Inzego zitandukanye zita ku buzima zirakangurira Abanyarwanda gukomeza kurwanya akato gahabwa abafite virusi itera SIDA kuko nabo ari abantu nk’abandi.
Abarwayi bajya kwivuriza ku bitaro bikuru bya Rwamagana bavuga ko bahabwa serivisi mbi ku buryo bashobora kumara iminsi ibiri bataravurwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, bahangayikishijwe no kutabona aho bagurira imiti kuko nta farumasi ihaba.
Abahanga mu by’imiti (Pharmacists) bibumbiye mu ihuriro ryabo bise ‘RCPU’, baritezeho ibisubizo by’ibibazo bahuraga na byo, ngo kuko rizabafasha kungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere ryabo.
Igikorwa cyo gusuzuma abana basa n’aho batarwaye (Medical Checkup) ngo gituma hagaragara uburwayi ababyeyi batabonaga bityo umwana akavurwa atarazahara.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gashyantare 2017, mu Karere ka Ngororero ku bitaro bya Muhororo haratangizwa ibikorwa bya "Army Week."
Abakurikirana iby’ubuzima bavuga ko icyorezo cya SIDA kigihari, bagakangurira urubyiruko n’abandi bantu gukomeza gukoresha agakingirizo ngo bayirinde banakumire ubwandu bushya.
U Rwanda rwahawe icyangombwa mpuzamahanga gihanitse mu byangombwa byemerera ibihugu serivisi zo gufashisha indembe amaraso, biturutse ku bwiyongere budasanzwe bw’udushashi tw’amaraso rubona buri mwaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Mu minsi ibiri umuryango Starkey umaze uvura indwara z’amatwi mu karere ka Nyamagabe, muri 386 basanze 181 muri bo bakeneye inyunganirangingo.
Abakangurambaga b’urungano mu kurwanya SIDA bakorana n’Urugaga nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+) bahawe ibikoresho bizabafasha kuzuza inshingano zabo.
Amafiriti n’imigati batetse bigahindura isura ngo ni ibyo kwirindwa cyane kuko ririya bara ryijimye ari ikimenyetso cy’ubumara bwitwa acrylamide butera indwara ya kanseri.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara baratangaza ko mu mezi atandatu nta mwana uzaba akigaragaraho indwara ziterwa n’imirire mibi.
Abatuye kagari ka Kiyanzi Umurenge wa Nyamugari muri Kirehe, barishimira bishyize hamwe biyubakira ivuriro rihagaze Miliyoni 51Frw, kugira ngo biyegereze serivisi z’ubuvuzi.
Abaturage batuye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko hari igihe ababyeyi batwite, bapfa bataragera kwa muganga kubera gutinda kw’imbangukiragutabara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma butangaza ko buhangayikishijwe n’umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda bataragera ku myaka 19.
Abaturage batandukanye bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Mukarange kiri muri Kayonza barinubira serivisi mbi bahabwa n’iryo vuriro.
Abagore bo mu Karere ka Karongi bavuga ko abenshi mu bagabo badakozwa ibyo kubaherekeza mu gihe bagiye gupimisha inda batwite.
Mu karere ka Ngororero abana 572 baracyafite indwara ziterwa n’imirire mibi, ababyeyi bakagawa kutita ku mirire y’abana kandi batabuze ubushobozi.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.
Abajyanama b’ubuzima mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Gicumbi, bamaze imyaka ine basiragira ku mafaranga bahombejwe n’ubuyobozi asaga Miliyoni 40RWf.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanije na Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye igikorwa cyo gutanga amaraso kuko ngo abarwayi bayakeneye kwa muganga ari benshi.
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bya Shyira barishimira ko bari kubakirwa ibitaro ahitwa Vunga bizabaruhura ingendo ndende bakoraga.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko kubura inzitiramibu bararamo biri gutuma bibasirwa n’indwara ya Malaria kandi bitari bikwiye.
Kantengwa Leocadie wo mu Karere ka Ngoma arasaba ubufasha ngo abashe kujya mu Buhinde kwivuza indwara y’impyiko amaranye igihe.
Umuganga w’Umubiligi ukorera ku bitaro bya Kabgayi ari kubaka ibitaro by’amaso mu murenge wa Runda muri Kamonyi bizunganira ibya Kabgayi.
Abaturage b’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro batangaza ko umubyeyi ubyariye mu rugo acibwa ibihumbi 10RWf, ibintu bafata nk’akarengane bakorerwa.
Ababyeyi bo mu Karere ka Burera baratangaza ko gusobanukirwa akamaro no gutegura indyo yuzuye, byabafashije kuko batakirwaza indwara zituruka ku mirire mibi.