Rubavu: Harashakwa igisubizo kihuse ku birayi byatangiye kuborera mu mirima

Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.

Bimwe mu birayi byatangiye kumira mu mirima kubera kubura isoko
Bimwe mu birayi byatangiye kumira mu mirima kubera kubura isoko

Mu gihe cy’ihinga A, hegitare 9770 zahinzweho ibirayi mu karere ka Rubavu, ni umusaruro mwinshi abaturage bari biteguye kubona no kugeza ku isoko kugira ngo bashobore kwiteza imbere.

Mu karere ka Rubavu, umusaruro wera kuri hegitare ubarirwa kuri toni 33, abaturage bari bahinze ibirayi bagamije guhaza isoko ry’u Rwanda n’abanyamahanga.

Ariko ibyo bakekaga sibyo babonye umusaruro umaze kwera kuko babuze isoko ry’ibirayi bikaborera mu murima.

Umurenge wa Bugeshi, umwe mu mirenge yeramo ibirayi cyane, hari imwe mu mirima irimo ibirayi byumiyemo kubera abaturage badafite aho babijyana.

Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda Vincent Munyeshyaka aganira n'abaturage nyuma y'umuganda
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka aganira n’abaturage nyuma y’umuganda

Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today, bavuga ko bamaze kwakira igihombo kuko uretse kubigaburira amatungo ntahandi byatwarwa.

Hakizimana Fideli atuye mu kagari ka Buringo, afite ibirayi yahinze ku butaka burenze Hegitare ariko yabuze isoko biborera mu murima.

Yagize ati “Nahinze ibirayi by’ubwoko bwa PEKO byo byamaze kubora ntibyaribwa, n’amashyirahamwe iyo tuyashyiriye ibyo birayi, imodoka ntizishobora kubitwara kuko bimaze amezi atandatu mu mirima kandi byerera amezi ane.”

Hakizimana avuga ko ibirayi byabo bidashobora kuba imbuto no kuribwa ahubwo byabateye igihombo.

Ati “Nafashe inguzanyo muri banki nzi ko nzakuramo umusaruro nkiteza imbere, none byose byarabose, nari nzi ko nzabonamo toni zitari munsi 25, zarabose amafaranga nashoyemo sinzayabona bizangora kwishyura banki.”

Irindi hinga risanze hari ibirayi bitarava mu murima. Aha ni abamaze guhinga ibindi birayi mu gihembwe k'ihinga cyatangiye mu minsi ishize
Irindi hinga risanze hari ibirayi bitarava mu murima. Aha ni abamaze guhinga ibindi birayi mu gihembwe k’ihinga cyatangiye mu minsi ishize

Mu mirima itandukanye mu murenge wa Bugeshi, haboneka ibirayi byumiye mu mirima, ibyeze bikeneye gukurwa n’ibindi bigiye kwera, gusa ibi byose ntibifite aho kujya kuko abaturage bavuga ko nta soko bafite.

Mu karere ka Rubavu habarurwa Toni 4800 bikeneye kugezwa ku isoko, naho ibirengeje igihe cyo kugurishwa bishobora kwangirika bibarirwa muri toni 315.

Abaturage basaba ubuyobozi kubafasha kubashakira isoko ry’umusaruro ntibahombe kuko ubuhinzi bw’ibirayi bwari bubatunze.

Umwe ati “Twari dusanzwe tubona imodoka ziva mu gihugu cy’Uburundi ziza kutugurira ibirayi, none zarahagaze, imodoka zituruka Kigali nazo ziraza zikaduhera ku giciro gito, kiri munsi y’amafaranga 135 yemejwe.”

Minisitiri w’Ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yakoreye umuganda wo gutera ibiti mu Murenge wa Bugeshi, aganira n’abaturage kuri iki kibazo, yavuze ko Leta irimo kubishakira igisubizo, ariko ababuza gukorana n’abitwa abashabitsi bagusha igiciro umuhinzi agahomba.

Ati “Turabizi ko mwabonye umusaruro mwinshi kandi ukeneye kubona isoko, turabizeza ko tubashakira abasoko, abana ku mashuri batangiye, twagiye kureba, dusanga barabagaburira umuceri n’akawunga, nyamara dufite umusaruro wangirika, turaganira nabo n’ibigo bihaha ku buryo umusaruro ubonerwa isoko.”

Minisitiri Vincent Munyeshyaka akaba yahise ahura n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu karere ka Rubavu kugira ngo barebe uko bakwihutira kugura umusaruro w’ibirayi ukeneye kujya ku isoko aho kuborera mu mirima.

Leta y’u Rwanda yashyizeho igiciro cy’ibirayi kingana na 135Frw ku kilo kugira ngo umuturage adahomba.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nukuri leta nirebe icyo yadukorera kuko mu kagari ka ngando umurenge wa kabatwa ibirayi birikuborera mu mirima.kandi abaturange batangira aho babyerekeza.mudufashe

tuyisenge emmanuel yanditse ku itariki ya: 31-01-2018  →  Musubize

nibishakirwe isoko ibirayi byaboze si i Rubavu gusa no kukabatwa mukagari ka Ngando kegeranye na Rubavu naho birikubora

hategekimana yanditse ku itariki ya: 29-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka