaragaza ubumenyi bwabo mu ruhame.
Abanyamuryango ba AERG ishami rya Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye UR Huye, ubwo bizihizaga isabukuru y’Imyaka 21 uyu muryango umaze ushinzwe, batangaje ko hari urwego bamaze kugeraho mu nzira yo kwigirira akamaro batiringiye akazi ka Leta.
Amakuru aturuka mu ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) riri mu Mujyi wa Huye avuga ko inkongi y’umuriro yibasiye icyumba kimwe cy’inyubako nshya y’iryo shuri, ibyari birimo birakongoka.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.