Rubavu: PSF izakoresha Miliyoni 704 mu kubakira abacitse Ku icumu rya Jenoside

Inzu 32 zifite agaciro ka miliyoni 704 z’amafaranga y’u Rwanda zizubakirwa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatsi mu karere ka Rubavu.

Abayobozi ba PSF bafatanya n'abayobozi bo mu Ntara y'Uburengerazuba gushyira ibuye ry'Ifatizo ahazubakwa aya mazu
Abayobozi ba PSF bafatanya n’abayobozi bo mu Ntara y’Uburengerazuba gushyira ibuye ry’Ifatizo ahazubakwa aya mazu

Ni inzu zizubakwa mu minsi 100 mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, buri nzu izuzura itwaye miriyoni 22.

Ubuyobozi bw’ Urugaga rw’abikorera “PSF” ku rwego rw’ igihugu buzubakisha izi nzu, buvuga ko zizaba ari inzu zijyanye n’igihe kandi zizaba zikomeye kurusha izo abubakirwa babagamo.

Ruzibiza Steven umuyobozi wa PSF avuga ko bahisemo kuza mu karere ka Rubavu kubera ko bashakaga kuzajya buri mwaka bagira abaturage bifatanya na bo babubakira.

Ati "Twahisemo kuza kwifatanya n’abacitse Ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Ntara y’Uburengerazuba, dusanga aha bakeneye ubufasha, gusa umwaka utaha tuzajya no mu yindi Ntara."

Ruzibiza Steven umuyobozi wa PSF ashyikiriza ibiribwa umwe mu batishoboye bubakiwe aya mazu
Ruzibiza Steven umuyobozi wa PSF ashyikiriza ibiribwa umwe mu batishoboye bubakiwe aya mazu

Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Munyantwari Alphonse, ashima PSF kwifatanya n’Intara y’Uburengerazuba mu gufata mu mugongo Abacitse ku icumu rya Jenoside.

Ati "Turashima PSF mu kunganira Abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye, ntitubashimira gusa kubera inyubako n’ibiribwa, ahubwo n’umutima bagize wo kuza kubegera no kubahumuriza ni ibyo gushimirwa.”

Guverineri avuga ko nubwo PSF izatanga amafaranga ubuyobozi bwa Leta buzakomeza kureba niba inyubako zizubakwa neza ndetse zuzurire igihe, harebwa ko abazijyamo bafite ubuzima bwiza.

Guverineri w'Intara y'Uburengerazuba Munyantwari Alphonse, ashima PSF kuri iki gikorwa
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Munyantwari Alphonse, ashima PSF kuri iki gikorwa

Emmanuel Dusabimana umwe mu bubakiwe, avuga ko kugira icumbi ari ikintu gikomeye mu buzima bwa muntu.

Ati “ Mbere yo kuza muri izi nzu, sinarimfite aho kuba ubuzima bwari bungoye cyane, ariko mu 2012 nkibona inzu yaramfashije cyane kuko nashoboye kwiga, ubu ndi muri Kminuza kandi mbikora kuko mfite aho ntaha, iyo ntahagira sinari kuyoboka inzira yo kwiga.

Inzu tuzubakirwa batubwira ko zijyanye n’igihe, zirimo sima munzu, amatafari ahiye, amabati akomeye, zikazaba zifite amazi n’umuriro mu nzu ndetse n’ubwiherero. Izo babagamo ngo ibi byose ntabyo zagiraga.

Guverineri Munyantwari ashyikiriza uwacitse kw'icumu rya Jenoside amafunguro bagenewe na PSF
Guverineri Munyantwari ashyikiriza uwacitse kw’icumu rya Jenoside amafunguro bagenewe na PSF

Ibikorwa cyo gutangiza kubaka izi nyubako, cyabereye mu Murenge wa Rugerero Akagari ka Rugerero, byajyanye no gushyikiriza abacitse ku icumu batishoboye ibiribwa birimo; ifu y’ibigori n’amavuta bifite Agaciro ka Miriyoni eshanu byatanzwe n’abikorera mu mujyi wa Nyarugenge.

Abikorera mu karere ka Rubavu bakaba banunamiye abazize Jenoside Ku rwibutso rwa Gisenyi ruzwi nka Komini Rouge.

Abayobozi b'ingabo na Polisi muri iyi ntara baje gushyigikira PSF muri iki gikorwa
Abayobozi b’ingabo na Polisi muri iyi ntara baje gushyigikira PSF muri iki gikorwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka