Mu gihe hasigaye gusa icyumweru kimwe ngo hizihizwe yubire y’imyaka 75 rimaze rikinguye imiryango, ubuyobozi bw’ishuri Groupe Scolaire Sainte Bernadette buratangaza ko imyiteguro igeze kure kandi ko ibyishimo by’uyu munsi bizaba ukwifatanya n’abarirerewemo.
Ku bw’inama n’inyigisho bahawe na komite ishinzwe kurwanya ihohoterwa, abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara bari babanye mu makimbirane, ubu ngo babanye neza ariyo babikesha.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora y’abadepite mu kwezi kwa cyenda, abatuye akarere ka Gisagara batangaza ko bameze gusobanukirwa n’agahunda y’ayo matora bakaba bategereje ko itariki igera ngo bajye gutora.
Mu nama yahuje abakozi bo muri MINAGRI na bamwe mu bakozi b’akarere ka Gisagara tariki 12/07/2013, bamenyeshejwe ko icuruzwa ry’amafumbire ryeguriwe ba Rwiyemezamirimo kugira ngo abayikoresha bajye bishyura mbere yo kuyikoresha.
Abakozi bubaka ahazajya hakorerwa imyuga n’ubukorikori (Agakiriro) mu murenge wa Huye,akarere ka Gisagara, barinubira itinda ry’imishahara yabo, ndetse naho iziye bagahembwa ibice ntibayahabwe yose.
Ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuri rwa Gikonko Catholique mu karere ka Gisagara burakangurira ababyeyi gutanga amafaranga basabwa ntibumve ko nta faranga na rimwe batanga bitwaje ko mu burezi bw’ibanze abana bigira ubuntu.
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 19 rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Gisagara barishimira uburyo itangazamakuru ryabegerejwe, aho kubegereza amaradiyo radio hafi yabo byakemuye ibibazo byinshi kandi n’imyumvire igahinduka.
Mu muhango wo kwibuka abari abakozi b’ayahoze ari amakomine yahujwe akaba Akarere ka Gisagara n’abari abakozi b’iyahoze ari Superefegitura ya Gisagara, umuyobozi w’ako karere yashishikarije abarokotse Jenoside gukomeza guharanira kubaho neza.
Intore zo mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara zirashimwa ibikorwa zakoze mu gihe cy’urugerero, ariko zigasaba ko ubutaha ikibazo cy’ibikoresho zahuye nazo cyazakosorwa.
Iyo ingengo y’imali idakoreshejwe ibyo yateganirijwe bigira ingaruka ku iterambere ry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange; nk’uko byatangarijwe mu karere ka Gisagara mu muhango wo kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 20213-2014.
Bamwe mu bavuzi gakomndo bo mu karere ka Gisagara baravuga ko igituma badatera imbere ari ukuba badafite ubushobozi buhagije ngo nabo babashe gukora imiti myinshi ikoranye ubuhanga, bakaba bifuza ko nabo bajya baterwa inkunga nk’andi makoperative akora ibikorwa binyuranye.
Mu gihe tukiri mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, abatuye akagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi barasabwa kumva ko inzoga zizwi nka nyirantare ari ikiyobyabwenge cyangiza ubuzima bityo bakakirwanya bafatanya na Polisi kugaragaza abazenga n’ababicuruza.
Kuko byagaragaye ko umubare w’abagore bitabira kubitsa no gusaba inguzanyo mu bigo by’imari mu karere ka Gisagara ukiri hasi, abagore barasabwa kwitinyuka nabo bakamenya gukora imishinga ibateza imbere maze bakanatinyuka bakegera ibi bigo by’imari bikabaguriza bikanabazigamira.
Abanyeshuri biga muri kaminuza Gaturika y’u Rwanda iri i Save mu karere ka Gisagara baratangaza ko bagifite ikibazo cy’amacumbi adahagije, bakaba bifuza ko hakubakwa andi bityo ahari akareka guhenda.
Rwinturo Benoît w’imyaka 67 utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara yashimiwe kuba yarahize abandi banyamuryango gukoresha konti ye kuko bigaragara ko yinjiye akanasohoka muri banki inshuro 102.
