Abaturage barema isoko rya Nyaruteja mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, barasaba ko ubwiherero bw’isoko ryabo bwajya bukorwa mo isuku ihagije byaba ngombwa bakishyuzwa uko babugiyemo ariko ntibabure aho bajya kwiherera nk’uko bibagendekera.
Abaturage bo mu murange wa Kansi mu karere ka Gisagara, baratangaza ko guhuza ubutaka bahinga ibigori bizabafasha kongera ubukungu bwabo, ndetse bamwe batanga ubuhamya bw’ibyo bagezeho nyuma yo gukora ubuhinzi bwa kijyambere.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara ruvuga ko kwibumbira mu matsinda yitwa ay’ubwiyunge n’iterambere biri mu bibafasha kurwanya ibiyobyabwenge, kurwanya inda zititeguwe ku bakobwa batarashaka no kurwanya amakimbirane ashingiye ku moko.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe ingufu buratanga icyizere ko imirimo yo gutunganya nyiramugengeri iri gukorerwa mu gishanga cy’Akanyaru mu murenge wa Mamba ho mu karere ka Gisagara izatanga inyungu ku Banyarwanda bose muri rusange.
Ubwo muri paruwasi ya Gisagara hizihizwaga yubile y’imyaka 100 musenyeri Raphael Sekamonyo amaze avutse, abihayimana batandukanye bagiye bagaruka ku bikorwa byiza byamuranze ndetse bahamagarira buri Munyarwanda kwigana ibi bikorwa.
Abaturage b’umurenge wa Mugombwa ahamaze amezi 9 hashyizwe inkambi y’impunzi z’Abanyekongo, barasabwa kongera umusaruro w’ubuhinzi kugirango babashe guhaza isoko bungutse.
Abanyeshuri b’abakobwa bo mu rwunge rw’amashuri rwa Gasagara mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara bibumbiye mu matsinda yo kwizigama, barahamya ko bituma badata amashuri ku mpamvu zo kubura ubushobozi.
Bamwe mu batuye santere ya Rwanza mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, hamwe mu hazaba hagize umujyi wa Gisagara barishimira ibikorwa bari kugeraho ndetse bakanizera kuzakuza imikorere yabo bivuye ku kwaguka kwa santere yabo.
Umushumba wa Diocese Gatolika ya Butare na Gikongoro, Musenyeri Phillipe Rukamba, arasaba ababyeyi kuganira no kuba hafi y’abana babo kuko iyo bataganirijwe ariho bahura n’ibishuko binyuranye bishobora no kubangiriza ubuzima.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara bishimiye ibyiciro bishya by’ubudehe kuko bizeye ko bizatuma buri muturage ashyirwa mu cyiciro kimukwiriye hagendewe ku makuru nyayo ajyanye n’uko umuturage yishoboye.
Abaturage bo mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara, baratangaza ko nyuma y’imyaka myinshi bakora ibirometero byinshi bajya kwivuza, ubu bubakiwe ivuriro mu murenge wabo rikaba ribafasha kwivuriza ku gihe kandi neza batavunitse.
Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye na minisiteri y’ubuzima n’iy’ubuhinzi n’ubworozi, yatangije icyumweru cyo gukangurira abaturage konsa neza mu karere ka Gisagara, ubuyobozi bw’aka karere nabwo bukibutsa abagabo ko nabo barebwa n’imirire y’umwana.
Abatuye mu mirenge ya Mukindo na Mugombwa ho mu karere ka Gisagara, baravuga ko bahangayikishijwe n’udusimba twaje dutunguranye tukibasira ibiti by’inturusu bikaba biri kuma, ku buryo bavuga ko nihatagira igikorwa amashyamba azashiraho.
Mu rwego rwo guhashya malariya ikunze kugaragara mu murenge wa Gishubi ho mu karere ka Gisagara ahanini iterwa n’imibu iva mu bishanga byegereye uyu murenge hashyizweho gahunda yo gupima abantu bose bagize umuryango w’umuntu uba wagaragaweho n’indwara ya malariya.
