Nyabihu: Bagiye gusuzuma niba amashyuza yatanga amashyanyarazi

Ubuyobozi bwa EWSA bugiye gutangira gukora isuzuma ry’amashyuza ngo barebe ko yatanga umuriro w’amashanyarazi wakongera uwari usanzwe mu Rwanda. Iri gerageza rizabera mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu.

Ibigega by'amazi, kimwe kijyamo Litiro miliyoni 4 bizafasha mu gutanga amazi ahoza ibyuma bicukura amashyuza.
Ibigega by’amazi, kimwe kijyamo Litiro miliyoni 4 bizafasha mu gutanga amazi ahoza ibyuma bicukura amashyuza.

Aho iri gerageza rizabera hakomeje gutegurwa, hashyirwa ibikoresho by’ibanze bizakenerwa mu bucukuzi bw’amashyuza, hanatunganywa aho bizakorerwa; nk’uko Habinshuti Aimable, umwe mu bakozi ba EWSA babishinzwe yabidutangarije.

Mu nyigo bagiye bakora, ahantu hatatu bazageregereza hashobora gutanga MW 10. Mu gihe bazibura byabaha ishusho y’ahandi bashobora gushakishiriza; nk’uko Habinshuti akomeza abisobanura.

Hamwe na hamwe mu hazakorerwa ubucukuzi bw'amashyuza hakomeje gutegurwa.
Hamwe na hamwe mu hazakorerwa ubucukuzi bw’amashyuza hakomeje gutegurwa.

Senateur Bizimana Evariste wasuye iki gikorwa yishimira iyi mirimo, yongeraho ko ari ibikorwa bitwara Leta amafaranga menshi ariko kandi bigezweho bikaba byateza imbere igihugu kurushaho ndetse na gahunda umukuru w’igihugu yemereye abaturage muri 2017 yo kuva ku 10% bakagera kuri 70% ku bakoresha umuriro w’amashyanyarazi ikazageraho.

Hari ububiko bunini by'ibikoresho bizakoreshwa muri iki gikorwa.
Hari ububiko bunini by’ibikoresho bizakoreshwa muri iki gikorwa.

Mu gihe iri gerageza ryaba rikunze, byagira ingaruka nziza cyane kuko igihugu cyarushaho kugenda cyongera ingufu z’amashyanyarazi ndetse n’abaturage bayakoresha bakiyongera.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka