Muri iki cyumweru cya Polisi, mu karere ka Rulindo hakomeje ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu. Tariki 13/06/2013, mu murenge wa Rukozo habereye ibiganiro ku kumvisha urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge no kubashishikariza kutabikoresha.
Mu irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi n’abakinnyi b’umukino w’amagere bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, rizaba ku wa gatandatu tariki 15/06/2013, abakinnyi 42 bakomoka mu makipe 7 nibo bamaze kwemeza ko bazaryitabira.
Mu biganiro abahagarariye abikorera bo mu Karere ka Huye bagiranye n’ubuyobozi bw’Akarere kuwa 13/06/2013, hifujwe ko nta mucuruzi wakongera gufungirwa igihe atatangiye imisoro ku gihe, hatabanje kugishwa inama urugaga rw’abikorera.
Ministiri ushinzwe ubutwererane n’iterambere mu gihugu cy’Ububiligi, Jean-Pascal Labille, yamenyesheje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko yishimiye uburyo u Rwanda rurimo gukoresha neza inkunga ruhabwa n’Ububiligi, mu guteza imbere abaturage.
Kubera ko akarere ka Kirehe kari mu turere tunyuramo urumogi rwinshi ruvuye mu gihugu cy’ abaturanyi cya Tanzaniya, kuri uyu wa 13/06/2013 habeye igikorwa cyo kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu.
Habihirwe Maritin w’imyaka 25, yishe nyina Maniraguha Therese w’imyaka 69. Abavandimwe be barakeka ko uyu musore yishe nyina bitewe n’uko yamwatse amafaranga yo kugura moto akayamwima, naho Habihirwe akavuga ko yabitewe n’amashitani.
Abaturage bo mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, bafatanyije n’ubuyobozi bwabo ndetse n’inzego zishinzwe kubungabunga umutekano muri ako karere bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 910.
Ihuriro ry’abadepite bo mu nteko ishinga amategeko bashinzwe guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (RPRPD), mu gihe bitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 ihuriro ryabo rimaze rishinzwe, bemeza ko bazakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo ubuzima bw’Umunyarwanda bukomeze kugenda neza.
Umugore witwa Mukurizehe Gaudence utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke yakomerekejwe n’umugabo we bapfuye ko amushinja kuba afite inshoreke.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo afunzwe akekwaho gukoresha inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 52 yafatanywe udupfunyika 200 tw’urumogi ku bufatanye n’abaturage, ahita afungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza, akurikiranywe gucuruza no gukoresha icyo kiyobyabwenge.
Minisitiri w’Ubutwererane n’Iterambere w’u Bubiligi, Jean-Pascal Labille, uri mu ruzinduko mu Rwanda avuga ko u Rwanda n’u Bubiligi ari ibihugu bifitanye amateka akomeye kuva kera bigomba kubakiraho bigafatanya kubaka ejo hazaza heza.
Ubwo Minisitiri w’ubuzima yasuraga ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) kuwa 06/06/2013, yavuze ko atishimiye isuku n’imicungire yahasanze, maze bukeye bwaho, tariki 07/06/2013, yandika ibaruwa ishyiraho umuyobozi mushya w’agateganyo muri iki kigo.
Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kuwubungabunga ni kimwe mu byashimangiwe mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe bikorwa bya Polisi mu karere ka Nyagatare.
Kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, imwe mu miryango yabanaga mu makimbirane mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo kwisubiraho ikiyemeza kubana neza.
Kuko byagaragaye ko umubare w’abagore bitabira kubitsa no gusaba inguzanyo mu bigo by’imari mu karere ka Gisagara ukiri hasi, abagore barasabwa kwitinyuka nabo bakamenya gukora imishinga ibateza imbere maze bakanatinyuka bakegera ibi bigo by’imari bikabaguriza bikanabazigamira.
Mu kiganiro yatanze ubwo ishuri INILAK ishami rya Nyanza ryibukaga ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Hon. Depite Kalima Evode yanenze abantu bari barize muri icyo gihe ariko ntibibabuze kuyigiramo uruhare.
