Tariki ya 8 Werurwe 2017 ya buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihizwa ku isi hose.
Kuri ubu abantu batandukanye iyo bumvise izina Iradukunda Elsa nta kindi bahita batekereza uretse Nyampinga w’u Rwanda 2017.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi batandukanye babyukiye mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gashyantare.
Bimwe mu biranga Nyampinga w’u Rwanda harimo no kumenya igihugu cye, ariyo mpamvu igihe cyose abitegura gutorwamo uzahabwa iryo kamba batemberezwa ahantu hatandukanye mu gihugu, ndetse bakaniga amateka aharanga.
U Rwanda rwahawe icyangombwa mpuzamahanga gihanitse mu byangombwa byemerera ibihugu serivisi zo gufashisha indembe amaraso, biturutse ku bwiyongere budasanzwe bw’udushashi tw’amaraso rubona buri mwaka.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Umubikira w’Umugatolika Helene Nayituliki ntakunze kubara inkuru y’ubuzima bwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara yahishe abarenga ijana, kandi hari amajwi yafashwe bamutangaho ubuhamya.
Nyuma y’imyaka 23 u Rwanda rwibohoye, abana ba Uwiringiyimana Agathe wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda akaza kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, baracyaba mu buhungiro.
Madamu Jeannette Kagame yasabye bagenzi be gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya SIDA gikomeje koreka imbaga ku mugabane w’Afurika, kikabuza benshi gukoresha imbaraga zabo mu kwiteza imbere n’igihugu cyabo.
Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa 31 Mutarama 2017, aratanga ikiganiro mu Ihuriro ry’Abagore b’Abaperezida bo muri Afurika rirwanya icyorezo cya Sida (OAFLA).
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo bizihizanye n’inshuti zabo umunsi w’Intwari, banifurizanya umwaka mushya muhire wa 2017.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya mbere, iri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ubuvuzi bw’ibanze n’ibikoresho by’ishuri ku baturage bo muri Sudani y’epfo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017, mu gihugu hose hakozwe umuganda rusange wa mbere mu mwaka wa 2017, usoza ukwezi kwa Mutarama.
Nigeria ivuga ko u Rwanda rwayitambutseho mu itumanaho n’ikoranabuhanga, bityo ibihugu byombi bikaba byiyemeje gukomeza umubano wabyo bita cyane mu iterambere.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum (WEF), irikubera i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 Mutarama 2017 ikazasozwa tariki 20 Mutarama 2017.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Mutarama 2017 yafungiwe amashanyarazi kubera kutishyura ikirarane cyo mu kwezi kw’Ugushyingo 2016, kingana na Miliyoni 12 RWf.
Abayobozi b’imidugudu n’abagize inama njyanama z’utugari n’imirenge bari mu itorero ry’Imbonezamihigo basabye imbabazi kubera amakosa atandukanye bakoraga.
Guhera mu masaha ya saa cyenda n’iminota hafi 30 Gereza ya Nyarugenge izwi ku izina rya 1930, yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze i Kigali aho aje mu gitaramo cya "East African Party".
Ku nshuro ya mbere, mu Rwanda hatanzwe ibihembo bya Smart Awards ku bantu n’ibigo babaye indashyikirwa mu gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo I ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni.
Kellya Uwiragiye uhagarariye umuryango uharanira ko abatumva bagerwaho n’itangazamakuru rikoresha ururimi rw’amarenga “Media for Deaf Rwanda”, yizeye kugera kure mu buvugizi bwe nyuma y’igihembo yagenewe n’Umwamikazi w’u Bwongeleza.
Mu magereza yo mu turere dutandukanye two mu gihugu, batangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kurekura abagororwa 814 bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.
David Ngororano niryo zina ry’umupolisi w’u Rwanda ukora mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, wafotowe ari mu kazi yambutsa umuhanda ufite ubumuga ugendera mu kagare.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu cya Malawi aho yari atuye.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bwatangiye gukurikirana bamwe mu bari abayobozi muri Leta no muri Guverinoma y’Ubufaransa, bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi batandukanye babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usozwa ukwezi kw’Ugushyingo, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2016.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka aranenga ababyeyi batita ku bana babo kugeza aho babarutisha amatungo baba boroye.