Mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya bw’agakoko gatera Sida,bamwe mu baturage batishoboye bo mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagara,bavuga ko bari kuzamura urwego rw’imibereho yabo binyuze mu kworora no guhingira hamwe ngo kuko ubukene ari imwe mu mitego igwisha abantu mu ngeso zikwirakwiza ubu ubwandu.
Abunzi bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bakunze guhura n’imbogamizi y’itumanaho hagati yabo igihe bafite guhura, ndetse bikanabagora kugera hamwe na hamwe mu ho baba bagomba gukemura ibibazo, bagasaba ko ubuyobozi bwabafasha kugirango akazi kabo kanoge.
Agasozi ka Sabanegwa gaherereye mu gishanga cy’Akanyaru mu karere ka Gisagara aho u Rwanda ruhurira n’u Burundi; hakaba hashize igihe Abanyarwanda bemeza ko ari akabo Abarundi nabo bakavuga ko ari akabo nk’uko abahaturiye babivuga.
Nyuma y’aho baganiriye n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imali biciririrtse mu Rwanda (AMIR), abayobozi ba SACCO mu karere ka Gisagara bavuga ko kwishyira hamwe n’ibindi bigo by’imari bisanzwe biba muri iri ishyirahamwe bizafasha za sacco kubona umuti w’ibibazo zihura nabyo.
Urubyiruko rurakangurirwa kwitabira ibikorwa biruteza imbere kugira ngo intego Abanyarwanda bihaye yo kwigira no kwihesha agaciro narwo ruyigire iyarwo kuko bitashoboka ko umuntu yakwihesha agaciro mu gihe agiteze amakiriro ku bandi.
Kuri stasiyo ya Polisi ya Gisagara, hafungiwe abasore bane bakekwaho gucuruza no gukoresha amafaranga y’amahimbano, bakavuga ko bayahabwa n’umugabo witwa Ngiruwonsanga Felix uzwi ku izina rya Rukara, aho bamuha amafaranga mazima akabaha amafaranga y’amakorano akubye kabiri ayo baba bamuhaye.
Abatuye umurenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara baremeranywa n’umuryango International Alert ukunze kubafasha mu bikorwa bigamije ubumwe n’ubwiyunge, ko uwafashe ibiyobyabwenge ataba agishoboye kumvikana n’abo babana ndetse ko nta n’iterambere yageraho.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi i Mugombwa ho mu karere ka Gisagara, hagarutswe ku kibazo cy’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi muri ako karere kuko abenshi bamaze kugera mu zabukuru, bakaba badafite n’ababitaho.
Ivuriro ryari rimaze imyaka isaga itatu ryubakwa mu murenge wa Kigembe ho mu karere ka Gisagara, ubu noneho riri mu nzira zo gufungura imiryango, bikazafasha abaturage b’uyu murenge bavuga ko bakoraga ingendo ndende bajya kwivuza.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara kuwa kane tariki 10/04/2014, umuyobozi w’intara y’amajyepfo Alphonse Munyantwali, yasobanuye ko ibyo igihugu cy’u Rwanda cyagezeho muri iyi myaka 20 ishize Jenoside yakorewe abatutsi ibaye ni byinshi ndetse abaturage bakaba barabigizemo uruhare runini.
Nyuma y’umwaka umwe gahunda ya Tunga TV itangirijwe mu murenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, abaturage baravuga ko ubu bamaze kuva mu bwigunge, kubera gukurikirana amakuru atandukanye ku nyakiramashusho bahawe, ariko kandi bagasaba gufashwa kujya basobanurirwa ibiganiro bimwe na bimwe biri mu ndimi z’amahanga.
Gahunda ya Ndi umunyarwanda izongera ireme ry’uburezi n’uburere mu banyeshuri n’abaturage nk’uko bitangazwa n’abarezi n’abayobozi b’ibigo byo mu murenge wa Gishubi bayihuguweho mbere yo gutangira ibiruhuko by’igihembwe cya mbere.
Abatuye n’abakorera ibikorwa bitandukanye mu ducentre dukikije inkambi y’impunzi z’abanyekongo iherereye mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko aho izi mpunzi zihaziye babona hari impinduka nyinshi kuko hari ibikorwa bitahabaga ubu bihaboneka.
Abaturage bo mu murenge wa Gikonko ho mu Karere ka Gisagara, cyane cyane bagizwe n’urubyiruko basanga kuba bakomeje kwegerezwa ikoranabuhanga rya internet ku buntu, ari urugendo rugana ku iterambere rihamye, ariko bakifuza ko iri koranabuhanga ryanabegera kurushaho cyane cyane mu tugari twabo.