Ibyo bigo byashyikirijwe izo nkunga kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, ni ikigo nderabuzima cya Kimironko, Ikigonderabuzima cya Kinyinya n’Ikigo nderabuzima cya Nyabihu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba, Jabo Paul, aragira inama ubuyobozi bw’akarere ka Karongi guhiga imihigo itazababera ingorabahizi mu gihe cyo kuyishyira mu bikorwa.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH) byasinyanye amaserano y’ubufatanye n’ibya Faycal. Amasezerano y’imikoranire yasinwe kuri uyu wa Gatatu tariki 12/06/2013, azibanda mu guhererekanya abaganga no guhanahana ubunararibonye mu buvuzi.
Pastori Munyabugingo Sawuli na Harerimana Etienne bakurikiranweho gusengera abantu ntibajyanwe kwa muganga ndetse bakanabapfiraho.
Nyuma y’impaka z’urudaca n’imyigaragambyo mu mujyi wa Nairobi, abadepite ba Kenya bashyize bemera kugabanya umushahara wabo ho 40% ariko bahabwa amafaranga y’imodoka agera ku bihumbi 58 by’amadolari.
Umugabo witwa Ntirera David utuye mu Kagali ka Ruhinga, Umurenge wa Kivuruga ho mu Karere ka Gakenke avuga ko adashaka gutandukana n’umugore we kugira ngo isambu ye batayigana.
Umuhanzi Alexis Dusabe ufite igitaramo tariki 30/06/2013, avuga ko imyiteguro we n’abandi bahanzi bazaba bari kumwe bayigeze kure kubera ko yihaye intego yo kugirango igitaramo cye kizabe ari ntamakemwa.
Ikipe ya Rayon Sport, bitunguranye, izitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup igomba kubera muri Sudani mu cyumweru gitaha, nyuma y’ubutumire yahawe n’Ubuyobozi bwa CECAFA.
Jean Pascal Labille, Minisitiri w’u Bubiligi ushinzwe ubutwererane n’Amahanga mu gutera imbere amajyambere, arasaba Abanyarwanda ko bakwiye gutahiriza umugozi umwe no gufasha bagenzi babo, niba bifuza kugira igihugu giteye imbere.
Abagabo babiri b’Abafaransa, Jean Dujardin na Gilles Lellouche, baherutse gusohora firimi ikubiyemo ubushakashatsi bugaragaza ukuntu umujyi wa Paris (umurwa mukuru w’Ubufaransa) ubamo abantu bashakanye benshi bacana inyuma kurusha indi mijyi yose yo ku isi.
Abayobozi n’abarezi b’ibigo by’amashuri by’itorero rya EAR (Eglise Anglican au Rwanda) mu karere ka Ngororero bavuga ko bamwe mu babyeyi bafite abana biga kuri ayo mashuli babatererana mu gukurikirana imyigire y’abana bigatuma bamwe batsindwa.
Akarere ka Gicumbi kagiye gukora ibishoboka byose mu gihe cya vuba gakorane amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya IRST kugirango bashake uburyo bimwe mu bihingwa icyo kigo gikenera biboneka muri ako karere biteze imbere abaturage.
Impuguke icyenda mu by’amategeko zikorera Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko (NLRC) baregeye Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ko bashatse gusaba kongezwa umushahara bemererwa amategeko, bakaza gutungurwa no gukoreshwa ikizamini ngo kitemewe, cy’amananiza atuma bava mu kazi.
Uwineza Carine w’imyaka itatu y’amavuko wo mu murenge wa Nyamiyaga mu kagari ka Gahumuriza mu mudugudu w’Amajyambere mu karere ka Gicumbi yarohamye mu mugezi witwa Mwange ahita y’itaba Imana.
Ubuyobozi bw’itorero ry’abapentekote mu Rwanda (ADEPR) buratangaza ko amakimbirane yigeze kuranga iryo torero mu myaka yashize atazongera kubaho kuko hafashwe ingamba mu kuyakumira, zirimo kwimakaza imiyoborere myiza.