Nyuma y’uko umugabo witwa Gihana Yohani ukomoka mu murenge wa Mugombwa akarere ka Gisagara yiyahuye anyweye umuti witwa simikombe agapfa, ubuyobozi bw’uyu murenge buratangaza ko nta mpamvu yo kwiyahura bukanahamagarira abayurage kubwiyambaza igihe bafite ibibazo.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Cheik Musa Fadhil Harerimana, arasaba abaturage bigishijwe gusoma, kwandika no kubara mu karere ka Gisagara kutihererana ubwo bumenyi kandi bukanababera intangiriro yo kwiteza imbere.
Nyuma yo gukangurirwa gukumira no kurwanya inkongi z’imiriro aho zigaragara ubu ahenshi mu karere ka Gisagara, nta bikoresho bihari byakwifashishwa mu gihe izo nkongi z’ imiriro zaba zibonetse.
Niyogakiza Aphrodise uyobora umudugudu w’Akagarama mu kagari ka Muyira mu murenge wa Kibilizi ho mu karere ka Gisagara yahembwe igare kubera ko yabaye indashyikirwa mu bikorwa biteza imbere abaturage harimo no kuba yarinjije abanyamuryango benshi muri Sacco mu gihembwe gishize.
Inzego za Polisi mu karere ka Gisagara zahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge kuko biri mu bikurura umutekano muke cyane ko abanyarugomo bafatwa bagaragarwaho no kuba babinyweye.
Kubera ubwicanyi bwaranze akarere ka Gisgara mu minsi ishize bukozwe n’abagore, abategarugori bo mu itsinda ryitwa IJWI RY’IBYIRINGIRO ryo mu karere ka Muhanga baherekejwe n’umuyobozi w’akarere kabo basuye akarere ka Gisagara basengera imiryango ibanye nabi n’akarere muri rusange.
Abagenerwabikorwa b’ubumuryango BENIMPUHWE bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara baratangaza ko nyuma y’imyaka itatu bakorana n’uyu muryango wabafashije muri byinshi birimo no kuboroza inka, bateye imbere kandi bakungua n’imibanire myiza hagati yabo bivuye ku korozanya.
Umukecuru witwa Anne Marie Ndoricyimpa w’imyaka 63, wari utuye umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, mu ijoro rya tariki 03/05/2013, yishwe n’abagizi banabi kugeza ubu bataramenyekana.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’abakozi tariki 01/05/2013, mu karere ka Gisagara batashye ibikorwa by’iterambere binyuranye abaturage bo mu murenge wa Mamba bagezeho ndetse abakozi b’akarere baremera abatishoboye 109 bafungurizwa konti mu SACCO yabo.
Abanyarwanda 13 bahungiye i Burundi bari mu Rwanda muri gahunda yiswe ngwino urebe mu rwego rwo kureba uko igihugu gihagaze bityo nibasubirayo bageze kuri bagenzi babo 256 babana mu nkambi ukuri kw’ibintu bityo babe bafata umwanzuro wo gutahuka.
Kuba akarere ka Gisagara karahagurukiye kurwanya isuri hacukurwa imirwanyasuri n’ibyobo bifata amazi byagahesheje kuko kaje ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu kurwanya isuri.
Ubwo yifatanyaga n’abandi kunamira inzirakarengane zazize Jenoside mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, Minisitiri ushinzwe ingufu n’amazi, Isumbingabo Emma Franҫoise, yanahamagariye abagize uruhare muri Jenoside guhinduka bagaharanira kwifatanya n’Abanyarwanda bose kubaka igihugu kizima.
Nikuze Cancilde w’imyaka 36 ukomoka mu Mudugudu wa Gicaca Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi Akarere ka Gisagara ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugabo we Murwanashyaka Evariste bakundaga kwita Cyaramye.
hatangiye gutekerezwa uko inkunga z’ingoboka zari zisanzwe zigenerwa abakene bo mu ntara y’Amajyepfo zabyazwamo imishinga izabaviramo inyungu yo kubafasha ku buryo burambye, uburyo bwaba buje bwunganira indi mishinga y’iterambere ikorwa muri iyi ntara.
Abanyarwanda bakwiye kumenya imvano ya Jenoside, bagasubiza amaso inyuma bakareba ibibi yakoze bikabafasha kuyikumira; nk’uko byasobanuwe na Minisitiri Sheikh Moussa Fazil Harerimana, ubwo yasuraga umurenge wa Save mu karere ka Gisagara akabaganirira ku mateka ya Jenoside.