Umuryango witwa Imaginary wita ku iterambere ry’imibare n’ubumenyi, urimo kumurika ikoranabuhanga rikoreshwa cyane cyane mu rwego rwo kwiyigisha no kumenya imibare ari na ko barushaho kuyumva mu buryo bworoshye no kuyikunda.
Mu nama yiga ku iterambere rya Siyansi muri Afurika, hatangijwe ikinyamakuru bise " Scientific African " kizajya gitangarizwamo amakuru y’ubumenyi n’ubushakashatsi mu bya siyansi bukorwa ku mugabane wa Afurika
Umuryango Imbuto Foundation urasaba abana b’abakobwa kugira umuhate wo gutinyuka amasomo ya siyansi n’ikoranabuhanga kugira ngo bagire ubumenyi bwo kuvumbura kuko ariho isi yerekeza.
Perezida Paul Kagame atangaza ko abanyeshuri bakwiye gufashwa gutanga ibisubizo ku bibazo byugarije Afurika n’isi, aho kugira ngo ubumenyi bahabwa bube ubwo mu bizami gusa.
Kaminuza eshanu z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), ziraganira ku buryo iterambere ry’ubukungu ryajyana no kwita ku mibereho y’abantu.
Minisitiri w’Uburezi Mutimura Eugene yemeza ko kaminuza zo mu gihugu zidatanga amasomo yarufasha mu iterambere rirambye, ariko akemeza ko biterwa n’ubushobozi buke.
Umuryango Imbuto Foundation usaba urubyiruko rwiga muri Kaminuza y’u Rwanda kwitabira gahunda yo kwiga kuvuga no kugaragaza ubumenyi bwabo mu ruhame.
Ministiri w’Uburezi, Dr Eugene Mutimura yatashye inyubako za Kaminuza y’u Rwanda zikozwe mu mabuye y’ibirunga, zivugwaho kuzamara imyaka irenga 100 zitarasanwa.
Ababyeyi barerera mu Kigo cy’amashuri cy’ubumenyingiro cya Nyanza Technical Shool baravuga ko inzu y’uburyamo bw’abana biyujurije igiye kurushaho kubungabunga umutekano wabo.
Abiga imyuga bagiye kujya bakora ibikoresho binoze kandi bishobora gucuruzwa ku isoko ryo mu karere, ku mugabane w’afurika no hanze yawo.
Abagororerwa muri gereza zitandukanye z’igihugu, bigishwa Ubumenyingiro butandukanye burimo, Ubwubatsi, Ububaji, ubudozi n’ibindi.
Umuryango Imbuto Foundation wongeye guhemba abakobwa bitwaye neza muri gahunda yayo yise “Ba Inkubito z’Icyeza n’Ishema ry’abakobwa” yabereye mu Karere ka Muhanga.
Ibitabo bya Tom Close bije gusubiza ibibazo abantu bajyaga bibaza ku bijyanye n’uko abana b’iki gihe basigaye bakurana imico ihabanye n’indangagaciro za Kinyarwanda.
Abanyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Banda ruherereye mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko batabasha kwiga neza, kubera ikibazo cyo kubura intebe zihagije zo kwicaraho bakiga bacucitse mu ishuri.
Umuryango Imbuto Foundation wasinyanye amasezerano y’imyaka itanu na Kaminuza ya Mount Kenya University, yo kurihira abana 100 batishoboye bafashwa n’uyu muryango, amashuri yisumbuye.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yageneye ubufasha bw’ibanze abanyeshuri bo ku ishuri rya Nyundo baherutse kwibasirwa n’umuvu waturutse ku kuzura k’umugezi wa Sebeya.
Kuva ishuri TSS Kabutare riatangiriye gutanga amahugurwa ku bijyanye no gutunganya umusaruro w’ibyavuye mu buhinzi n’ubworozi, n’ababyize muri kaminuza bari mu bari kwitabira guhugurwa.
Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) yashimiye abakobwa biga siyansi n’abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 12 babonye amanota ya mbere asoza amashuri yisumbuye muri 2017.
Amanota y’ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri 2017, arashyirwa hanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 gashyantare 2018 saa Cyenda z’umugoroba.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ntibahwemye kugaragaza ko inguzanyo ya 25000Frw ya buruse bahabwaga na Leta mu gihe cy’imyaka hafi 10 ishize, itari ikijyanye n’ ibiciro byo ku isoko.
Abakozi ba Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) basuye akarere ka Kayonza muri gahunda yo kunoza ireme ry’uburezi, bavuga ko batangazwa n’imyifatire mibi isa n’uburaya yagaragaye mu ishuri ry’imyuga ryitiriwe Mutagatifu Therese, riherereye muri aka Karere.
Abana 71 biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Muko mu Karere ka Musanze, baguwe nabi n’ifunguro rya saa sita fatiye ku ishuri kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
Ubuke bw’ibyumba by’ishuri n’intebe mu karere ka Kayonza bwateye amwe mu mashuri kugaragaramo ubucucike bw’abana, bituma bamwe babura aho bicara.
Intumwa za Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) zahwituye bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye bifite ibikoresho bihenze, ariko bikaba bitagirira akamaro abanyeshuri babyigamo.
Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro (WDA) cyagiranye amasezerano na Sosiyete y’Abashinwa ’Beijing Forever’, yo kwigisha gutwara no gukanika amamashini akora imihanda.
Itorero rya Anglican mu Rwanda rivuga ko rizashakira ahandi amikoro yo guteza imbere uburezi, aho kwakira inkunga y’abarisaba kwemera ubutinganyi.
Ibigo bibiri byigenga byigisha imyuga mu Karere ka Muhanga byahagarikiwe gutanga amasomo kubera ko bitujuje ibisabwa.
Bimwe mu bigo by’amashuri mu Karere ka Kayonza bihitamo gukupira umuriro n’amazi abanyeshuri babyo, ngo kubera ubukubaganyi no kwangiza ibikorwaremezo.
Umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri Indatwa n’Inkesha (GSOB),Padiri Pierre Célestin Rwirangira, avuga ko iri shuri rifite inyubako zishaje cyane, zituma ritabasha kwakira abanyeshuri bahagije, akavuga ko risanwe ryakwakira abana barenga 1200 rifite ubu.
Abarimu b’ishuri ryigisha siyansi rya kisilamu “ESSI Nyamirambo” baravuga ko ireme ry’uburezi rishobora guhungabana kubera kudahembwa.