Amabanki hamwe n’Ibigo by’imali bikorera mu karere ka Gatsibo, bigaragaza ko ba rwiyemezamirimo bo muri aka karere bagihura n’imbogamizi zitandukanye mu gihe bagiye kwaka inguzanyo bashaka gushyira mu bikorwa imishinga yabo.
Ikibazo kivugwa mu kigo nderabuzima cya Bugarura giherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo kibangamiye cyane abarwayi n’abarwaza ni isuku rusange nkeya muri iki kigo ikomoka ku kutagira amazi meza.
Abantu 15 barimo ab’igitsina gabo 8 n’ab’igitsina gore 7, nibo baguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu Kagali ka Ndatemwa, Umurenge wa Kiziguro mu karere aka Gatsibo, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 22/7/2014 ahagana saa moya.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabeza n’aka Marumba mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko bo ubwabo barimo kwishakamo igisubizo cy’ikibazo cy’umuhanda uhuza utu tugari twombi wababuzaga guhahirana.
Abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri ari mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo, baravuga ko imyigire yabo ikomeje kuba mibi cyane kubera ikibazo cyo kwiga mu ishuri ari benshi “bacucitse”.
Umusaza witwa Mutsinzi Abdounoul w’imyaka 64 y’amavuko utuye mu kagari ka Ndatemwa mu murenge wa Kiziguro mu karere ka Gatsibo, yatangiye ubuhinzi bw’imbuto ku buso bunini kubera kubikunda n’inyungu abitegerejemo.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikiza cy’inzara kubera izuba ryatse cyane muri ibi bihe imyaka ikarumba, ubuyobozi bw’aka karere ariko bwo buvuga ko nta byacitse yagaragara muri aka karere bitewe n’izuba.
Nyuma y’uko abatuye Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo bashyiriye ingufu mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza bifashishije ibimina, ubu barahamya ko batakivunika cyangwa ngo bacyererwe muri iyi gahunda.
Gukomeza gusigasira no kubumbatira ibyiza igihugu kimaze kugeraho, nibwo butumwa bwahawe abaturage b’Akarere ka Gatsibo ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye ingoma y’igitugu.
Itsinda ry’abanyamuryango baturutse mu ishyaka rya South Sudan’s Liberation Mouvement (SPLM) riri ku butegetsi mu gihugu cya Sudani y’amajyepfo, kuri uyu wa gatatu tariki 2 Nyakanga 2014 bagiriye uruzinduko mu Karere ka Gatsibo.
Ibitaro bya Kiziguro byo mu karere ka Gatsibo byishatsemo ubushobozi none biri kwiyubakira inyubako z’ibitaro zizuzura zitwaye akayabo ka miliyari na miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ingaruka zo kutarya neza zishobora gutuma umwana agwingira yaba ku mubili no mu bwenge; nk’uko byaragarutsweho n’abitabiriye ibiganiro ku kugutegura indyo yuzuye mu karere ka Gatsibo.
Abanyamabanga nshingwabikorwa bose b’utugali tugize Akarere ka Gatsibo, kuri uyu wa kane tariki 5 Kamena 2014, batangiye amahugurwa y’iminsi 2 hagamijwe kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Impunzi z’Abanyekongo zikambitse mu nkambi ya Nyabieke iherereye mu karere ka Gatsibo, zamurikiwe zimwe mu nzego z’umutekano zirimo Police, abinjira n’abasohoka mu gihugu ndetse n’urwego rwa Minisiteri y’ibiza no gucyura impuzi (MIDIMAR) muri iyi nkambi.
Kugeza ubu inka zitaramenyekana umubare neza zatanzwe muri gahunda ya Girinka munyarwanda, zaragurishijwe mu Murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo nkuko bitanazwa n’Ubuyobozi bw’uyu Murenge.
