rwanda elections 2013
kigalitoday

Sinzagura ijwi kuko ni nko kugambanira igihugu – Kandida-depite Mwenedata

Yanditswe ku itariki ya: 12-09-2013 - Saa: 11:01'
Ibitekerezo ( 3 )

Umukandida depite wigenga Mwenedata Girbert, ubwo yiyamamarizaga mu karere ka Ngoma, tariki 11/09/2013, yatangaje ko we atagura amajwi kuko kugura amajwi utagatorwa udashoboye byaba ari nko kugambanira igihugu.

Uyu mukandida wigenga avuga ko icyingenzi aruko umuntu agaragaza ibyo azakorera abaturage hanyuma bakaba aribo bamwitorera kuko bamubonamo ubushobozi atari uko yabaguriye amayoga.

Ngo hari abamusabaga inzoga ngo bazamutore cyangwa ngo bamwamamaze ariko ngo we yabonye kubikora atari byo kuko bataba bamutoreye ko ashoboye ahubwo ko yabahaye izo nzoga.

Igikorwa cyo kwiyamamaza kwa Mwenedata cyari cyitabiriwe n'ahanini n'urubyiruko.
Igikorwa cyo kwiyamamaza kwa Mwenedata cyari cyitabiriwe n’ahanini n’urubyiruko.

Mukwiyamaza kwe kuri uyu wa 11/09/2013, Mwenedata yabwiye abari aho ko bagomba kwigirira icyizere bakumva ko bishoboka, bityo bigatuma bagera kubyo batakekaga ko bageraho nkuko nawe yizeye ko gutsinda amatora bishoboka kandi yiyamamaje wenyine.

Yagize ati: “Bavandimwe Banyengoma, ni mwigirire icyizere mwumve ko bishoboka, Abanyarwanda nitwigirira icyizere tuzagera kure no kubyo tutatekerezaga. Birashoboka ko umukandida wigenga yatsinda amatora. Ngicyo icyizere cyanjye.”

Avuga kubyo yumva baramutse bamutoye yageza ku Banyarwanda, Mwenedata yavuze ko afite intego eshatu zibumbatiye ibikorwa byinshi. Izo ntego ashaka kugeza ku Banyarwanda ngo ni Ubwiyunge bwuzuye, Gukorera mu mucyo, Ubumuntu.

Umukandida Depite n'umufasha we basusurukije abantu bifatanya nabo mu kubyina indirimbo yamamaza Mwenedata.
Umukandida Depite n’umufasha we basusurukije abantu bifatanya nabo mu kubyina indirimbo yamamaza Mwenedata.

Yavuze ko u Rwanda rutatera imbere rutageze ku bwiyunge bwuzuye, ubwo bwiyunge bugashyigikirwa no gukorera mu mucyo, abantu barangwa n’ubumuntu maze igihugu kigatera imbere.

Umufasha we nawe muri uku kwamamaza yamutangiye ubuhamya agaragaza ko ibyo avuga ariko biri ndetse ko ari ibintu bimurimo kandi ko ibyo yiyemeje abigeraho akaba ariyo mpamvu ngo abona akwiye amajwi ubundi agateza imbere Abanyarwanda.

Uku kwiyamamaza kwari kwitabiriwe kuburyo abari aho barenga agato nko ku ijana. Mwenedata ni umukandida wigenga uhatanira kujya mu nteko ishingamategeko umutwe w’abadepite.

Abitabiriye uku kwiyamamaza bemezaga ko bazatora Mwenedata bamanika hejuru igikumwe.
Abitabiriye uku kwiyamamaza bemezaga ko bazatora Mwenedata bamanika hejuru igikumwe.

Amatora yo gutora abadepite baturuka mu mitwe ya politike ndetse no mubakandida bigenga ateganijwe kuri uyu wa mbere tariki 16/09/2013.

Jean Claude Gakwaya



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- “Umubare wa 98% w’abatoye abadepite, ni ukuri nta bikabyo birimo” - Prof. Mbanda

- ICGLR yashimye imigendekere y’igikorwa cy’amatora y’abadepite muri rusange

- Uko gutora abadepite ba 2013 byatandukanye na 2008

- Ruhango: Barasaba ko gutora abagore byakorwa nk’uko bigenda mu matora rusange

- Bugesera: Abagabo bake bari mu nteko itora abagore ngo bibatera ishema

- Nyanza: Abagore barasaba bagenzi babo batoye kuzabibuka babavuganira

Ibitekerezo

uyu mugabo afite ubushake kandi akunda igihugu bishobotse abantu bamuha amajwi pe!

ismael yanditse ku itariki ya: 13-09-2013

NGAHO TORWA NZABANDEBA DA WENDA HARICYO WIZEYE GUSA WUBATSE CV YAWE KUKO NDATEKEREZAKO AHO UZAJYA USABA AKAZI UKAVUGAKO WIGEZE KWIYAMAMARIZA KUBA UMUDEPITE NAWE URABYUMVA MURIMAKE URIKEGANYIRIJE

ALIAS yanditse ku itariki ya: 12-09-2013

Amatora turayasengera azagende neza kdi abe mu mucyo. Twebwe hano I karongi twiteguye neza kdi umukandida wacu GILBERT tumuri inyunaaaaaaaaaa.

TUYAMBAZE FRANK yanditse ku itariki ya: 12-09-2013
Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.