Abanyeshuri bo mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 bo mu karere ka Gisagara, baratangaza ko gahunda yo kubagaburira ku ishuri n’ubwo ari nziza ikigaragaramo ibibazo, aho bitoroshye kuri bose kubona amafaranga batumwa kugirango babashe kurya bitewe n’uko n’ubusanzwe aya mashuri yigamo abana benshi baturuka mu (…)
Abaturage 223 b’ahitwa Muganza mu karere ka Gisagara bari bamaze igihe mu cyiciro cy’abahabwa inkunga y’ingoboka batishoboye ubu bamaze kwiyuzuriza inyubako y’ubucuruzi ifite agaciro ka miliyoni 26, babicyesheje kuba barazigamye kuri iyo nkunga bahabwaga buri kwezi.
Abatuye umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bakora ubworozi bw’inkoko za kijyambere bafite imbogamizi muri uyu murimo kubera ikibazo cyo kutagira amashanyarazi kandi izi nkoko zisaba gucanirwa, ndetse zimwe zikaba zibapfana iyo zitaramenyera ubu buzima.
Abakozi bubatse inzu y’ubucuruzi y’abahabwa inkunga y’ingoboka (VUP) mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba barakoze ntibahembwa bakavuga ko birimo kubagiraho ingaruka zitandukanye zirimo ubukene no kutabasha gutanga ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera, aho basigaye bakemurirwa ibibazo badasiragijwe cyangwa ngo hakore ikimenyane na ruswa.
Nyuma y’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 ariko Abanyarwanda bakaba badaheranwa n’agahinda bakabasha kwishakamo ibisubizo by’ibibazo bafite ni amahirwe n’ubutwari bukomeye bafite, atuma bakomeje kugira igihugu cyihuta mu iterambere.
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Abagize matsinda “Ejo Heza” mu karere ka Gisagara, afashwa na Global Communities ibinyujije mu mushinga wayo USAID Ejo Heza, ku bufatanye na AEE ndetse n’akarere ka Gisagara, baratangaza ko aho bageze mu iterambere ntawe ugitegera amaboko abandi, ko bihaza.
Ubuhunzi ntabwo ari iherezo ry’ubuzima, ariko kandi nta byiza by’ubuhunzi, ari nayo mpamvu u Rwanda rukora ibishoboka byose ngo rufashe impunzi zirurimo.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yongeye guhamagarira abahinzi kwitabira guhinga mu mibande n’ibishanga muri iki gihe cy’izuba, kandi bagakoresha amafumbire mva ruganda n’imborera mu rwego rwo kongera umusaruro.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko gahunda yo gutura ku mudugudu yabahinduriye ubuzima kuko babasha kugera ku byo batabonaga bagituye mu mibande ariko kandi bagasaba ko amashanyarazi yabagezwaho vuba.
Abana b’abanyeshuri bo mu karere ka Gisagara bavuga ko ibicumbi by’indangagiciro byanditseho amagambo agaragaza indangaciro na kirazira bibibutsa inshingano zo gukunda igihugu bakiga bafite intego z’icyo bazaba cyo kandi kibafasha kubaka igihugu.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abatanga amaraso mu rwego rw’igihugu mu karere ka Gisagara kuri uyu wa 14/06/2014, insanganyamatsiko yagiraga iti “Gutanga amaraso ni ugutanga ubuzima” Abanyarwanda bakaba basabwa kwitabira iki gikorwa kuko mu gihugu ubwitabire ngo bukiri ku kigero cyo hasi.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batari bafite amacumbi ubu bakaba bari kubakirwa, baratangaza ko ibi ari ibibereka ko igihugu cy’u Rwanda cyita ku baturage bacyo ntawe gisize inyuma, bagashima ubuyobozi bwiza butuma ibyo byose bishoboka.
Mu cyumweru cyitiriwe ibikorwa by’ingabo (Army Week), mu karere ka Gisagara ingabo zifatanyije n’abaturage ziri kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari batarabona amacumbi kugera n’ubu.
Abasore n’inkumi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko kugirango bagere ku iterambere bitaboroheye kubera ko nta masambu bagira cyangwa indi mitungo ishobora gufatwaho ingwate igihe basaba inguzanyo zabafasha kwizamura kandi aricyo amabanki abasaba.