Umugabo witwa Nsengiyumva Claude utuye mu mudugudu wa Kigarama mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, afungiye kuri station ya Kiramuruzi akurikiranyweho icyaha cyo gutema umugore we witwa Uwase Divine w’imyaka 20 akamukomeretsa bikaviramo urupfu.
Kayumba Charles wahoze ari Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Manishya mu Murenge wa Gatsibo, afunzwe azira icyaha cyo gutuka inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Gatsibo, ubushinjacyaha mu rukiko rwibanze rwa Kiramuruzi bukaba bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Mu karere ka Gatsibo hatashywe ku mugaragaro uruganda Star Leater Products Company Ltd. rukora inkweto mu ruhu. Uru ruganda ruherereye mu Murenge wa Kabarore, rwafunguwe kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 14/5/2014, akarere ka Rulindo kasuwe n’abahagarariye abanyamuryango ba RPF bo mu mirenge igize akarere ka Gatsibo, aho basobanuriwe banerekwa ibikorwa by’iterambere aka karere kamaze kugeraho gafatanije n’abaturage.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere myiza (RGB) kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gicurasi 2014, cyagaragarije Akarere ka Gatsibo uko abaturage bavuze aka karere mu mitangire ya service mu mwaka wa 2013, muri gahunda yiswe Citizen Report Card 2013.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu karere ka Gatsibo mu mirenge ya Kiziguro na Rugarama barasaba ubuyobozi kubafasha kurenganurwa kubera ibyuma byo gusya ibigori bahawe n’umushinga Plan bagasanga byose byarapfuye.
Mu gihe hari hashize igihe kitari gito imirimo yo kubaka hotel y’Akarere ka Gatsibo ihagaze, ubu noneho yongeye gusubukurwa. Imirimo yari yahagaze nyuma y’amezi atanu iyi hoteli itangiye kubakwa.
Guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2014, ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo gukurikirana abayobozi batatira igihango bahawe cy’imiyoborere inoze ntibuzuze inshingano bahawe.
Abagabo bane bivugwa ko ari abo mu Murenge wa Kabarore Akarere ka Gatsibo, barashakishwa n’inzego z’umutekano bakurikiranyweho gusambanya ku ngufu umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abahinzi b’Urutoki (KOABUKA) ihuje abacitse ku icumu rya Jenoside n’abandi bantu bo mu miryango y’abakoze Jenoside yo mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo barishimira imibanire myiza n’ubufatanye mu bikorwa by’ubuhinzi bw’urutoki bibahuje.
Tariki 11 Mata buri mwaka nibwo mu Karere ka Gatsibo hibukwa inzirakarengane ziciwe i Kiziguro, abenshi muri bo bakaba bariciwe muri Kiliziya ya Kiziguro aho bari bahungiye bagatabwa mu rwobo runini rwari ruhacukuye.
Umurenge wa kiziguro ni umwe mu Mirenge 14 igize Akarere ka Gatsibo, ahahoze ari komini Murambi. Aka karere kazwiho kuba karabereyemo ubwicanyi bukaze mu gihe cya Jenoside, Abatutsi benshi batawe mu rwobo rwa Kizuguro, abenshi biciwe muri Kiliziya yaho.
Kuri uyu wa gatatu tariki 2 Mata 2014, mu karere ka Gatsibo hatwitswe ibiti bizwi ku izina rya kabaruka, imishikiri cyangwa se imisheshe, ibi biti ubusanzwe bikaba bifatwa nk’ibiti bitemewe gutemwa nk’uburyo bwo kubungabunga ibidukikije.
Imiryango 36 igizwe n’abantu 134 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kuri uyu wa mbere tariki 31 Werurwe 2014, yashakiwe aho gutuzwa mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Rwimbogo.
Abaturage b’akarere ka Gatsibo barasabwa gukomeza gushyigikira uburezi bw’umwana w’umukobwa nk’imwe mu nkingi z’ibanze zo kuzamura ubukungu bw’igihugu kuko umukobwa wize agatera imbere adasiga inyuma umuryango we.