Bugesera: Abavuwe n’abasirikare bikubye inshuro 3 ku bari bateganyijwe

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 2918 bo mu karere ka Bugesera nibo bavuwe n’inzobere z’abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe mu gihe hari hateganyijwe kuvurwa 826.

Umwe mu nzobere z'abaganga babasirikare ari mugikorwa cyo kuvura.
Umwe mu nzobere z’abaganga babasirikare ari mugikorwa cyo kuvura.

Ubu buvuzi bwakorewe mu bitaro bya ADEPR Nyamata, no mu kigo nderabuzima cya Ngeruka kiri kuri kilometero 30 uvuye ku bitaro bya Nyamata bwari bugamije kugabanya ingendo abarwayi bakoraga bajya ku bitaro bikuru kandi batanafite ubushobozi bwo kugerayo, bigatuma hari n’ababireka burundu kandi bababaye.

Uwari uyoboye iryo tsinda ry’abaganga akaba anashinzwe ubuvuzi mu Bitaro by’u Rwanda bya gisirikare Maj. Dr. King Kayondo, avuga ko n’ubwo umubare w’abarwayi wabaye mwinshi ukarenga abo bari bateganyije bitababujije kubavura uko bikwiye.

Ati “ indwara z’amaso, amagufwa, inkovu zidakira n’izindi ndwara ahanini zikomoka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi nizo zavuwe n’izo nzobere”.

Maj. Dr. King Kayondo.
Maj. Dr. King Kayondo.

Izo nzobere z’abaganga kandi ngo zagobotse bamwe mu barwayi bagombaga koherezwa mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) nk’uko bitangazwa na Dr Rutagengwa Alfred umuyobozi w’Ibitaro bya ADEPR Nyamata.

Yagize ati " iyo mbonye abaturage nshinzwe bavuwe mu buryo bubanogeye kandi batavunitse nanjye ndishima cyane, ikindi iminsi izi nzobere zamaze hano zanadufashaga kwita no ku bandi barwayi b’indembe bari mu bitaro tutiriwe tubohereza i Kigali”.

Umwe mu bavuwe ibikomere yatewe mu gihe cya Jenoside utuye mu murenge wa Ntarama, Kanzenze Rugira Jean Paul, avuga ko kenshi yivurizaga ku bitaro bya Nyamata bamwohereza ku bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali ( CHUK) rimwe na rimwe ntajyeyo kuko yumvaga atazabona umuntu umwitaho.

Uyu yavuwe amenyo.
Uyu yavuwe amenyo.

Icyi gikorwa cyakozwe n’abaganga b’inzobere bagera kuri 55, kandi mu bavuwe hari n’aboherezwaga ku bitaro bikuru bya gisirikare i Kanombe kuko basangaga hakenewe kwitabwaho ndetse bisaba n’ibindi bikoresho babaga gatazanye.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka