Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Gishubi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko bishimira kuba bajya mu bandi bakungurana ibitecyerezo byo kwiteza imbere, kuko kera bitashobokaga kuko nta mugore wari ufite ijambo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara bavuga ko batishoboye ariko ubufasha bwo kubakirwa bukaba bwaratinze kubageraho mu gihe ahandi mu Rwanda hagenda hagaragara ibikorwa byo kubakira abatishoboye, barasaba ko bwakwihutishwa kuko babayeho nabi.
Abaturage bahawe akazi mu kubaka ibyumba by’amashuri n’amacumbi y’abarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Cyumba mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, barasaba kwishyurwa amafaranga bakoreye kuko bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Abanyamuryango ba koperative COATB Gisagara, y’abakora umurimo wo kubaka, baravuga ko bagenda basobanukirwa n’akamaro ko kuba hamwe, aho babona ko bizabazamura mu ntera ndetse n’ibikorwa byabo bikarushaho kumenyekana.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara bagiye gufasha kwigisha gahunda ya «Ndi umunyarwanda» mu bandi baturage.
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte aratangaza ko kurinda umwana imirire mibi nta kiguzi gihambaye bisaba, akaba ariyo mpamvu yiyemeje gufasha abana bafite iki kibazo bo mu Murenge wa Kibirizi atuyemo.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gikore, baratangaza ko kuva bubakiwe inzu yakira ababyeyi bajya kubyara ntawe ukibyarira mu rugo.
Abatuye Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumenya uburyo bakoresha mu guhangana n’indwara ya Malariya ikunze kuhaba kubera guturira ibishanga.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara ruravuga ko kwiga imyuga rukaba rwaranatangiye kuyibyaza umusaruro biruha kwizera ko ejo harwo hazaba heza kurushaho.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bakibangamiwe n’uburyo bwo gukora ingendo ndende n’ubwikorezi hagati y’umujyi wa Huye n’akarere kabo kuko nta modoka zitwara abagenzi zihari.
Bamwe mu bakecuru basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe abatutsi bo mu Murenge wa Kibirizi ho mu Karere ka Gisagara bafashwa n’umuryango Duhozanye, barashima ko uyu muryango wabafashije kuva mu bwigunge bari basigiwe nayo.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara batari barageze mu ishuri nyuma bakajya kwiga gusoma, kubara no kwandika, bahamya ko bamaze gutera imbere babikesha ubumenyi bakuye mu masomero.
Bamwe mu rubyiruko rukorera mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ahubatse inkambi y’impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo baravuga ko inkambi atari ikibazo ahubwo ari igisubizo kuko yabafashije guhanga imirimo bagatera imbere.
Abatuye umurenge wa Muganza bibumbiye mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge, baratangaza ko bishimira aho bageze mu bwiyunge, bakifuza ko Umunyarwanda wese yagera aho bageze.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko batazemerera umuntu uwo ariwe wese uzashaka kubinjizamo ibitekerezo bibasubiza inyuma mu mibanire, mu bumwe n’ubwiyunge ndetse n’iterambere.
Sindikubwabo Théogene, wo mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara, nyuma y’iimyaka 8 aba mu mujyi wa Kigali akahigira uko bakora injugu, ubu ngo uyu mwuga umaze kumuteza imbere aho yasubiriye iwabo.
Rutebuka Yohani utuye umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, aratangaza ko nyuma y’igihe malaria yararembeje urugo rwe ubu hashize imyaka itatu ihacitse kubera kurara mu nzitiramubu.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara mu baravuga ko bamaze kubona ibyiza byo gutura ku mudugudu mu gihe bahatujwe babyangira.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara bibumbiye mu ishyirahamwe ryitwa Bizenga ryorora amafi, baratangaza ko ubu bworozi bwabo bumaze gusubira inyuma bitewe n’ikibazo cy’amikoro make, bagasaba kwegerwa bagafashwa kuzamuka.
Abatuye umurenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara barashima ikigo nderabuzima begerejwe, bagasaba ko serivisi yo kwita ku babyeyi babyara itaragera muri iki kigo nderebuzima yakwihutishwa kuhagera kuko ababyeyi bakivunika bakora urugendo.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara biteze umusaruro mwiza bitewe n’ingamba bafashe zo kuruvugurura.
Ibikorwa bya VUP (Vision 2020 umurenge program) mu murenge wa Kigembe, mu karere ka Gisagara bimaze kuzamura abahatuye, bivuye ku nyigisho bagiye bahabwa zijyanye no kuzigama nk’uko babyivugira.
Abagore bo mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barashima umugoroba w’ababyeyi bagiye bigiramo gutegura amafunguro afite intungamubiri, abari barwaje bwaki ikaba imaze kwibagirana.
Nyuma yo gusenyerwa amazu n’imvura, abatuye umurenge wa Musha ho mu karere ka Gisagara bahuye n’iki kiza barasaba ko bafashwa kubona aho batura n’ ibyo kurya kuko ibyo bari bafite mu mazu byangiritse.
Abatuye mu Mudugudu wa Zihari, Akagari ka Muyira, Umurenge wa Kibirizi mu Karere ka Gisagara, barashima ko batangiye kugerwaho n’ibikorwa bigamije kugira Zihari Umudugudu w’ikitegererezo, ibikorwa bihuriweho n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara mu iterambere (JADF).
Abatuye akarere ka Gisagara ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko kuva aho abunzi batangiriye gukora, ubuzima bwabo bugenda buhinduka, amakimbirane akaba make, no gusiragira mu buyobozi bikagabanuka abantu bakoresha umwanya wabo biteza imbere.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo yishyuriye abanyeshuri 100 amafaranga y’amafunguro y’umwaka wose wa 2015, itanga n’ibikoresho birimo amakaramu, imipira yo gukina n’udukapu two gutwarwamo amakayi.
Abaturage bafashwa n’umushinga Compassion international ukorera mu murenge wa Save, mu karere ka Gisagara, bavuga ko wabavanye kure kandi ko bigishijwe kubyaza umusaruro ibyo bahabwa bityo bakaba batasubira inyuma n’iyo umushinga wahagarara.
Bamwe mu batuye akarere ka Gisagara baratangaza ko kugira ngo ihohoterwa rikorerwa abana b’abakobwa ricike burundu hakenewe uruhare rw’ababyeyi, ariko kandi n’urubyiruko rw’abahungu ruvuga ko rufite inshingano zo kurwanya ihohoterwa rikorerwa bashiki babo bitabira kurigaragaza mu buyobozi igihe ribonetse.
Abayobozi b’imidugudu n’utugari bo mu karere ka Gisagara baratangaza ko imihigo basinyana n’ubuyobozi bw’imirenge yabo ibaha imbaraga, maze bakabasha kugera kuri byinshi baba biyemeje.