Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.
Mu murenge wa Mugombwa ho mu karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro imilimo yo kubaka inkambi igenewe kwakira impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo izarangira mu kwezi kwa mbere.
Nyuma y’uko yumvise neza gahunda ya ‘Ndi umunyarwanda’ umukobwa witwa Nyirabenda Jeanne wo mu karere ka Gisagara yafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi mugenzi we BampireJeanne kuko ngo yamwangaga cyane yarananiwe kumwakira abitewe no kuba umubyeyi w’uyu Bampire yarishe abo mu muryango wa Nyabenda muri Jenoside yakorewe (…)
Urubyiruko ruri mu itorero mu karere ka Gisagara rurahamagarirwa gufata iya mbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda atazongera kandi hanaranduke ibitekerezo bibi yaba yarasize muri bamwe.
Ubwo yatangizaga itorero ry’igihugu ku banyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Gisagara, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana, yatangaje ko itorero ari amahirwe menshi ku barijyamo kuko higirwa inzira y’ubuzima bw’Umunyarwanda nyawe bityo bakaba bakwiye kubyaza umusaruro inyigisho barihererwamo.
Minisitiri w’umutekano, Mussa Fazil Harerimana, arahamagarira abatuye akarere ka Gisagara kwitabira inyigisho ziri muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” zikabafasha kubana no kubabarirana maze amateka mabi yaranze u Rwanda akibagirana bakaba umwe.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Itsinda rigizwe na bamwe mu bashinzwe ikoranabuhanga mu buhinzi hano mu Rwanda, basuye akarere ka Gisagara banatangaza ko intera igihugu kigezeho haba mu ikoranabuhanga ku buhinzi cyangwa mu iterambere muri rusange ari nziza.
Abagabo bo mu Rwanda barakangurirwa kwikuramo ko abagore ari imashini zikora imirimo yose ikenewe mu rugo, ahubwo bakazirikana ko hakwiye ubufatanye muri byose ndetse n’abagore nabo bagaharanira uburenganzira bwabo bibutsa abagabo ubwo bufatanye kuko byagaragaye henshi ko bakora imirimo myinshi kandi ntihabwe agaciro.
Umurambo wa Jeanne Mukantegano wari utuye mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, wabonetse kuri uyu wakane mu nzu yabanagamo na bene wabo ariko uwo munsi yari yayirayemo wenyine.
Abanyarwanda 159 bamaze kugera mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cy’Uburundi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda bakibamo ku buryo butemewe n’amategeko.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Urubyiruko rufashwa kwiga ubumenyi ngiro mu myuga itandukanye ikorerwa mu turere twa Huye na Gisagara, ruratangaza ko ibyo rwungukira mu bumenyi bahabwa n’ababigisha, bubafasha kugira icyizere cyo gutera imbere.
Abandi Banyarwanda 28 bagejejwe mu karere ka Gisagara nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya bavuga ko bahirukanywe nabi bakubitwa mu gihe bari bizeye ko bagiye gusonerwa bakagumana n’imiryango yabo iri muri iki gihugu birukanywemo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara buratangaza ko umutekano ku byambu abantu bambukiraho bajya cyangwa bava i Burundi ucunzwe neza kuko hakorera amakoperative arimo n’abashinzwe umutekano agenzura uru rujya n’uruza..
Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’ abaturage (PSD) ryiyemereye abatuye akarere ka Gisagara gushyiraho ikigega gifasha abahinzi n’ aborozi.
Abaturage bo mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara baratangaza ko mu matora y’Abadepite yegereje bazatora abakandida bari ku rutonde rwa FPR Inkotanyi ku gipimo cya 100%
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Nzeri 2013 mu Murenge wa Save habaye igikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite ba FPR Inkotanyi, aho hagaragaye imbaga y’abaturage benshi batangaga ubuhamya bw’ibyo uyu muryango wabagejejeho.
Kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kongera ibikorwa remezo birimo amazi n’amashanyarazi ngo ni byo bishyizwe imbere n’umuryango RPF-Inkotanyi; nk’uko abakandida bawo babitangaje ubwo biyamamazaga mu murenge wa Ndora mu karere ka Gisagara.
Umushinga “STRIVE FOUNDATION-RWANDA” ukora ibikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubahiriza uburinganire watangiye ibikorwa byawo mu Karere ka Gisagara.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara bateguye imurikabikorwa rigamije kwereka abatuye ako karere bimwe mu bikorerwa iwabo kandi bifitiye akamaro abaturage, ndetse bikaba byaranagaragaye ko bamwe muri aba baturage hari ibyo batari bazi ko bikorerwa iwabo.
Mukabaziga Dativa w’imyaka 60 wari utuye mu murenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara nyuma y’iminsi itatu ataboneka, abaturanyi bamubonye mu nzu yarishwe, mukeba we bari baturanye batumvikana akaba yemera icyaha cyo kuba yaramwicishije atanze amafaranga ibihumbi 30.
Abaturage bibumbiye mu rugaga rw’abikorera mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, bakoze umuhango wo gusinyana n’ubuyobozi bw’umurenge umuhigo w’umwaka wa 2013/2014. Amasezerano agamije kwerekana ko bifatanyije mu kwesa imihigo kuko ibafasha kwiteza imbere nta n’umwe usigaye.
Abanyarwanda 96 bakomoka mu karere ka Gisagara batahutse bava muri Tanzaniya baratangaza ko bababajwe cyane no kuba ntacyo babashije gukura mu mitungo bari bafite yo kuko batari kubasha kubyikorera kandi bakaba baranabujiwe kubigurisha n’abo muri iki gihugu.
Icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa munani ni icyumweru cyahariwe konsa ku isi hose. Impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko umwana wese agomba konswa nibura amezi atandatu nta kindi avangiwe.
Mu rwego rwo gufasha abaturage kuzamura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, abakangurambaga bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umushinga R.D.I.S kukurengera ibidukikije hibandwa ku mikoreshereze myiza y’ubutaka no kubyaza umusaruro amazi y’imvura bayafata bakayavomeza imyaka mu gihe cy’izuba.
Bizihiza ibirori by’umuganura, abaturage b’umurenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara, bishimiye intera bamaze kugeraho mu bumwe n’ubwiyunge babikesha umuryango International Alert washishikarije abakoze Jenoside gusaba abo bayikoreye imbabazi baharanira kubana neza.
Ababyeyi batuye mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara bishimiye inzu nshya yo kubyariramo yubatswe mu kigo nderabuzima cya Save kandi ko bizabafasha cyane kuko iyari isanzwe yari nto kandi ishaje, bityo ntibagire ubwisanzure.
Urwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Berenadeta rwijihije yubile y’imyaka 75 ku cyumweru tariki 28/07/2013. Umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe washimye ubufatanye Kiliziya Gatorika igirana na Leta mu kurerera igihugu, bagaha abo barera uburere bukwiye.