Itsinda ryavuye muri Sudani y’Epfo risuye u Rwanda rivuga ko igihugu cyabo cyiteguye gutanga umusanzu wabo mu kuzamura ubukungu bw’akarere.
Abahinzi bo mu Rwanda bashyiriweho uburyo buzajya bubafasha kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibafashe gukoresha ubutaka birinda ibihombo.
Abakozi ba Banki y’Ubucuruzi ya Kenya (KCB) bahinduye imyambaro bari basanganwe, bambara nk’abakiriya batandukanye babagana kugira ngo bashimangire agaciro babaha.
Abakozi b’Abanyarwanda bakorera Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Liberia bakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.
Perezida Paul Kagame amaze kugera mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, aho yari ategerejwe n’ibihumbi by’abaturage, bari bakereye uruzinduko agirira muri aka karere.
Justus Kangwagye na Hassan Bahame, bahoze ari abayobozi b’uturere, bagaruwe muri Leta n’inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa kane tariki 27 Mata 2016.
Umuhango w’ihererekanyabubasha ry’Ibitaro bya Polisi wabaye kuri uyu wa 26 Mata 2016 aho Polisi y’u Rwanda yabishyikirije Minisiteri y’Ubuzima nk’Ibitaro by’Akarere bya Kacyiru.
Ishyaka rya Gikomunisite ry’Ubushinwa (CPC) ryashimangiye ko umubano mwiza rifitanye n’Ishyaka FPR Inkotanyi ryo mu Rwanda, uzakomeza gutera imbere kandi ryishimira intambwe y’iterambere u Rwanda rurimo mu miyoborere ya FPR.
Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo cya Oshen Healthcare Rwanda Ltd, yo kuyifasha kugenzura no kuyobora ibitaro byitiriwe Umwami Faical.
Impuguke zo mu gihugu cya Singapore ziratangaza ko gahunda yo gushyiraho imijyi izunganira Kigali, izafasha kugeza amahirwe y’iterambere ku Banyarwanda benshi ndetse n’ubukungu bukagera mu bice bitandukanye by’igihugu.
Abayobozi n’abakozi ba COGEBANQUE, kuri uyu wa Gatandatu, tariki 23 Mata 2016, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bashyize indabo ku mva banunamira imibiri y’inzirakarengane zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.
Umuririmbyi w’Umunyekongo wamamaye cyane, Papa Wemba w’imyaka 66 y’amavuko, yitabye Imana kuri iki Cyumweru, tariki 24 Mata 2016 aguye ku rubyiniro i Abidjan muri Côte d’Ivoire.
Mu nama ya 13 y’Ishyirwa mu bikorwa ry’Imishinga y’Umuhora wa Ruguru yateraniye i Kampala muri Uganda, kuri uyu wa 23 Mata 2016, abakuru b’ibihugu bigize uyu muhora biyemeje kwihutisha imishinga yawo.
Kuri iki Cyumweru, tariki 17 Mata, ahagana saa moya za mugitondo, umugabo witwa Mbyariyehe Olivier wari ufungiye muri kasho ya sitasiyo ya polisi y’u Rwanda ya Kiyumba mu Karere ka Muhanga yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka, bimuviramo gupfa.
Hagumakubana Jean Bosco w’imyaka 36 na Kwizera Jovens w’imyaka 20, batawe muri yombi bagerageza gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba yafashije Dusabimana wacitse ku icumu rya Jenoside mu Karere ka Rutsiro gusubirana imitungo ye irimo n’amafaranga.
Abagize inzego zitandukanye z’ubutabera mu Rwanda barasabwa guhangana n’icyaha cy’ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’inshingano z’ubutabera.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Finland (RCA Finland), ku nshuro ya mbere, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa 09 Mata 2016, Abanyarwanda bagize Diaspora yo muri Côte d’Ivoire n’inshuti zabo bibutse ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Kagame yasabye abikorera mu Rwanda kongera ubuziranenge bw’ibyo bashyira ku isoko, kugira ngo bashoboye guhangana n’ibiva hanze byinjizwa mu Rwanda.
Perezida Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda, ariko yibanze ku rubyiruko, ko nyuma y’imyaka 22 u Rwanda ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi intego ari imwe yo kubaka u Rwanda.
Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo-Brazzaville yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa Kane, tariki 7 Mata 2016, u Rwanda rwatangiye icyunamo ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Abashyitsi bakomeye barenga 500 baturutse imihanda yose y’isi, kuri uyu wa 7 Mata 2016 barateranira ku Rwibutso rwa Genoside rwa Kigali mu muhango wo gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 22 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Tanzania Dr. John Pombe Magufuli yamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Mata 2016, aho yakiriwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ku mupaka wa Rusumo mu Ntara y’Iburasirazuba.