Mu rwego rwo gukusanya amakuru no gukemura ibibazo by’abaturage ku buryo bwihuse, akarere ka Gisagara kashyizeho uburyo bw’ikoranabuhanga bwitwa e-kayi, bugakoreshwa hatangwa amakuru kuva mu nzego zo hasi kugera ku karere ndetse n’umuturage akabasha kureba imyanzuro ku kibazo cye.
Abaturage b’abahinzi bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara barashimwa uko bitabira uburyo bwo guhinga bahuje ubutaka, kandi bakaba barabashije no guhashya indwara ya kirabiranya mu rutoki yari yarashegeshe uyu murenge wa Kansi.
Abaturage bo mu gasantere ka Duwani mu kagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi ho mu karere ka Gisagara bavuga kutagira umuriro w’amashanyarazi bidindiza iterambere ryabo, kandi bakaba bafite ikibazo cy’uko badahabwa umuriro nyamara bamaze imyaka ine bishyuye amafaranga bawubagezeho.
Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame arasaba abagore kuba umusemburo w’iterambere, bakorera hamwe, barushaho gukora imishinga minini, bagamije kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gisagara, barashima gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bavuga ko yatumye bahindura imyumvire, ndetse bagahamya ko iyi gahunda buri wese nayishyira mu bikorwa u Rwanda ruzarushaho kuba rwiza.
Impunzi z’Abanyecongo 350 ziturutse mu nkambi ya Nkamira zimaze kugezwa mu nkambi ya Mugombwa ho mu karere ka Gisagara aho zigomba gutuzwa, ubuyobozi bw’akarere bukaba buzizeza ko igihe cyose hazakenerwa ubufasha bw’akarere, kazabafasha.
kigaragaza imiyoborere myiza. Ngo bigishijwe akamaro ko kubana abantu bafitanye isezerano maze ababanaga badasezeranye babasha gusezerana none byamaze umwiryane wo mu ngo.
Imiryango 186 yakuwe muri "Ntuye nabi" no muri Nyakatsi , bakubakirwa umudugudu ahitwa Zihari mu kagali ka Muyira, mu murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, batangirwa kubakirwa uturima tw’ igikoni n’abafatanyabikorwa b’aka karere mu rwego rwo kurwanya imirire mibi.
Abaturage bo mu murenge wa Mukindo ho mu karere ka Gisagara baheruka kwangirizwa imyaka n’imvura y’amahindu yaguye kuwa kabiri w’icyumweru cyashize, barasezeranywa ko bazahabwa imbuto izabafasha kongera guhinga ibyangiritse ndetse bagakorerwa n’ubuvugizi aho bibaye ngombwa.
Abatuye akarere ka Gisagara bahamya ko bimwe mu byatuma bagera ku butwali harimo kuba umwe mbere na mbere, bagafashanya, bagakundana bakazamurana nta vangura, kandi ibi byose ngo bazabitozwa na gahunda ya ‘Ndi umunyarwanda’.
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’akarere ka Gisagara kwakira urumuri rw’icyizere rutazima, Depite Spèciose Mukandutiye yavuze ko buri Munyarwanda natwara uru rumuri mu mutima we umwijima wazanywe na Jenoside yo muri mata 1994 uzimuka hagahora umucyo.
Abakenera isakaro ry’amategura mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amategura , kuko mu murenge wose ugizwe n’utugari 4 hakora koperative imwe, bigatuma igiciro cy’amategura gikomeza kuzamuka.
Abaturage bo mu gasantere ka Bukorota mu kagari ka Mbogo mu murenge wa Gikonko ho mu karere ka Gisagara bavuga ko ikibazo cy’amazi muri aka kagari ari ingorabahizi, ubuyobozi bwo bugahamya ko amazi yahageze ahubwo ko haje kubaho ikibazo cy’amatiyo yangirikiye mu butaka ariko nabyo ngo bikaba biri gukosorwa.
Intore zo mu murenge wa kibirizi ho mu karere ka Gisagara zifatanyije n’abaturage batangije ibikorwa by’urugerero, bafasha abana b’impfubyi zirera gukorera insina baterewe n’umushinga Zoe Ministries hagamijwe imibereho myiza, izi ntore zikanasaba ko hakomeza kubaho ubufatanye kugirango ibyo zigamije bizagerweho.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara barishimira uburyo bagenda bafashwa kwikura mu bucyene, ariko ngo baracyafite inzitizi mu rwego rw’uburezi n’ubuzima bagasaba ko zavaho.
Umukobwa witwa Uwitonze Tereza w’imyaka 19 yibarutse abana batatu ku itariki ya 7/12/2013. Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare ari naho yabyariye ntiburamusezerera kuko butizeye uko aba bana bazabaho.