Burera: Abikorera 57 biyemeje kujya mu Itsinda ry’Indashyikirwa

Abagize urugaga rw’abikorera (PSF), mu karere ka Burera, bagera kuri 57, mu basaga 100 bari bitabiriye, nibo biyemeje kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa, rigamije guteza imbere ubucuruzi mu Rwanda.

Mu muhango wo gutangiza iryo tsinda wabereye mu karere ka Burera tariki 30/05/2013, Munyankusi Jean Damascene, Perezida w’urugaga rw’abikorera mu ntara y’amajyaruguru, yavuze ko iryo tsinda rizagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubucuruzi ndetse n’iry’u Rwanda muri rusange.

Yagize ati “(iryo tsinda)…ni abikorera bazajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abikorera, cyane cyane mu biganiro bigenda biba hagati y’abikorera n’ubuyobozi bwite bwa Leta ndetse n’abafatanyabikorwa bandi…”.

Perezida w'Urugaga rw'Abikorera mu ntara y'amajyaruguru avuga ko Itsinda ry'Abikorera b'Indashyikirwa rizateza imbere ubucuruzi.
Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu ntara y’amajyaruguru avuga ko Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa rizateza imbere ubucuruzi.

“…ibyo biganiro akenshi bikaba bigambiriye kugira ngo ibikorwa by’abikorera bitere imbere, ubucuruzi bwabo bugende neza, hashyirwaho politike nziza igena ubucuruzi ku rwego rw’igihugu, hashyirwaho amategeko y’imisoro ababoneye kugira ngo bashobore gukora ubucuruzi bwabo nta kibabangamiye.”

Akomeza avuga ko nubwo itsinda ry’abikorera ritangiriye ku rwego rw’akarere, ngo rizanamanuka regere ku rwego rw’umurenge hagamijwe kubaka ubushobozi bw’abikorera.

Abikorera bo mu karere ka Burera biyemeje kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa, bavuga ko gahunda yo gushyiraho iryo tsinda ari nziza kuburyo ngo kurijyamo byabashimishije, nk’uko Viateur Harerimana nyiri Paradise Medal Ltd abitangaza.

Abikorera batandukanye batanze ibitekerezo ku ishyirwaho ry'Itsinda ry'Abikorera n'Indashyikirwa.
Abikorera batandukanye batanze ibitekerezo ku ishyirwaho ry’Itsinda ry’Abikorera n’Indashyikirwa.

Agira ati “…kikaba ari ikintu kidushimishije cyane, cyane cyane ko twemeye nuko tuzaritera inkunga kugira ngo nyine igihugu cyacu gikomeze gutera imbere, Leta itagenda yonyine ariko natwe abikorera tubigizemo uruhare…”.

Kujya mu Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa bisaba iki?

Munyankusi avuga ko uwikorera w’Indashyikirwa aba amaze kugera kure mu mu byo akora hakiyongeraho n’ubunyangamugayo.

Agira ati “Uwikorera w’Indashyikirwa ni wa wikorera mu by’ukuri umaze kugera aho agera mu byo akora, cyane cyane aho agera bivuze ngo bijyanye n’ubunyangamugayo ariko noneho n’imikorere…”.

Bamwe mu bikorera bo mu karere ka Burera bari bitabiriye ishyirwaho ry'Itsinda ry'Abikorera y'Indashyikirwa.
Bamwe mu bikorera bo mu karere ka Burera bari bitabiriye ishyirwaho ry’Itsinda ry’Abikorera y’Indashyikirwa.

“…ese ni wa muntu ubona koko gahunda yo guteza imbere ibyiciro bigenda bisigara, uretse kuba aharanira inyungu ze ariko se yibuka no guteza imbere rwa rubyiruko, yibuka no guteza imbere abari n’abategarugori, ese koko ni umuntu ushobora kwigirwaho n’abandi, ese koko ni umuntu ushobora kubona ya makuru (y’ubucuruzi) yamara kuyabona akayabashyikiriza (abacuruzi)?”

Munyankusi akomeza avuga ko abagize Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa bazajya bunganira komite zisanzwe ziyobora PSF ku rwego rw’akarere.

Gutangiza ishyirwaho ry’Itsinda ry’Abikorera b’Indashyikirwa byatangiriye mu karere ka Burera ariko bizakomereza no mu tundi turere two mu ntara y’Amajyaruguru ndetse no mu gihugu hose.

Abitabiriye uwo muhango basusurukijwe n'umuririmbyi Elion Victory.
Abitabiriye uwo muhango basusurukijwe n’umuririmbyi Elion Victory.

Abazajya muri iryo tsinda hari umusanzu bazajya batanga buri mwaka. Ubwo ryatangizwaga mu karere ka Burera hatangajwe ko uririmo azajya atanga amafaranga kuva ku bihumbi 200 kugeza ku bihumbi 500 ariko nuwatanga arenga nta kibazo.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mama Denise nawe ndabona yitabiriye....

Mulindwa yanditse ku itariki ya: 3-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka