Muri gihe hari hashize igihe kirekire udukingirizo tw’abagore tutagaragara ngo abadukeneye batubone, guhera mu mwaka wa 2018 ngo tuzongera tuboneke ahatangirwa utw’abagabo.
Abafite ubumuga basabye ko Leta yaborohereza bakabasha kubona insimburangingo n’inyunganirangingo bifashishije ubwisungane mu kwivuza ngo kuko zihenze cyane ku buryo batashobora kuzigurira ku giti cyabo.
Kuwa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Kanakuze Anastasie, ufite imyaka 30, akaba avuka mu Karere ka Huye, Umurenge wa Mbazi, yabyaye abana b’abakobwa babiri bafatanye ku gice cyo ku nda.
Abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyirije arenga miliyoni 22RWf yo gufasha Serubogo Ally wari umaze igihe atabarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo abone ubufasha bwo kumuvuza kanseri y’ukuguru.
Ntawe bitatungura kuba yajya kwipimisha kwa muganga agasanga afite indwara kandi yari asanzwe agenda mu nzira yumva nta kibazo afite.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro uburyo bushya bwo kwipima SIDA (HIV self-testing), hakoreshejwe agakoresho kabugenewe umuntu acisha mu kanwa, bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe bwo gupima amaraso yo mu mutsi.
Nsengimana Jean Pierre, umubyeyi w’umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri watwitswe n’itara ry’aho ababyeyi babyarira akivuka, arasaba ubufasha kugira ngo avurwe kuko bisaba miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyarwanda n’abanyamahanga bahuriye mu gikorwa cyo kumenyekanisha imiterere y’indwara ya “Autism” maze bahava batanze n’inkunga yo gufasha abafite iyo ndwara.
Abaturage bo mu tugari twa Hangabashi na Gahungeri mu murenge wa Gitambi muri Rusizi bari mu byishimo byo kuba batazongera kuvoma amazi mabi yo mu bishanga.
Mugurimari Epiphanie wo mu Karere ka Rutsiro ahamya ko kuri ubu afite ibyishimo byo kuba umwana we abasha kugenda nyuma yo gukira imirire mibi.
Mu Rwanda abantu bazi ko indwara ya diyabete ikunze gufata abantu bakuze gusa. Ikindi benshi ntibaramenya ko iri mu moko atatu ashobora kugaragara no ku bindi byiciro by’abantu.
Abanyarwanda bamaze kumenya ibibazo biterwa n’ubwoko butandukanye bw’ihungabana ariko ntibatera intambwe yo kwegera abaganga babisobanukiwe ngo babafashe.
Mu rwego rwo gukangurira abantu kureka kunywa itabi, umujyi wa Kigali wagaragaje ko mu gihe kiri imbere ahagenewe kunywera itabi ku nyubako n’ahandi mu bigo, hazakurwaho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV yafashe icyemezo cyo gufunga ibagiro rivamo inyama zikoreshwa mu mujyi wa Musanze n’ahandi nyuma yo gusanga ririmo umwanda.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.
Kuri ubu mu Rwanda ahavurirwa kanseri hose ngo bikorwa n’abaganga bize ibintu bitandukanye kuko nta nzobere n’imwe muri iyi ndwara ihari bigatuma hiyambazwa abanyamahanga.
Abanyarwanda barahamagarirwa kwipimisha ubwandu bw’agakoko gatera SIDA kugira ngo bamenye uko bahagaze bityo bahabwe imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko.
Abahanga mu mirire bahamya ko kurya inyama ari ngombwa ku mubiri w’umutu ariko ngo kuzirya kenshi nanone si byiza ku mubiri w’umuntu.
Ambasade ya Misiri mu Rwanda yashyikirije ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe impano y’ibikoresho bizajya byifashishwa mu kuvura hifashishijwe umuhanga utari mu Rwanda (a distance).
Ababyeyi bavuga ko inzu nshya y’ibyariro (Materinite) y’Ibitaro bya Gahini izaborohereza ingendo bakoraga bajya konsa impinja zavutse zitagejeje igihe,kuko byabagoraga cyane dore ko baba batarakomera umugongo.
Ihuriro ry’abaganga batera ikinya mu Rwanda (Rwanda Association of Anesthetists) ryashyize ahagaragara igitabo kigenga uwo mwuga hagamijwe gukumira amakosa awugaragaramo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Ruramba mu Murenge wa Rugarika bavuga ko babonye amazi meza nyuma y’imyaka isaga 47 bavoma Nyabarongo.
Dr Ngabire Nkunda Filippe uyobora ibitaro bya Nyagatare, avuga ko impfu zitewe na Malariya zagabanutse zikava ku bantu 13 mu mwaka 2016, ubu Malariya ikaba imaze guhitana umuntu umwe gusa muri 2017.
Abarwayi b’impyiko bajya kwivuriza ku bitaro bya bigisirikare bya Kanombe barizezwa ko batazajya boherezwa kuvurirwa ahandi kuko ibyo bitaro bigiye kujya nabyo bibavura.
Nubwo nta mibare izwi y’abarwayi banga guhabwa amaraso, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko bene abo barwayi bakomeje kugaragara mu bitaro.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita k’ubuzima (WHO) rigaragaza ko buri mwaka Abanyarwanda bagera ku 8200 bafatwa na kanseri buri mwaka, hakivuza abagera ku 2500 gusa.
Minisiteri y’Ubuzima na Imbuto Foundation batangije uburyo byo guha ubutumwa bugufi (SMS) kuri terefone urubyiruko ku buzima bw’imyororokere burufasha kwirinda inda zitateganyijwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 1% by’abantu barengeje imyaka 50 y’amavuko,bafite uburwayi bw’amaso.