Imirambo ibiri y’umugabo n’umugore we bari baburiwe irengero ku wa Mbere tariki ya 27/10/2014, mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31/10/2014, yataruwe mu gishanga cya Nyagashi kiri ku ruhande rw’ikiyaga cya Muhazi ruherereye mu murenge wa Muhazi mu karere ka Rwamagana.
Umugabo witwa Nsengiyumva Emmanuel afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa litiro 46 z’inzoga itemewe ya Kanyanga.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 30/10/2014 mu duce dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali, yahitanye umwana witwa Ngabonziza Jackson uri mu kigero cy’imyaka Umunani ahitwa Rwarutabura ho mu Murenge wa Nyamirambo.
Abagabo babiri bataramenyekana bari bitwaje imbunda, bateye ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco( RCHC) mu mpera z’icyumweru gishize, babaririza umuyobozi wacyo Dr Rutangarwamaboko Nzayisenga Modeste, bagamije kumugirira nabi, ku mpamvu zitaramenyekana.
Inama y’umutekano yahuje abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo tariki ya 30/10/2014 yize ku ngingo nyinshi zirebana n’uko umutekano uhagaze hagarukwa cyane ku businzi bugenda bufata indi ntera mu baturage batuye aka karere.
Kuri uyu wa kane tariki ya 29/10/2014, nibwo Umugabo witwa Hagenimana Adrien w’imyaka 23 y’amavuko yagaragaje aho yataye umwana we w’imfura witwa Nshimiyimana Adolf w’imyaka 2 n’igice nyuma yo kumwica.
Umugabo witwa Harerimana bakunda kwita Karumbeti yishwe n’ingona saa cyenda z’urukerera rwo kuri uyu wa 30/10/2014 ubwo yajyaga kuroba amafi rwihishwa mu kiyaga cya Rumira mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 30/10/2014, ingagi umunani zavuye muri pariki y’ibirunga zinjira mu baturage mu mudugudu wa Terimbere mu Kagari ka Mugali, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze.
Gasana Gaddy utuye mu mudugudu wa Nyagatovu, Akagali ka Kabirizi, umurenge wa Nyagisozi, akarere ka Nyanza yatwitswe umwana we ibiganza bye byombi amuziza kwiba ikijumba mu murima w’umuturanyi we.
Abaturage barema isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze bongeye guhamagarira ubuyobozi guca umukino w’urusimbi uzwi nka “kazungunarara” ukinirwa ku isoko ugacuza bamwe amafaranga baje guhahisha.
Nyuma yo gusenyerwa amazu n’imvura, abatuye umurenge wa Musha ho mu karere ka Gisagara bahuye n’iki kiza barasaba ko bafashwa kubona aho batura n’ ibyo kurya kuko ibyo bari bafite mu mazu byangiritse.
Mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Shyira, akagari ka Kintarure, umudugudu wa Kabuguzo habereye impanuka y’indege yo mu bwoko bwa Kajugujugu ya “Akagera Aviation” kuri uyu wa 28/10/2014.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere n’imirenge hamwe na polisi ikorera mu karere ka Ngororero bakajije ingamba mu guhuza amasaha y’amasoko y’inka ndetse n’amasaha y’ingendo z’amatungo, no gukaza amarondo mu baturage, ubujura bw’inka bwari bwibasiye abaturage bwacitse intege.
Abaturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko kanyanga ihaboneka ndetse harimo na bamwe mu bayobozi bayinywa ari nayo mpamvu idacika burundu. Abenshi ngo bayita akantu mu rwego rwo kujijisha ubuyobozi.
Umugabo witwa Gahonzire Filmin utuye mu kagari ka Bukora, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti avunika igufa ry’itako ubwo igiti cyagwaga akagerageza gukiza abana bariho bakinira munsi yacyo harokoka batanu umwe arapfa.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Félicien Hishamunda utuye mu kagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango ho mu karere ka Rutsiro arashinja umugore we Séraphine Mukamana gukoresha amafaranga yabo nabi ndetse no kwaka inguzanyo umugabo we atabizi.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24/10/2014 yasenyeye benshi mu baturage batuye mu kagari ka Musezero, mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo.
Mu kagari ka Musovu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera mu mezi abiri hamaze kwibwa inka umunani, abahatuye bakavuga ko zibwa n’agatsiko k’abasore biyise “SUWAPU” ngo kababujije umutekano.
Umusore w’imyaka 18 witwa Tuyishime Freddy yafatiwe mu kagali ka Mataba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, tariki ya 23/10/2014, ashaka kugurisha inka yari yibye.
Nyuma yo kurohama mu rugomero rwa Nyamugali yoga, umurambo w’umugabo w’imyaka 33 witwa Aimé Faustin Ndayambaje wo mu kagari ka Nyamugali, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe, wabonetse mu gitondo cyo kuwa kane tariki 23/10/2014.
Ubwato butwaye abantu barindwi bwaraye burohamye mu ruzi rw’akanyaru babiri baburirwa irengero mu mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 22/10/2014.
Mu karere ka Rubavu hafatiwe umugabo witwa Habarugira Jean de Dieu ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura bushukana agatwara umugore amafaranga arenga miliyoni 10 amubeshya ko azayamutuburira akamugira umukire.
Mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi, umwana w’imyaka 13 y’amavuko yaraye yitabye Imana arohamye mu mugezi wa Ruhwa.
Umugabo witwa Bizimana Enock n’umugore we Vumiriya Dancille ndetse n’umuhungu wabo Ntirushwamaboko Justin batuye mu mudugudu wa Kabanda mu kagari ka Kinunga mu murenge wa Nyabitekeri, bari mu maboko ya polisi bashinjwa urugomo no kuvogera iby’abandi bakabyangiza.
Nzabirinda Viateur na Ndamushimye Esdor batuye mu mudugudu wa Mata, akagari ka Murambi mu murenge wa Mata ho mu karere ka Nyaruguru, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munini bacyekwaho gukubita Mugemana Claver w’imyaka 54 bikamuviramo urupfu.
Kuva tariki ya 17/10/2014 kugeza tariki ya 20/10/2014, mu karere ka Rutsiro haguye imvura nyinshi ivanzemo umuyaga yangije ibintu binyuranye.
Ngarambe John w’imyaka 29 y’amavuko wari umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyamirama afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho gusambanya ku ngufu umukecuru w’imyaka 57 y’amavuko.
Nsanzumuremyi Emmanuel w’imyaka 22 y’amavuko uvuga ko avuka mu Kagali ka Gitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Nyamagabe yasatswe akekwaho kwiba imyumbati polisi itungurwa no kubona anahinga urumogi mu nzu acumbitsemo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza.