Umuyobozi wungirije w’inama njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Kapiteni Atari Eliazal aravuga ko kwegura kw’abayobozi b’Akarere bidakwiye guca intege abaturage kuko nta gikuba cyacitse.
Bimaze kugaragara ko abenshi mu bana b’abakobwa iyo batwaye inda zitateguwe, amahirwe yabo yo gukomeza amashuli aba asa n’arangiriye aho akaba ariyo mpamvu hatangiye ubukangurambaga kuri icyo kibazo.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gatsibo, bavuga ko umunsi wo kuwa mbere ukibabangamiye mu kubona serivisi mu buryo bwihuse ngo bitewe ahanini n’inama zihoraho kandi zigatinda kurangira.
Mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo haracyaboneka abasora badatanga umusoro uko bikwiye, ibi ngo bikaba biterwa n’uko inzego zishinzwe kwakira imisoro zitabegera ngo zibashishikarize gusorera igihe no kwitabira gutanga inyemezabuguzi (facture).
Abaturage bo mu Kagari ka Rwimitereri mu Murenge wa Murambi, Akarere ka Gatsibo, bavuga ko ubworozi bw’amagweja bwatumye bivana mu bukene, bityo bagashishikariza na bagenzi babo kubuyoboka.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda na Minisiteri ifite mu nshingano zayo gucunga ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) kuri uyu wa 24/11/2014 basuye inkambi y’impuzi z’abanyekongo ya Nyabiheke mu karere ka Gatsibo mu rwego rwo kureba uko inkunga zigenerwa yakongerwa.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Ntende giherereye mu murenge wa rugarama mu karere ka Gatsibo, bemeza ko nyuma y’aho batangiye gukoresha ifumbire ya Ire mu buhinzi bwabo, umusaruro ugenda wiyongera ku buryo bushimishije.
Guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni bimwe mu bituma ridacika burundu, nk’uko byatangajwe n’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese ubwo yamurikaga igitabo cy’imfashanyigisho igamije kurushaho gusobanura byimbitse ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014.
Abahinzi bo mu mirenge yose igize akarere ka Gatsibo, barasabwa kwitabira gahunda yo kwibumbira hamwe mu matsinda ya twigire muhinzi, kugira ngo babashe kugezwaho inyongeramusaruro ku buryo bworoshye bityo n’umusaruro wabo urusheho kwiyongera.
Imiryango itatu yo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiramuruzi mu Kagari ka Nyabisindu, yahawe inkunga y’amabati nyuma y’uko ibisenge by’amazu ituyemo bitwawe n’umuyaga mu mvura nyinshi imaze iminsi igwa.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Nyamarebe mu kagali ka Gakenke, Umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bahiriye mu nzu mu ijoro rishyira tariki 12/11/2014 umwe ahita yitaba Imana undi arakomereka bikomeye, naho mugenzi wabo we ntiyagira icyo aba.
Abahinzi b’igihingwa cya kawa bo mu Kagari ka Gakorokombe mu Murenge wa Muhura ho mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko umusaruro bakura mu buhinzi bwa Kawa bwabo utuma babasha kwikenura bakiteza imbere bo n’imiryango yabo.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania batujwe mu karere ka Gatsibo, Umuryango FPR-inkotanyi wabashyikirije inkunga y’amafunguro agizwe n’ibigori ndetse n’ibishyimbo.
Abaturage b’Akarere ka Gatsibo batuye mu Mirenge ya Gasange na Murambi bemeza ko gukorana na koperative umurenge SACCO byabafashije gushyira mu bikorwa gahunda ya kora wigire, mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere hamwe n’imiryango yabo.
Abayobozi bo mu karere ka Gatsibo barasabwa gukorera hamwe bagatahiriza umugozi umwe, birinda icyazatuma bongera kuza ku mwanya wa nyuma mu mihigo akarere kaba karahize imbere y’Umukuru w’igihugu.
