Abatuye i Gisagara bazapimwa banavurwe indwara ya Hepatite C

Minisitiri w’ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko biteguye gupima Abanyagisagara bose indwara y’umwijima izwi nka epatite C, abo basanze bayirwaye bagahabwa imiti.

Minisitiri w'ubuzima Diane Gashumba aganira n'abaturage ba Gisagara
Minisitiri w’ubuzima Diane Gashumba aganira n’abaturage ba Gisagara

Yabibatangarije kuri uyu wa 4 Gashyantare 2018, nyuma ya siporo rusange yakorewe muri aka karere ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo.

Yagize ati “Nagira ngo mbasezeranye ko mu minsi ya vuba tuzaza kubapima indwara ya hepatite C, abo dusanze barwaye tukabavura. Icyo mwebwe musabwa ni ukuba mufite mituweri.”

Ubundi kwivuza iyi ndwara birahenze cyane kuko uwo bayisanganye anywa imiti igura arenga ibihumbi 900Frw kandi akayinywa mu gihe cy’amezi atatu.

Minisitiri Gashumba yanibukije Abanyagisagara ko iyo ndwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina no mu maraso adapimye neza. Ariko abamenyesha ko ibijyanye n’amaraso adapimye mu Rwanda byakemuwe kuko nta maraso yongererwa abarwayi kwa muganga atapimwe neza.

Ati “Twagize amahirwe yo kubona imiti, Leta y’u Rwanda na yo ishyiramo ingengo y’imari. Mbijeje ko tuzahera muri aka karere, tukaza tukabapima, abo dusanze barwaye tukabaha imiti. Ariko namwe mutwemerere ko muzafata ingamba zo kwirinda.”

Abanyagisagara ni bo bazaherwaho mu gupima no kuvura hepatite C. Aha bari muri siporo
Abanyagisagara ni bo bazaherwaho mu gupima no kuvura hepatite C. Aha bari muri siporo

Ku bijyanye n’igihe icyo gikorwa cyo gupima no kuvura indwara y’umwijima yo mu bwoko bwa C kizabera i Gisagara, yavuze ko Minisiteri y’ubuzima yiteguye ko igihe i Gisagara bazababwirira ko abaturage biteguye bo bazaza.

Biteganyijwe ko bizatangirira i Gisagara, ariko ko bizakorwa n’ahandi mu Rwanda biturutse ku bushobozi Minisiteri y’ubuzima izagenda ibona.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Uyu mu ministiri ndamwemera afite gahunda ihamye nakomerezaho

lengi lenga yanditse ku itariki ya: 5-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka