Bamwe mu baturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko amatungo yabo cyane inka yibwa n’abantu bayagurisha ku bacuruzi b’inyama muri centre ya Matimba yegereye umurenge wa Musheli.
Umugore w’imyaka 21 y’amavuko witwa Iribagiza Cléméntine, utuye mu mudugudu wa Karambi mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gushaka guha umupolisi ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20 ngo afungure umugabo we ukurikiranweho gutera umuntu icyuma (…)
Bamwe mu baturage bari batuye mu manegeka ubu mu murenge wa Nyarusange, barimuwe batuzwa mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Ngaru aho bavuga ko ubuzima bwabo bumeze neza.
Ndereyimana Joseph wo mu Murenge wa Cyungo, akarere ka Rulindo, yishe umugore n’umwana we w’imyaka itanu, arangije anakomeretsa bikomeye abandi bana batanu umwe muri bo nawe nyuma aza gupfa.
Nk’uko Kigali today yakomeje kubageza ho ibintu binyuranye byangijwe n’imvura yaguye hirya no hino mu gihugu tariki ya 15/10/2014, mu karere ka Gicumbi naho yasenye amazu y’abaturage agera muri 22.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bufatanyije n’inzego z’umutekano kuri uyu wa 16/10/2014 zatwitse ibiro 356,5 by’urumogi n’uduphunyika tw’urumogi 127 bakunze kwita boules kugirango ruteshwe agaciro abaturage bareke kurwishoramo.
Abaturage bagera kuri batanu bo mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nzige bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita abantu babiri kugeza umwe ashizemo umwuka babakekaho kwiba ihene.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/10/2014, mu mudugugu wa Karorero mu kagari ka Buheta mu murenge wa Gakenke mu isambu wa kampani (Company) irimo kubaka ibagiro, hatoraguwe umurambo w’uruhinja ruri mu kigero cy’ukwezi kumwe, kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru uwarutaye akaba yari ataramenyekana.
Abasore babiri bafungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kirehe bariyemerera ko bishe ise witwa Ezechiel Ntakumuhana mu ijoro rishyira kuwa kane tariki 16/10/2014, bamushinja kubateza amadayimoni.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Bushekeri bavuga ko bafite ikibazo cya bamwe mu bantu bacuruza inka bakunze kwitwa abatuunzi banyuza inka zabo mu myaka yabo izindi bakazinyuza mu mu bwatsi bagenera amatungo yabo mu gihe cya nijoro.
Ku rwunge rw’amashuri rwa Mwumba (GS Mwumba) ruri mu kagari ka Kiryamo mu murenge wa Muzo mu karere ka Gakenke inkuba yaraye ikubise abanyeshuri bagera kuri barindwi, bahita bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Rutake hamwe n’abandi bari bahungabanye bose baba 11.
Umuyaga udasanzwe wasambuye amazu 26, ibyumba by’amashuri 3, insengero 2, unangiza hegitari 13 z’urutoki mu mirenge ya Mwogo na Juru mu karere ka Bugesera.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro 30 bakorana na Walfram Mining Processing Company (WMP) icukura amabuye y’agaciro mu birombe by’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bagwiriwe n’ikirombe, babiri muri bo bahita bitaba Imana.
Mu mudugudu wa Nyamwiza, akagari ka Munini, umurenge wa Rwimbogo ho mu karere ka Gatsibo, inkuba yakubise abantu batanu, batatu muri bo barahungabana bikomeye abandi bagwa igihumura, bose bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
Munsi y’ikiraro kiri ku muhanda munini Kigali- Rubavu mu mudugudu wa Kabaya, akagari ka Gahinga mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke, hatoraguwe umurambo w’umugabo w’imyaka 42 witwa Claude Dusabimana wari uzwi ku izina rya Kadende bigaragara ko yishwe atewe icyuma mu mutwe.
Mukantwari Véstine uri mu kigero cy’imyaka 34 y’amavuko, yaraye yiyahuye muri iri joro ryakeye akoresheje umuti wica imbeba uzwi ku izina rya sumu ya panya ntiyahita ashiramo umwuka agwa kwa muganga.
Mu ijoro rishyira kuwa 13/10/2014 umugabo witwa Bertin Sinayobye w’imyaka 35 wo mu kagari ka Bwiyorere, umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe yiyahuye yimanitse mu giti, nyuma yo gukubita umugore we ifuni mu mutwe amushinja ko amuca inyuma.
Umusaza witwa Sezibera Mathias wari utuye mu mudugudu wa Kiza, akagari ka Mukongoro mu murenge wa Muganza wo mu karere ka Nyaruguru yapfuye yiyahuye mu kiziriko cy’ihene.
Umukobwa w’imyaka 22, uvuka mu mudugudu wa Nkanda akagari ka Raranzige mu murenge wa Rusenge ho mu karere ka Nyaruguru afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Munini, acyekwaho gucuruza no gushora abana b’abakobwa b’imyaka 14 mu buraya n’ibikorwa by’urukozasoni.
Mfashwanayo Elisitariko w’imyaka itatu y’amavuko wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Rubona, umurenge wa Bweramana wo mu karere ka Ruhango, yitabye Imana mu gitondo cya tariki ya 14/10/2014 azize amazi y’ikidendezi.
Umusore witwa Sibomana Thierry afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa afite intama yibye mu baturage.
Umukwabo wo kurwanya ibiyobyabwenge wabereye mu mirenge ya Mayange na Nyamata tariki 14/10/2014 wafashe ibiyobyabwenge byinshi ndetse hanavumburwa inganda zitandutanye zenga inzoga itemewe ya Kanyanga.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Actros y’amapine 10 yari ipakiye umucanga iguye mu kiraro cya Rwabusoro gihuza akarere ka Bugesera n’aka Nyanza, impanuka ibaye ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 14/10/2014 ahagana mu ma saa kumi n’imwe.
Ubwo ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwasuraga umurenge wa Cyato tariki ya 24/09/2014, umugabo witwa Hafashimana Corneille wo mu mudugudu wa Rutiritiri mu kagari ka Mutongo mu murenge wa Cyato yarezwe kwigomeka n’abaturage bafatanyije n’ubuyobozi, kuva icyo gihe ahita acika aburirwa irengero kugeza magingo aya.
Abaturage bo mu Kagari ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, bemeza ko hari amazina ahabwa bimwe mu biyobyabwenge kugira ngo ababicuruza n’ababinywa babashe kujijisha ubuyobozi mu gihe bwakoze umukwabo.
Museveni w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi muri Ngozi, yatawe muri yombi n’abaturage muri iki gitondo tariki ya 14/10/2014, bamukekaho gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 94 y’amavuko.
Umugabo witwa Nambajimana Jean Pierre w’imyaka 32 yatemye umwana w’imyaka 12 amuziza kumwahirira ubwatsi mu ikawa.
Uzziel Rwemera utuye mu kagari ka Muhamba, umurenge wa Musaza wo mu karere ka Kirehe yafatanwe ibiro 28 by’urumogi na litiro eshatu za kanyanga kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 ubwo Polisi yamugwaga gitumo iwe mu rugo atararugurisha.
Mu kagari ka Kabere, umurenge wa Ruheru mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatanu hatwistwe ibiro 22 by’urumogi hanamenwa litiro 20 za kanyanga byose byafashwe hirya no hino muri aka karere.
Umugabo w’imyaka 32 utuye mu kagali ka Teba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, arabarizwa mu maboko ya Polisi i Rutsiro azira kubuza mukuru we amahoro aho yakundaga gutera amabuye ku nzu ye aryamye