Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 4 Werurwe 2016, Perezida wa Djibouti Ismail Omar, yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri. Akaba ari bwakirwe na Perezida Kagame.
Televiziyo y’u Rwanda (RTV) yamaze kuba imwe mu masheni ya televiziyo mpuzamahanga zigize sosiyete ya DSTV, igaragara kuri sheni ya 299.
Dr Munyandamutsa Naasson wamenyekanye cyane mu bijyanye n’ubujyanama ku ihungabana, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Werurwe 2016, azize uburwayi.
Nyuma y’uko agizwe umuyobozi wa Polisi(D2) mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, yatangiye imirimo mishya yo kuyobora Polisi ya Loni muri iki gihugu
Intumwa esheshatu z’Umuryango w’Abibumbye zasuye ku itariki ya 26 Gashyantare itsinda ry’ abapolisi b’u Rwanda bari mu gihugu cya Centrafrika, bashimirwa kuba bakora akazi kinyamwuga kandi barangwa n’imyitwarire myiza.
Mutesi Jolly ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, asimbuye Kundwa Doriane wari ufite irya 2015.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 27 Gashyantare 2016, Abaturarwanda bitabiriye igikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi mu gihugu hose, kibanze ku gutunganya bikorwa remezo.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda barajwe ishinga no gukomeza gutera imbere n’ubwo hari ibyagezweho kuva u Rwanda ruvuye muri Jenoside.
Abari abayobozi b’uturere twa Gasabo, Huye, Ruhango, Nyamagabe, Nyaruguru, Ngoma, Kirehe, Gatsibo, Gakenke, Nyamasheke, Karongi, Rusizi na Rubavu; bongeye gutorerwa kutuyobora muri manda y’imyaka itanu.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Huye, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto, yasabye abagize urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (District Security Support Organ-DASSO) kuba indakemwa mu byo bakora.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya Ruswa "Transparency International (TI)" urashima Polisi y’u Rwanda ku ngamba yafashe mu kurwanya ruswa.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2016 ari i Kinshasa mu nama igamije guha agaciro ibyagezweho n’abikorera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Amatora y’abajyanama rusange bazitoramo abayobozi ku myanya itandukanye harimo n’ab’uturere, yabaye kuri uyu wa mbere tariki 22 Gashyantare 2016, yaranzwe n’udushya dutandukanye.
Avuga ku bibazo bya politike, imvururu n’ubwicanyi bikomeje kubera mu gihugu cy’u Burundi, Perezida Paul Kagame yeruye avuga ko ababazwa n’uburyo iki kibazo kidakemuka ahubwo bakacyegeka ku Rwanda.
Icyiciro cya 4 cy’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe gutabara aho rukomeye, tariki ya 18 Gashyantare, cyasoje ijyanye no kurwanya iterabwoba, giherereye mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatangarije mu ruhame ko ibyo Leta y’u Burundi n’Umuryango Mpuzamahanga bishinja u Rwanda ari "ugukwiza ibihuha" kuko ari ibinyoma.
Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.
Niwemfura Aquiline wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu (Gender Monitoring Office-GMO) yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2016 azize uburwayi.
Boutros Boutros Ghali, Umunyamisiri wayoboye Umuryango w’Abibumbye kuva mu 1992 kugeza mu 1996, yitabye Imana ku myaka 93 azize uburwayi n’izabukuru.
Loni yagize Umunyarwanda Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bwayo muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatwara ibinyabiziga kutagerageza guha ruswa abapolisi kugira ngo be kuryozwa amakosa bafatiwemo.
Guhera muri Kamena 2016, servisi za Gasutamo z’u Rwanda ngo zizatangira gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha kugenzura imizigo ituruka ku byambu kugera mu gihugu.
Perezida Kagame yaraye atanze ikiganiro ubwo yahuraga n’abayobozi hamwe n’abakinnyi b’ikipe ya Basketball ya Toronto Raptors ikinwamo na bamwe mu bakomoka muri Afurika.
Intumwa za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda zirinda amahoro muri Sudani y’Amajyepfo.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).
Itsinda ry’Abadepite bo mu gihugu cya Malawi banyuzwe n’uburyo “Isange One Stop Center” ya Polisi y’u Rwanda yita ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yahinduye bamwe mu bayobozi muri RDF.