Nyuma y’amezi arindwi gusa uruganda Star Leather Products Company Ltd rukora inkweto mu ruhu rutangije ibikorwa byarwo mu Karere ka Gatsibo, hari ibyo rumaze kugeraho n’ubwo hakiri n’imbogamizi zikigaragara mu mikorere yarwo.
Mu gihe cy’iminsi 10 gusa abagabo n’abasore bagera kuri 808 baturuka mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bamaze gusiramurwa, iyi serivisi ikaba iri gutangwa ku buntu ku nkunga ya Minisiteri y’Ingabo ibinyujije mu mushinga JHPIEGO hamwe na Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE).
Mu mudugudu wa Nyamwiza, akagari ka Munini, umurenge wa Rwimbogo ho mu karere ka Gatsibo, inkuba yakubise abantu batanu, batatu muri bo barahungabana bikomeye abandi bagwa igihumura, bose bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
Abaturage bo mu Kagari ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, bemeza ko hari amazina ahabwa bimwe mu biyobyabwenge kugira ngo ababicuruza n’ababinywa babashe kujijisha ubuyobozi mu gihe bwakoze umukwabo.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative ya COPRORIZ Ntende, baremeza ko uburyo bushya bwo guhinga kijyambere hakoreshejwe imashini zabugenewe bizatuma umusaruro wabo wiyongera ndetse n’ibikorwa byabo by’ubuhinzi bikihuta.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo batumiza ibicuruzwa hanze y’igihugu baravugwaho kugira imyitwarire itari myiza, aho bakora amakosa ku bushake bagamije gutubya umusoro cyangwa amahoro ya gasutamo bagomba gutanga hagendewe ku ngano y’ibicuruzwa batumije.
Abajyanama bakaba n’abafashamyumvire mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Gatsibo, barasabwa kwiyubakamo ikizere mu kazi kabo ka buri munsi kugira ngo babashe kuzuza inshingano bafite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko buhangayikishijwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse kubica burundu ari urugamba rukomeye mu mirenge imwe n’imwe y’aka karere, ariko ngo bwizeye kuzarutsinda nk’uko byagaragajwe mu nama y’umutekano yaguye yabaye ku wa kane tariki 2/10/2014.
Nyuma y’igihe kirekire inyubako ya hoteli izajya yakira abashyitsi batandukanye bagenderera Akarere ka Gatsibo ituzura, mu gihe gito yaba igiye gutangira imirimo yayo bityo ikibazo cy’amacumbi ku bagenderera aka karere kikaba gikemutse, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kiziguro biherereye mu Murenge wa Kizuro, mu karere ka Gatsibo, buratangaza ko bufite ikibazo cy’imodoka zitabara imbabare zizwi ku izina ry’Imbangukiragutabara zikiri nkeya kuri ibi bitaro.
Nyuma y’aho Akarere ka Gatsibo kaziye ku mwanya wa nyuma mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014, Ubuyobozi bw’aka karere buvuga ko butaveba abaturage cyangwa abakozi b’akarere kuko bakoresha imbaraga nyinshi kugira ngo Akarere kabo gatere imbere.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko ikibazo cy’ubukene buri muri uyu murenge no kuba inkwano ihanitse, ari bimwe mu bituma kwishyingira bakunda kwita “guterura” ari yo nzira yoroshye yo gushaka umugore cyangwa umugabo.
Abanyamuryango bibumbiye muri Koperative y’ubucuruzi ya Kabarore “Kabarore United Trade and Cooperative (KUTC)” ikorera mu Murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubarenganura nyuma y’igihombo kinini bamaze kugira mu bucuruzi bwabo.
Abakandida Senateri b’Intara y’Uburasirazuba bahatanira umwanya wo kujya mu nteko ishingamategeko umutwe wa Sena, kuri uyu wa gatatu tariki 27/8/2014 nibwo basoje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza.
Hagamijwe gukumira inda zitateguwe mu bana b’abakobwa, mu kagari ka Karenge mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo habereye ubukangurambaga hagamijwe gusobanurira abana b’abakobwa ingaruka bashobora guhura nazo mu gihe batitwaye neza mu buzima bwabo bwa buri munsi.