Abanyeshuri batanu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Ruhango bakekwaho kugira uruhare mu nkongi y’umuriro yibasiye ishuri bigaho rya Ecole des Sciences de Byimana inshuro eshatu
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza baguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ku mafaranga miliyoni 15 ikazabafasha kurushaho kwiteza imbere.
Umujyi wa Kigali wahembye abanyeshuri bitwaye neza mu marushanwa yo gusoma no kwandikwa. Wanahembye ibigo by’amashuri byitwaye neza mu kurangwa n’isuku no gukurikiza gahunda za Minisiteri y’Uburezi.
Ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Rusizi byaba iby’ubucuruzi, amabanki, amakoperative n’ibindi birashaka uburyo byigurira imodoka zifashishwa mu kuzimya umuriro mu rwego rwo kurwanya inkongi z’umuriro zikunze kuvuka cyane cyane mubihe byimpeshyi.
Inda ni udusimba tubamo amoko menshi atandukanywa n’amabara yazo. Harimo Aphis craccivora na Aphis Pomi.
Rafael Nadal, icyamamare mu mukino wa Tennis na Minisitiri w’Umuco muri Chili bakoze amakosa ku cyumweru batangaza ku nkuta zabo za Twitter ko umukambwe Nelson Mandela yitabye Imana.
Ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irifuza ubufatanye bw’abafite aho bahuriye no guteza imbere abagore n’abakobwa, aho ngo bagomba kugira uruhare rugaragara, kugirango ikigero cy’ubukene n’imyumvire mike kirusheho kugabanuka.
Ishuli ribanza rya Busoro ryubatse mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro ryibutse abanyeshuli 24 n’umwarimu wabo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Uwamusetsa Marianna w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Rwabagoyi, akagari ka Mataba mu murenge wa Shangi afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akekwaho kwica umwana yari yabyaye mu gitondo cyo wa kabiri, tariki 11/06/2013, ariko we akabihakana.
Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’umuryango Cooperate Out of Poverty (Coop- Rwanda) babereka uburyo bakorora inka neza zikabafasha kwikura mu bukene, amakoperative icyenda aturuka mu mirenge itatu y’akarere ka Nyabihu yahawe inka 45.
Abayobozi b’utugari n’imidugudu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 11/06/2013 basabwe kwirinda gusiragiza abaturage mu nzira ahubwo bakamenya ko bagomba kubakemurira ibibazo.
Habamungu Isac utuye mu murenge wa Rukira yateye urugo rw’uwahoze ari umugore we Ingabire Monique, tariki 10/06/2013, ateragura abantu ibyuma bane bari bahuruye umwe muri bo yitaba Imana.
Nubwo hashyizweho uruzitiro rukumira inyamaswa kuva muri pariki y’Akagera zikangiza imyaka y’abaturage ndetse bamwe zikabahitana ngo ntibyakemuye ikibazo burundu kuko mu gitondo cya tariki 10/06/2013 uwitwa Nkurikiyumukiza Jean Pierre w’imyaka 19 wo mu murenge wa Karangazi yishwe n’imbogo ajya gutema amasaka.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 17 n’umusore w’imyaka 22 batawe muri yombi n’ aba-local defense bakurikiranweho kwiba terefone ngendanwa mu isoko rya Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa Kabiri tariki 11/06/2013.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubarinda impanuka bakunze guhura nazo kubera umuhanda wa kaburimbo unyura mu kigo cyabo.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yitabiriwe n’abayobozi batandukanye bakorera mu karere ka Kirehe bigishijwe ko service nziza atari ugushimira umukiriya gusa, kuko niyo yaba ibyo agusaba bidahari ashobora kugenda yishimye nta kibazo afite bitewe n’uburyo yakiriwe.
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe n’abandi bahanzi batandukanye ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora bakoreye igitaramo mu isoko rya Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gusobanurira abaturage amatora y’abadepite ateganijwe mu kwezi kwa cyenda.