Bukavu: Polisi ya Congo yagose urusengero rw’Abanyecongo bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda

Nyuma y’amezi ane Abanyecongo bakoresha ururima rw’Ikinyarwanda batwikiwe urusengero rwabo rwa Methodiste Libre ruherereye i Bukavu , tariki 10/09/2013, polisi yoherejwe kugota ikibanza basengeramo.

Ibi bije igihe abo Banyecongo bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda baribatangiye kubaka aho bazajya basengera, ndore ko urusengero rwabo rwa mbere rwatwitswe ubwo habaga imyigaragabyo yabaye mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, aho iyo myigaragambyo yahigaga abakoresha ururimi rw’ikinyarwanda batuye i Bukavu.

Ahahoze urusengero rw'abakongomani bavuga ikinyarwanda rwatwitswe.
Ahahoze urusengero rw’abakongomani bavuga ikinyarwanda rwatwitswe.

Pasiteri Mukiza Muharaba Athanase, avuga ko impamvu yatumye batwikirwa urusengero ndetse no kubangira ko bubaka urundi rusengero ngo byaba biterwa nuko batinya ko Abanyecongo bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda bagira ingufu nyinshi mu mujyi wa Bukavu bityo bakaba babarwanya.

Ubuyobozi bw’intara ya Kivu ya majyepfo butangaza ko bwohereje polisi gucunga urwo rusengero mu rwego rwo kurinda amakimbirane ashobora kuvuka hagati y’Abanyecongo bakoresha ururimi rw’ikinyarwanda n’abo mu yandi moko atuye i Bukavu.

Aba bagore bababajwe nukubura urusengero rwabafashaga.
Aba bagore bababajwe nukubura urusengero rwabafashaga.

Umuyobozi wa Methodiste Libre muri Congo na Tanzaniya, Mgr Waelongo, yari yafunguriye abayoboke ba Methotse libre ishamyi ry’i Muhumba aho basengera, ariko yabimye uburenganzira bwo kubaka mu kibanza bari basazwe basengeramo.

Kuva uru rusengero rwatwikwa abo Banyecongo bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda basengera ku muhanda ariko abapfakazi urwo rusengero rufasha mu kwishurira abana amashuli bamaze ibyumweru birenga bitandatu barara hanze batakambira Mgr Waelongo ngo abahe uburenganzira bwo kubaka aho basengera dore ko arirwo rwari rubafatiye runini.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka