Gerardine Mukandanga w’i Rukira mu Karere ka Huye yibarutse abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu umwe ariko nta bushobozi afite bwo kubarera.
Dr. Jean Damascène Bizimana, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) avuga ko guhora binginga abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ngo bavuge aho bashyize imibiri y’abo bishe bikwiye guhagarara.
Muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, hasigaye hari resitora eshatu zagenewe abanyeshuri, zikorerwamo na rwiyemezamirimo umwe, ariko ibiciro si bimwe.
Amakuru aturuka muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye (UR-Huye) avuga ko bamwe mu bakozi bakora muri resitora igaburira abanyeshuri batawe muri yombi.
Abanyeshuri batanu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, bari mu bitaro bikuru bya kaminuza (CHUB)kubera kuruka no gucibwamo.
Josette Mukambabazi umwunzi wo mu murenge wa Mbazi muri Huye ahamya ko igare yahawe rizamufasha gukora siporo ari nako atunganya imirimo ashinzwe.
Mu gutangiza Army week, mu Murenge wa Huye bashije banacukura umusingi w’ahazubakwa ivuriro (poste de santé) mu Kagari ka Nyakagezi.
Babiri muri ba bana bane bavutse batagejeje igihe bitabye Imana; nkuko amakuru aturuka mu bitaro bya Kaminuza i Butare (CHUB) abisobanura.
Nyiraminani Epiphanie wo murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yabyaye impanga z’abana bane bamubaze, abahungu batatu n’umukobwa umwe.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) itangaza ko imikorere y’umuganda igiye kuvugururwa hagamijwe ko wajya ugera ku bikorwa bifatika bifitiye abaturage akamaro.
Muhoza Janvière utuye i Tumba ho mu Karere ka Huye yabyaye abana babiri bafite ubumuga bw’uruhu bituma urugo rwe rusenyuka, agwa mu bukene.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Huye bakoze inzira y’umusaraba, bakina bigana uko byagenze mu gihe cya Yezu Kristu.
Iki cyifuzo cyagaragarijwe mu Murenge wa Rwaniro ho mu karere ka Huye, ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na kaminuza rweretswe uburyo Afurika yava mu gisa n’ubukoroni, ikigira idategereje ibiva hanze yayo.
Kaminuza Gatulika y’u Rwanda (CUR) itangaza ko yakomorewe kwigisha ibijyanye n’ubumenyi bwa Laboratwari (Biomedical Laboratoy Science) nyuma y’imyaka itatu yari ishize bihagaritswe.
Abakomoka mu Karere ka Huye n’abayobozi batandukanye bavuga ko hari amahirwe menshi yo guteza imbere Huye, icyo bakwiye ari ukuyabyaza umusaruro.
Ku wa Kane tariki ya 23 Werurwe 2017, Ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro riherereye mu Majyepfo IPRC SOUTH, ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 468 basoje amasomo y’imyaka itatu muri iri shuri.
Donatha Kankindi urangije amasomo muri IPRC South, yatunguwe no guhembwa kuzajya kwiga mu Budage nk’umukobwa wagize amanota meza kurusha abandi muri IPRC-South.
Abanyamuryango b’ikipe y’umukino w’amagare mu Karere ka Huye (CCA) baratangaza ko igiye gutangira kwitabira amarushanwa yo mu Rwanda na mpuzamahanga.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya Lycée de Rusatira baratangaza ko banezerewe kubera ko ikigo cyabo cyahawe mudasobwa zizabafasha kwiga neza ikoranabuhanga.
Itorero Ndangamuco ry’Igihugu, URUKEREREZA, ritaramiye Abanyehuye ku nshuro ya mbere mu gitaramo cyiswe “Imihigo y’Intore”.
Nyirangirinshuti Claudine wo mu Karere ka Gisagara, abantu bataramenyekana bamutekeye umutwe bamutwara asaga Miliyoni 2.5RWf bamusigira amakayi ya musana.
Abaririmbyi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman bataramiye Abanye-Huye ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho, Airtel.
Amakuru aturuka muri Polisi y’Igihugu aravuga ko Koperative Isange SACCO y’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Huye ishobora kuba yibwe n’abakozi bayikoramo.
Ikigo cy’igihugu cyo kwita ku bidukikije REMA kiravuga ko umuturage akwiye kongererwa ubushobozi bwo kwibeshaho neza,kuko bituma abungabu ibidukikije.
Babiri bakekwaho gusiga amazirantoki ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu w’Akamabuye, Akagari ka Nyakibanda mu Murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye,bari mu maboko y’abashinzwe umutekano.
Abamotari bibumbiye muri Koperative Intambwe Motari (CIM) ikorera i Huye, baremeye Christine Mukabutera, umupfakazi wa Jenoside yakorewe abatutsi, bamugabira inka y’imbyeyi n’inyana yayo.
Abafite amagorofa yagenewe ubucuruzi i Huye bifuza ko abantu bacururiza ahataragenewe ubucuruzi bahava, kugira ngo babone ibyashara by’ubukode, ariko bo bakavuga ko bihenze.
Nyuma y’imyaka itandatu amazu y’ubucuruzi y’ahitwa mu Cyarabu i Huye afunzwe ngo hubakwe amagorofa, ba nyirayo batangiye kuyasenya ngo hubakwe.
Abacuruza amata ku modoka zitwara abagenzi, bakorera ahitwa kuri Arete (Arrêté), i Kinazi muri Huye ku muhanda Kigali-Huye, bahawe impuzankano hagamijwe guca akajagari.