Abanyeshuri biga mu kaminuza Gatorika bifuza ko hakubakwa amacumbi ahagije

Abanyeshuri biga muri kaminuza Gaturika y’u Rwanda iri i Save mu karere ka Gisagara baratangaza ko bagifite ikibazo cy’amacumbi adahagije, bakaba bifuza ko hakubakwa andi bityo ahari akareka guhenda.

Iki kibazo ngo kiba gikomeye cyane cyane ku banyeshuri b’abatangizi bakigera muri aka gace ka Save kuko baba batamenyereye kandi nta n’amacumbi iyi kaminuza igenera abahungu nk’uko twabitangarijwe na bamwe mubo twavuganye.

Parfait Rutinya wiga mu mwaka wa kabiri mu ishami rya public health and nutrition avuga ko nubwo amacumbi yo hafi ya kaminuza aboneka usanga agenda azamura ibiciro kuko ataraba menshi.

Arasaba kaminuza ko yakongera amacumbi kuko usanga muri kaminuza haboneka amacumbi y’abakobwa gusa, ndetse n’abikorera bakongera amacumbi hafi ya kaminuza bityo ibiciro bikaba byamanuka.

Ikibazo cy'amacumbi kigirwa cyane n'abahungu bagitangira.
Ikibazo cy’amacumbi kigirwa cyane n’abahungu bagitangira.

Alexis Muhire uhagarariye abandi banyenshuri muri iyi kaminuza avuga ko nubwo kaminuza itaragira amacumbi ahagije abanyeshuri bayo bose iki kibazo kitabakomereye cyane kuko banafitanye ubufatanye n’ibigo by’abihaye Imana ndetse n’abikorera bafite amazu hafi ya kaminuza bemeye kuzajya bibafasha mu gucumbikira abanyeshuri, ariko kandi no muri kaminuza gahunda yo gukomeza kwagura inyubako irahari.

Umwe mu bafite amazu bakodesha muri aka gace kegereye kaminuza witwa Ildephonse we avuga ko amacumbi batayahenda kuko usanga inzu ifite icyumba na salon iba ihagaze ku bihumbi 20 naho inzu y’icyumba kimwe ikaba ihagaze hagati y’ibihumbi 13 na 15.

Ku kibazo cy’ubucye bw’amacumbi avuga ko we agifite gahunda yo kongera amazu ye ariko ko agihura n’inzitizi zimwe na zimwe zirimo ibikoresho.

Clarisse Umuhire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Muravuga amacumbi.uzi ko umuhanda ujya kuri iyo kaminuza utuma umuntu asiba ishuli kubera ibyondo cyangwa ivumbi.hagombye ubufatanye bw’akarere na kaminuza.

Alphonse yanditse ku itariki ya: 10-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka