Perezida Kagame atangaza ko atemera ubutabera bwitwa ko burengera inyungu mpuzamanga ariko bukarenganya bamwe, agakangurira Abanyarwanda kubwamagana.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Gatsibo barahamya ko iterambere ryabo rigenda ryiyongera babikesha gukoresha inyongeramusaruro mu buhinzi bwabo.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bishimira ko ubuzima bw’abaturage burushaho kugenda neza bitewe n’uruhare rwabo.
Abayozozi bazaKoperative n’amashyirahamwe yose akorera mu karere ka Gatsibo, barashishikarizwa kumenya uruhare rwabo ku musoro kugira ngo babashe kuwutanga batagononwa.
Urwego rushinzwe ubuzima mu Karere ka Gastibo n’amavuriro akarimo, ku wa 18 Kanama 2015, bigiye hamwe uko babonera igisubizo impfu z’ababana n’ababyeyi bapfa babyara.
Umugore witwa Mukaruberwa Seraphine uri mu kigero cy’imyaka 40, wari utuye mu murenge wa Remera, akagari ka Butiruka mu mudugudu wa Gasabo mu karere ka Gatsibo, yaraye yihswe atewe ibyuma n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 5 Nyakanga 2015.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2013, mu biganiro byahuje intumwa za rubanda na ba mutima w’urugo bo mu Karere ka Gatsibo, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora ubuziraherezo bavuko ko ‘yabakuye aho umuhinzi yakuye inyoni’.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba urubyiruko rwiga mu mahanga kujya rushungura rugahitamo ibirufiye akamaro ubwabo n’Igihugu muri rusange, kuko asanga nta mpamvu yo kuruhira ibitazarugirira umumaro.
Uku niko byifashe mu gikorwa cyo gusoza Itorero INDANGAMIRWA VIII, mu gihe bagitegereje ko Umushyitsi mukuru Perezida Paul Kagame ahagera. Igikorwa kiri kubera mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, giherereye mu karere ka Gatsibo.
Ubwo abaturage batuye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo batangaga ibitekerezo byabo ku ihindurwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kubayobora ubuziraherezo ngo kuko ngo basanga ari impano y’Imana.
Ubwo hari mu gikorwa cyo kumva ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa ry’Itegeko Nshinga mu ngingo yaryo y’101, mu Murenge wa Kiramuruzi, abasigajwe inyuma n’amateka bavuze ko nta wundi muyobozi bari babona umuze nka Perezida Kagame.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, mu muhango wo gutangiza urugerero rw’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga bazwi ku izina ry’”Indangamirwa” kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015, yabibukije ko ubumenyi bahahayo bugomba kubakira ku ndangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.
Umubyeyi witwa Mukayigirwa Bonifrida w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu murenge wa Murambi, Akagari ka Rwimitereri, mu mudugudu wa Kigote mu karere ka Gatsibo, arasaba ubufasha nyuma y’aho mu mpera z’icyumweru gishize yibarutse abana b’impanga bane.
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’Ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira iterambere bamaze kugeraho n’impinduka mu nzego zitandukanye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bwahagurukiye ababyeyi batita ku isuku y’abana babo, buvuga ko bazajya bafatira ibihano umubyeyi wese utazirikana isuku y’umwana we haba ku mubiri no ku myambarire.
Abatuye mu murenge wa Ngarama wo mu karere ka Gatsibo wakundaga kugaragaramo abana bafite ibibazo by’imirire mibi, batangaza ko iki kibazo cyagabanutse kuva aho batangiye kwitabira gahunda y’igikoni cy’umwana kuko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Abaturage batuye mu Kagari ka Ndatemwa, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko gahunda yo kororera mu biraro yaciye amakimbirane yakomokaga ku bwone, inabafasha kubona ifumbire bitabagoye.
Bamwe mu banyeshuri n’abayobozi bo mu ishuri rya Gabiro High School riherereye mu Murenge wa Kabarore ho mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuba bamaze ibyumweru bibiri badafite amazi mu kigo, byabagizeho ingaruka zirimo no gutinda gutangira amasomo.
Bamwe mu baturage bakorera ibikorwa by’ubuhinzi bw’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuba bagisarura umuceri mu buryo bwa Gakondo bibatera ibihombo.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye kuzuza inshingano zabo, kugira ngo Igihugu kirusheho gutera imbere.
Perezida Kagame arasaba abaturage bifuza ko yakongera kwiyamamaza kugira ngo ayobore nyuma ya 2017, nawe ko azabanza kumenya niba biteguye gufatanya nawe mu gukorera igihugu batiganda.
Perezida Kagame yemereye abayobozi b’utugari two mu Rwanda bagera ku 2,148 bateraniye mu mwiherero i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, terefoni zigezweho zo mu bwoko bwa “Smart phones” mu rwego rwo kuborohereza akazi no kubafasha mu mu kugakora bifashishije ikoranabuhanga.
inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Kalisa Eugene iherereye mu murenge wa Kabarore, Akagari mu karere ka Gatsibo yafashwe n’inkongi y’muriro irashya irakongoka na bimwe mu bikoresho n’ibicuruzwa byarimo bikangirika.
Umugabo witwa Musonera Patrice w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, akekwaho gusambanya akana k’agakobwa kitwa Mpuhwezayo Aline k’imyaka 3 y’amavuko.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro bamaze kugerwaho na gahunda ya “Gira inka Munyarwanda” bemeza ko kuva bamara kubona ayo matungo babashije kwikura mu bukene biteza imbere, babikesa ko umusaruro wabo wiyongeye kubera kubona ifumbire bakura ku nka bahawe.
Intumwa zo mu gihugu cya Uganda zibumbiye mu itsinda ry’abayobozi mu nzego zifite aho zihurira n’imibereho myiza y’abaturage, kuri uyu wa kane tariki 21/5/20015 zasuye Akarere ka Gatsibo, rukaba rwari urugendo rugamije kureba uko abatuye aka karere biteza imbere mu rwego rw’imibereho myiza.
Umugabo witwa Hakizimana Jean Paul w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiramuruzi akekwaho kwica umwana yibyariye witwa Habineza Eugène w’imyaka 5 amuciye umutwe.
Shumbusho Seth w’imyaka 29 y’amavuko, umucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Gitoki, giherereye mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kabarore akekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo ari hagati ya miliyoni 2 n’ibihumbi 500 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Akamasine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2015 ahagana mu saa sita n’igice z’ijoro, umugabo witwa Twagirimana Muzehe bakunze kwita Murasi w’imyaka 31 y’amavuko yarashwe n’umupolisi ahita yitaba Imana.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI, irashishikariza abahinzi bo mu karere ka Gatsibo guhinga kinyamwuga bitabira gukoresha inyongeramusaruro. Iyi Minisiteri irabikora mu rwego rwo gusobanurira abahinzi amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amafumbire.