Nyiraneza Eugenia wo mu mudugudu wa Kinihira akagali ka Barija umurenge wa Nyagatare ari mu maboko ya police guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Nzeli 2014 nyuma yo guha umwana w’imyaka 14 umuti agahita yitaba Imana.
Inzitiramibu zigiye zidodanyije zigakora umutego munini, ndetse n’ibyo bita kaningini nizo abarobyi bamwe bakoresha mu kuroba isambaza n’amafi mu gihe ubundi inzitiramubu yagenewe kurinda abaturage umubu utera marariya.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abakarani batatu bakorera mu isoko rya Byumba nyuma yo gukeka ko baba bagize uruhare mu rupfu r’wumwe mu bakarani mugenzi wabo basanze yapfuye aryamye hafi y’isoko.
Abagabo batatu barashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gucyekwaho gusambanya umugore mu ijoro rya tariki 23/09/2014 mu ishyamba rya Gishwati mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro.
Mu ijoro rishyira kuwa 22 Nzeri uyu mwaka, abagabo babiri bo mu karere ka Ngororero ngo bivuganye abagore babo bakoresheje ibikoresho gakondo nyuma yo gusinda inzoga no kwigamba ko bazica abo bari barashakanye.
Mukandabasanze Dorothee w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Renga, akagari ka Muhehwe mu Murenge wa Rwimbogo yishwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rishyira tariki 23/09/2014 aho bamwishe bamunigishije igitenge yari yambaye nyuma yo kumusambanya.
Daniel Ntibarihuga utuye mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yaburiwe irengero nyuma yo gukekwaho ko ari we wishe umugore we Viyoleta Mukantwari amukubise agasuka mu mutwe.
Nyiranyenzi Aderiana w’imyaka 95 wari utuye mu mudugudu wa Rushoka , akagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo yahiriye mu nzu arashya arakongoka ubwo yari arimo kota umuriro mu nzu ye mu joro rya tariki ya 22 Nzeri 2014.
Uwimana (amazina yahinduwe kubera umutekano we) utuye mu murenge wa Bugeshi yashimiwe n’akarere igikorwa cy’ubutwari bwo gutanga amakuru ku muntu wari ufite intwaro yo guhungabanya umutekano mu murenge wa Bugeshi.
Umusaza witwa Muzima Celestin w’imyaka 60 y’amavuko yishe umuhungu we witwa Ndikumana Joseph w’imyaka 22 y’amavuko amutemaguye n’umuhoro kugeza apfuye.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 18, Niyitegeka Emmanuel, wakoraga akazi ko mu rugo rwa Gerard Bandeke utuye mu mudugudu wa Munyinya akagari ka Gihundwe mu murenge wa kamembe akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi afatanywe amafaranga ashinjwa kwiba sebuja.
Umugabo w’imyaka 48 witwa Niyonsaba Come wo mu murenge wa Nkungu, mu kagari ka Mataba ho mu karere ka Rusizi ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu nyuma yo kumutera urushinge amuvura muburyo bwa magendu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera itangaza ko mu kwezi kwa Kanama abantu batandatu bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere biyahuye biturutse ku kunywa ibiyobyabwenge.
Umukozi wari ushinzwe imisoro mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaburiwe irengero, amakuru amaze kugaragaraga mu bitabo byo kwakiriramo imisoro akaba ari uko yacikanye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni imwe.
Umunyonzi utaramenyekana amazina ye yaguye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu mudugudu wa Gahembe mu kagari ka Maranyundo mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Mukanyangezi Claudine na Uwimana Rachel basanzwe ari abakeba bakaba batuye mu mudugudu wa Gihisi A mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bakozanyijeho mu mirwano yabereye hafi y’ingo zabo nyirabukwe wabo abatabaye kugira ngo abakize umwe muri bo aramwadukira amukubita igiti mu rubavu yitaba Imana (…)
Umugabo witwa Ngamijimna ukomoka mu karere ka Burera mu murenge wa Gatebe mu kagari ka Musenda umudugudu wa Sabukima biracyekwa ko yitabye Imana ubwo yogaga mu mu kiyaga cya Rugezi tariki 16/09/2014 mu ma saha ya saa yine.
Umusaza witwa Rugeriki Malachie yimanitse mu mugozi ku cyumweru tariki 14/09/2014 ahita yitaba Imana akaba ngo yariyahuye kubera amakimbirane yari afitanye n’umugore we witwa Tugimari.
Mu gihe abaturage b’imirenge ya Gatunda na Rukomo akarere ka Nyagatare bavuga ko abajura cyane ab’amatungo babarembeje, ubuyobozi burabasaba kugira uruhare mu kwicungira umutekano ahanini bakaza amarondo.
Abana bane b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 13 na 15 bafatiwe ahitwa kuri Arete mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera, bari mu modoka ibajyanye i Kigali kureba umugore wari wabemereye akazi ko gukora mu rugo.
Umusore witwa Uwiringiyimana Jean Claude w’imyaka 21 y’amavuko utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yafashwe yibye ihene eshatu umuturage ariko yafashwe asigaranye ihene ebyiri gusa kuko indi yari yamaze kuyigurisha n’ucuruza akabari.
Ribanje Ananias na Barayavuga Sadi bo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo nyuma yo gufatanwa inka bibye bashaka kuyigurisha mu masaha ya saa cyenda za mugitondo.
Ubwo abagize urwego rwunganira akarere mu gucunga umutekano (District Administration Security Support Organ/DASSO) bo mu karere ka Gakenke barahiriraga kutazatandukira inshingano zabo, inzego z’ubuyobzi bw’akarere zabasabye ko batangira akazi kabo ariko bakazirikana ko umutekano ariwo mu singi wa byose.
Ingo eshatu zituranye mu mudugudu wa Munini akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango zimaze kwimurwa n’amabuye aterwa ku mazu mu gihe cya kumanywa ndetse na nijoro.
Mu masaa sita z’amanywa zo kuwa gatanu tariki 12/9/2014, umusore uri mu kigero cy’imyaka 18 y’amavuko yaturikanwe na grenade ihita imwica. Ibibaru by’iyo grenade byanakomerekeje bikomeye umubyeyi wari uhetse umwana wanyuraga hafi ye, none uyu mubyeyi na we yaraye yitabye Imana.
Polisi y’igihugu mu karere ka Nyagatare yamennye ibiyobyabwenge byamenywe bigizwe n’inzoga ya Kanyanga n’izo mu mashashi za Zebrah waragi bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni eshanu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/9/2014.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata mu karere ka Bugesera rwakatiye abantu babiri igifungo cy’iminsi 30, kugira ngo rubashe gukora iperereza ku cyaha bakekwaho cyo kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umunyeshuri witwa Nyiranzabandora Chantal umaze imyaka itatu apfuye.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko barembejwe n’abajura babatera mu ngo zabo bakabiba ibyo basanze byaba imyaka, imyenda ndetse n’amafaranga.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Karere ka Karongi burashima ko kuva hakazwa ingamba zijyanye n’amategeko n’amabwiriza byo kugendera mu muhanda impanuka zagabanutse cyane ku buryo mu mezi abiri ashize muri ako karere habaye impanuka imwe gusa.
Imodoka ziza gupakira ibyuma bishaje bigurwa ngo bijye kongera gukurwamo ibindi byuma nyuma yo kubitunganya mu nganda, zafatiwe ibyemezo nyuma yuko ubwo imwe yari itwaye ibi byuma mu ijoro yafatiwemo moto yari yibwe bayihishe muri ibyo byuma.